Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Mika 3:4 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

4 abo bose, ku munsi bazatakambira Uhoraho, we azabima amatwi! Koko rero azabahisha uruhanga rwe, kuri uwo munsi, abitewe n’ibikorwa bibi bakoze.»

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

4 Ni bwo bazatakira Uwiteka ariko ntazabasubiza, ni ukuri icyo gihe azabima amaso, abihwanye n'inabi bakoze mu mirimo yabo yose.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

4 Igihe kizaza mutakambire Uhoraho abihorere, icyo gihe azabirengagiza abajijije ibibi mwakoze.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

4 Igihe kizaza mutakambire Uhoraho abihorere, icyo gihe azabirengagiza abajijije ibibi mwakoze.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Mika 3:4
26 Iomraidhean Croise  

Dore amakuba azamwugariza, mbese namwugariza Imana izumva ugutakamba kwe ?


Nawe rero ugatera hejuru ngo Imana ntiyumva, ngo Nyir’ububasha ntabyitayeho!


Abanzi banjye, watumye bavumwa barahunga, maze abari bampagurukiye ndabatsemba.


Ubwo nyine bazampamagara, ariko sinzitaba; bazanshakashaka ariko ntibazambona.


Uwica amatwi ngo atumva itegeko, n’isengesho rye riba riteye ishozi.


Iyo muntegeye ibiganza, mbima amaso; mwakungikanya amasengesho, sinyatege amatwi, kuko ibiganza byanyu byuzuye amaraso.


umugome agushije ishyano, kuko azahanwa hakurikijwe ibikorwa bye.»


None rero, Uhoraho avuze atya ’Ngiye kubateza icyago batazashobora kwigobotora. Bazantakambira, ariko sinzabumva.


N’iyo basiba, sinakumva amaganya yabo, n’iyo bantura ibitambo bitwikwa n’andi maturo, nta bwo byanshimisha. Nzabatsembesha inkota, inzara n’icyorezo.»


mubone uko murinda Abakalideya. Nyamara ntibizabuza uyu mugi kuzura intumbi z’abo nzaba nishe kubera umujinya n’uburakari bwanjye, kuko ntakibitayeho bitewe n’ubugome bwabo.


abahanuzi barahanura ibinyoma, abaherezabitambo barishakira inyungu zabo; kandi umuryango wanjye ukabyishimira! Ariko se ubwo amaherezo azaba ayahe?


Nanjye nzabahanana umujinya, sinzigera mbarebana impuhwe kandi sinzanabababarira. Bazantakambira baranguruye amajwi, nyamara ariko sinzabumva.»


Ubwo abashishozi bazakorwa n’isoni, abapfumu bagwe mu kantu; bose bipfuke mu maso kuko Imana itabashubije.


(Ahandi ho hazahinduka ubutayu ku mpamvu y’abahatuye, bitewe n’imyifatire mibi yabo.)


Kubera iyo mpamvu, Uhoraho, Umugaba w’ingabo, avuze atya: Nk’uko nabahamagaye ntibanyumve, ni ko nanjye bampamagaye sinabumva.


Benshi bazambwira uwo munsi bati ’Nyagasani, Nyagasani, ese ntitwahanuye mu izina ryawe? Ese ntitwirukanye roho mbi mu izina ryawe? Ese ntitwakoze ibitangaza byinshi mu izina ryawe?


Koko rero, nimuzaba mukiri hanze, igihe nyir’urugo azahaguruka agakinga, n’aho muzakomanga kangahe muvuga muti ’Shobuja, dukingurire’, azabasubiza ati ’Sinzi iyo muturuka.’


Tuzi neza ko Imana itumva abanyabyaha, tukamenya ko uwubaha Imana, agakora icyo ishaka, imwumva.


Koko rero, urubanza ntirugira impuhwe ku muntu utaragize impuhwe; nyamara impuhwe zisesa urubanza.


Nuko uwo munsi muzacure imiborogo mutewe n’uwo mwami mwihitiyemo, nyamara uwo munsi Uhoraho ntazabasubiza.»


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan