Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Mika 5:2 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

2 Ni cyo gituma Uhoraho azabatererana kugeza igihe ugomba kubyara azabyarira, maze udusigisigi tw’abavandimwe be dusange Abayisraheli.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

2 Ni cyo gituma azabatanga kugeza igihe uwo uri ku nda azabyarira, kandi abasigaye bo muri bene se bazagarukira Abisirayeli.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

2 Ni yo mpamvu Imana izareka ubwoko bwayo, izabureka kugeza igihe ugomba kumubyara azamubyara. Ni bwo abavandimwe be bajyanywe ho iminyago bazahura n'abandi Bisiraheli.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

2 Ni yo mpamvu Imana izareka ubwoko bwayo, izabureka kugeza igihe ugomba kumubyara azamubyara. Ni bwo abavandimwe be bajyanywe ho iminyago bazahura n'abandi Bisiraheli.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Mika 5:2
57 Iomraidhean Croise  

Bava i Beteli, Rasheli abyara bashigaje urugendo ruto ngo bagere ku musozi wa Efurata. Abyara ariko bimuruhije.


Rasheli arapfa, bamuhamba hafi y’inzira ijya Efurata, ari yo Betelehemu.


Igihe navaga mu kibaya cya Aramu, nababajwe no gupfusha nyoko Rasheli mu gihugu cya Kanahani, dushigaje gato ngo tugere Efurata. Ni ho namuhambye, iruhande rw’inzira igana Efurata, ari yo Betelehemu.»


Inkoni y’ubwami ntizatirimuka mwa Yuda, n’inkoni y’ubutware ntizajya kure y’ibirenge bye, kugeza igihe Uwo igenewe azazira, Uwo amahanga azayoboka.


Bene Salima ni Betelehemu, Abanetofa, Ataroti‐Betiyowabu, igice cy’Abamanahi, Abasoreya,


Hakurikiraho Penuweli washinze Gedori, na Ezeri washinze Husha. Abo ni bo bari bene Huri, imfura ya Efurata, washinze Betelehemu.


Naho Yuda we, yaruse abavandimwe be kandi kuri we havutse igikomangoma, nyamara uburenganzira bw’umwana w’imfura bwakomeje kuba ubwa Yozefu.


Twari twumvise ko buba i Efurata twabusanze mu mataba y’i Yahari!


Mbere y’uko imisozi ibaho, isi n’ibiyiriho byose bitararemwa, uri Imana iteka ryose rizira iherezo.


Ahasigaye, utoranye muri rubanda rwose abantu b’inyangamugayo kandi batinya Imana, abantu b’intabera kandi batikanyiza; maze ubagire abatware bategeka abantu igihumbi, n’abatware bategeka abantu ijana, n’abatware bategeka abantu mirongo itanu, n’abatware bategeka abantu cumi.


Musa atoranya muri Israheli yose abantu b’inyangamugayo, maze abashyiraho ngo babe abatware ba rubanda: abatware bategeka abantu igihumbi, n’abatware bategeka abantu ijana, n’abatware bategeka abantu mirongo itanu, n’abatware bategeka abantu icumi.


Umumero uzashibuka ku gishyitsi cya Yese, inkomoko ye izamuke ku muzi wacyo,


Yakuriye imbere y’Uhoraho nk’umumero ushibutse, ameze nk’umuzi wanamye mu gitaka cyumiranye: nta buranga, nta n’igikundiro byo kurembuza amaso yacu, yewe nta n’igihagararo cyamutera igikundiro.


Dore nari naramugize umuhamya mu miryango yose, aba umutware n’umutegetsi w’amahanga.


Noneho rero, ni Nyagasani ubwe uzabihera ikimenyetso: Dore ngaha umwari asamye inda, akazabyara umuhungu, maze akazamwita Emanuweli.


Umwami wabo azaba ari umwe muri bo, umutware wabo azabakomokemo, kandi nzamuzane mwiyegereze. Ni nde rero watinyuka kunyegera? Uwo ni Uhoraho ubivuze.


Nidushishikarire kumenya Uhoraho, nta shiti, azatunguka nk’umuseke ukebye, azatugeraho ameze nk’imvura yuhira imyaka, mbese nk’uko imvura y’umuhindo isomya ubutaka.»


Muri iyo minsi, nzegura inzu ya Dawudi yari igiye kugwa, nzasane ibyuho byayo, nzegure ahari harasenyutse; nzayihagarika nyisubize uko yahoze kera,


Hinahinwa n’ububabare, mwari w’i Siyoni, kandi uboroge nk’umugore uramutswe, kuko ugiye kuva mu murwa ukajya mu gasozi, ukazagera ndetse n’i Babiloni. Aho ni ho Uhoraho azakugobotora, akakuvana mu nzara z’abanzi.


Baduka wa nkota we, wibasire umushumba, urwanye mugenzi wanjye w’intwari, uwo ni Uhoraho, Umugaba w’ingabo, ubivuze. Kubita umushumba maze umukumbi w’intama utatane, ikiganza cyanjye na cyo kibasire abana bazo.


Ishime unezerwe, mwari w’i Siyoni! Urangurure urwamo rw’ibyishimo, mwari w’i Yeruzalemu! Dore umwami wawe aragusanze, ni intungane n’umutsinzi, aroroshya kandi yicaye ku ndogobe, ku cyana cy’indogobe kikiri gitoya.


Yezu amaze kuvukira i Betelehemu ya Yudeya ku ngoma y’umwami Herodi, abanyabwenge baturutse iburasirazuba baza i Yeruzalemu,


’Nawe, Betelehemu, umusozi wo muri Yudeya, si wowe giseswa mu migi yaho yose; kuko ari wowe uzaturukaho umutware uzaragira umuryango wanjye, Israheli’.»


Yezu arabegera, arababwira ati «Nahawe ububasha bwose mu ijuru no ku isi.


Batangira kumurega bavuga bati «Twasanze uyu mugabo agandisha igihugu cyacu, akabuza gutanga umusoro wa Kayizari kandi akiyita Kristu Umwami.»


Hejuru ye hari handitse itangazo ngo «Uyu ni umwami w’Abayahudi.»


Ibyanditswe ntibivuga ko Kristu ari uwo mu nkomoko ya Dawudi, ko azaturuka ku musozi wa Betelehemu, aho Dawudi yavukiye?»


Ni bwo rero ntoranyije abakuru b’imiryango yanyu, abantu b’impuguke kandi b’inararibonye, maze mbagira abatware b’imiryango yanyu: bamwe bagatwara abantu igihumbi, abandi ijana, abandi mirongo itanu, abandi icumi; nongeraho n’abashinzwe kubahiriza amategeko.


yariho mbere ya byose, kandi byose bibeshwaho na We.


Yezu Kristu ntahinduka, ari ejo, ari none, no mu bihe byose.


Nta we uyobewe ko Umwami wacu akomoka kuri Yuda, ubwoko Musa atigeze ahingutsa mu bagenewe ubuherezabitambo.


Ibyariho kuva mu ntangiriro n’ibyo twiyumviye kuri Jambo Nyir’ubugingo, ibimwerekeyeho twiboneye n’amaso yacu, tukabyitegereza, tukabikorakoza ibiganza byacu, ni byo namwe tubamenyesha.


Ku gishura cye no ku kibero cye handitse iri zina ngo «Umwami w’abami n’Umutegetsi w’abategetsi.»


Andikira umumalayika wa Kiliziya y’i Simirina, uti «Uwibanze n’Uwimperuka, wa wundi wapfuye, none akaba ari muzima, aravuga ati


Nuko arambwira ati «Birarangiye! Ni jyewe Alufa na Omega, Intangiriro n’Iherezo. Ufite inyota wese, nzamuha ku buntu kunywa ku isoko y’amazi y’ubugingo.


Nyamara i Betelehemu ya Yuda, hakaba umusore w’Umulevi wabanaga n’abo mu muryango wa Yuda.


Kera, igihugu kigitegekwa n’abacamanza, inzara yarateye, maze umugabo wari utuye i Betelehemu muri Yuda arasuhuka, we n’umugore we, n’abahungu be babiri. Basuhukira mu gihugu cy’i Mowabu.


Nuko rubanda rwose rwari aho mu nama, kimwe n’abakuru b’umuryango, baravuga bati «Turi abagabo! Uwo mugore ucyuye iwawe, Uhoraho azamugire nka Rasheli na Leya, bo inzu ya Israheli ishingiyeho. Ugende utunge, utunganirwe muri Efurata, maze izina ryawe ryamamare i Betelehemu.


Ariko none mwebwe mwaretse Imana yanyu, Yo ibakiza mu byago byanyu no mu mibabaro yanyu yose, maze muravuga muti ’Ahubwo twimikire umwami.’ None rero, nimwiyereke Uhoraho, mukurikije imiryango n’amazu mukomokamo.»


Dawudi yari umuhungu w’Umunyefurati w’i Betelehemu ya Yuda, witwaga Yese, wari ufite abahungu umunani. Mu gihe cya Sawuli, uwo mugabo yari ashaje, ageze mu zabukuru.


Naho aya masoro cumi y’amavuta, urayaha umutware w’umutwe w’ingabo barimo. Urebe bakuru bawe kandi bakubwire uko bamerewe aho ku rugamba, banaguhe ikimenyetso cy’uko wagezeyo.


Muzarebe ahantu hose yashobora kwihisha, maze muhitegereze; nimumara kuhamenya neza, muzagaruke kumbwira tuzajyana. Kandi niba ari hagati mu gihugu, nzamushakashaka mu mazu yose ya Yuda kugeza ubwo mubonye.»


Azabagira abatware b’abantu igihumbi, n’ab’abantu mirongo itanu, abagire abahinzi b’imirima ye n’abasaruzi b’imyaka ye, bamucurire intwaro zo kurwanisha n’ibyuma byo gushyira ku mafarasi ye.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan