Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Mika 4:7 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

7 Abacumbagira nzabagira udusigisigi, abazaba bari kure mbagire ihanga rikomeye. Uhoraho azababera umwami ku musozi wa Siyoni, ubu n’iteka ryose.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

7 kandi abacumbagiraga nzabagira abarokotse, n'abatatanirijwe kure mbagire ishyanga rikomeye, kandi Uwiteka azabategeka ari ku ngoma ye i Siyoni, uhereye ubwo ukageza iteka ryose.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

7 Abacumbagira n'abatataniye kure nzabarokora, bazaba ubwoko bukomeye, jyewe Uhoraho nzabategeka, nzabategekera ku musozi wa Siyoni kuva ubwo kugeza iteka ryose.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

7 Abacumbagira n'abatataniye kure nzabarokora, bazaba ubwoko bukomeye, jyewe Uhoraho nzabategeka, nzabategekera ku musozi wa Siyoni kuva ubwo kugeza iteka ryose.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Mika 4:7
32 Iomraidhean Croise  

ati «Ni jye wiyimikiye umwami, kuri Siyoni, umusozi wanjye mutagatifu!»


ni bwo intebe y’ubwami bwawe izakomera, kubera ubuntu watugiriye, maze mu ihema rya Dawudi hazaganze umucamanza, ushishikarira kurenganura abarengana, no guca imanza zitabera.»


Nuko ukwezi kuzahindure ibara, gukorwe n’isoni, izuba ryijime, rimware, kuko Uhoraho, Umugaba w’ingabo, ari we mwami w’umusozi wa Siyoni n’uwa Yeruzalemu kandi ikuzo rye rikabengerana mu maso y’abakuru b’umuryango.


Kandi n’iyo hasigara kimwe cya cumi, na cyo nzongera ngitwike nk’umushishi watemwe, maze hazasigare igishyitsi cyonyine. Icyo gishyitsi rero, kizakomokaho imbuto ntagatifu.»


Umuryango muto uzabarwamo abantu igihumbi, uw’inkeho ube ihanga ry’imbaga itabarika. Ni jye Uhoraho uzabyitaho, igihe cyabyo nikigera.


Ni nde wigeze kumva ibintu nk’ibyo ? Ni nde wigeze kubona ibintu bisa bityo ? Igihugu se cyabyarwa umunsi umwe gusa, cyangwa ihanga rikagira ritya rikavuka ? Nyamara ni ko byagendekeye Siyoni, yabaye ikiramukwa, ihita ibyara abahungu.


Uhoraho arambwira, ati «Mwana w’umuntu, aha ni ho hagenewe intebe yanjye y’ubwami, ni na ko kabaho nzajya nkandagizaho ibirenge byanjye. Nzatura mu Bayisraheli rwagati iteka ryose; kandi umuryango wa Israheli, bo ubwabo n’abami babo, ntibazongera kwandavuza ukundi izina ryanjye ritagatifu, nk’uko babigenje mbere. Mu by’ukuri ntibahwemye kuryandavurisha uburaya bwabo n’imva z’abami babo;


Abazaba batsinze bazazamuka umusozi wa Siyoni, kugira ngo bacire urubanza umusozi wa Ezawu. Bityo Uhoraho azabe yimye ingoma!


Ngiye kugukorakoranya, wowe Yakobo, uko wakabaye; ngiye gushyira hamwe udusigisigi twa Israheli! Nzabakoranyiriza hamwe nk’intama mu kiraro, cyangwa nk’ishyo riri mu rwuri, maze bahinduke imbaga nyamwinshi y’abishimye.


Nguwo abazamutse imbere, ubashakira inzira; babonye inzira bagera mu irembo basohokeramo: Umwami wabo abarangaje imbere, Uhoraho ubwe ari imbere yabo.


We rero azemarara, aragire ubushyo bwe, abikesheje ububasha bw’Uhoraho n’ubuhangange bw’izina ry’Imana ye. Icyo gihe bazashinga imizi, kuko azakomera, akanategeka kugera ku mpera z’isi.


Mbese wagereranywa n’iyihe Mana, wowe wihanganira icyaha, ukirengagiza ubugome? Urukundo ugirira udusigisigi tw’umuryango wawe rutuma udakomeza kuwurakarira, ahubwo ugashimishwa no kutugirira impuhwe.


Abasigaye bo muri Israheli ntibazongera gucumura ukundi, cyangwa ngo bavuge ibinyoma; ururimi rubeshya ntiruzongera kumvikana ku kanwa kabo, ahubwo bazarya kandi baruhuke nta we ubatera intugunda.


Icyo gihe nzabagarura, mbakoranyirize hamwe, maze izina ryanyu rizamamare hose, kandi mbubahishe mu bihugu byose byo ku isi, nimara kubavugurura mubyirebera ubwanyu, uwo ni Uhoraho ubivuze.


azategeka umuryango wa Yakobo ubuziraherezo, ingoma ye ntizashira.»


Umumalayika wa karindwi na we avuza akarumbeti ke. Nuko amajwi yumvikanira mu ijuru, avuga aranguruye ati «Ingoma y’isi yeguriwe Umwami wacu na Kristu we; akazima ingoma uko ibihe bizahora bisimburana iteka.»


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan