Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Mika 3:2 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

2 mwebwe mwanga icyiza, mugakunda ikibi! Ngaha muruna abantu ho uruhu, mugashishimura inyama ku magufa yabo!

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

2 Yemwe abanga ibyiza mugakunda ibibi, mugashishimura uruhu ku bantu banjye, mugakuraho inyama ku magufwa yabo,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

2 Nyamara mwanga ibyiza mugakunda ibibi. Ab'ubwoko bwanjye mubarya imitsi, amagufwa yabo muyomoraho inyama.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

2 Nyamara mwanga ibyiza mugakunda ibibi. Ab'ubwoko bwanjye mubarya imitsi, amagufwa yabo muyomoraho inyama.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Mika 3:2
32 Iomraidhean Croise  

Akabu abwira Eliya, ati «Urambonye, mwanzi wanjye!» Undi aramusubiza ati «Ndakubonye kuko watinyutse gukora ibyo Uhoraho yanga.


Yehu mwene Hanani umushishozi aramusanganira, maze abaza umwami Yozafati ati «Mbese byari ngombwa gufasha umugome ukaba wakunda abanzi b’Uhoraho? Ngicyo igitumye Uhoraho akurakarira.


Uwo muntu arebana agasuzuguro uwigize ruvumwa, maze akubaha abatinya Uhoraho; icyo yarahiriye, n’aho cyamugwa nabi, nta bwo yivuguruza.


Ariko bose bararindagiye, bahujwe gusa n’ingeso mbi; nta n’umwe ugikora neza, habe n’umwe rwose!


Abica amategeko bogagiza umugiranabi, naho abayakurikiza, bakamurakarira.


Ni iki gituma mushikamira umuryango wanjye, kandi mukanyukanyuka abakene?» Uwo ni Nyagasani Uhoraho, Umugaba w’ingabo ubivuze.


Baragowe! Abita icyiza ikibi, ikibi bakacyita icyiza. Umwijima bawugira urumuri, urumuri rukaba umwijima, ibisharira babyita ibiryohera, naho ibiryohera bakabyita ibisharira.


Ariko jyewe nzagaya «ubuyoboke» bwawe n’ibikorwa byawe bitagira icyo bikumarira.


Ni yo mpamvu rero Nyagasani Uhoraho avuze atya: Abapfu mwujuje mu mugi ni bo nyama, umugi ukaba inkono; ariko mwebwe nkazawubavanamo.


Abatware bawe bameze nk’ibirura bitanyagura umuhigo wabyo, kandi baramena amaraso bicisha abantu ngo babasahure ibyabo.


Uyishyiremo intongo z’inyama, intongo zose z’akaguru n’iz’akaboko, wuzuzemo n’amagufa meza yose,


None mwebwe murinywera amata, murambara imyambaro y’ubwoya bw’intama, mukibagira iz’imishishe kurusha izindi, ariko ntimwite ku matungo.


Nimwumve iri jambo, mwa nka mwe z’i Bashani, murisha ku musozi wa Samariya, mugatsikamira abakene, mukaryamira abatindi, mukabwira abagabo banyu muti «Nimuzane icyo kunywa».


Nimwange ikibi, mukunde icyiza, nimusubize ubucamanza umwanya wabwo mu rukiko, wenda ahari Uhoraho, Umugaba w’ingabo, yazababarira agasigisigi ko mu muryango wa Yozefu.


Naho mwebwe mwafashe umuryango wanjye nk’abanzi banyu; abavuye mu ntambara bigendera mu mahoro, mubacuza ibishura byabo bari biteye!


Nta ndahemuka ikirangwa mu gihugu, nta ntungane ikiboneka mu bantu! Bose bararikiye kumena amaraso, buri muntu arashandikira umuvandimwe we umutego.


Ibiganza byabo bimenyereye gukora ibibi gusa: umutware arasaba amaturo ngo abone gutunganya umurimo we, umucamanza na we araka ruswa; umunyacyubahiro aravuga yeruye irari ry’umubiri we.


Abatware bawo ni nk’intare zitontomera rwagati muri wo, abacamanza bawo bakamera nk’ibirura bihiga iyo ijoro rikubye, ntibiraze icyo birya bukeye.


Ariko abaturage be baramwangaga, maze bamukurikiza intumwa zo kuvuga ngo ’Ntidushaka ko uriya atubera umwami!’


Nuko bose barongera batera hejuru, bati «Si uwo dushaka, ahubwo duhe Barabasi.» Barabasi uwo yari umujura.


Isi ntishobora kubanga, ariko jye iranyanga, kuko mpamya ko ibyo ikora ari bibi.


N’ubwo bazi iteka ry’Imana ricira urwo gupfa abakora bene ibyo, bo ntibabikora gusa, bashima ndetse n’ababikora.


Urukundo rwanyu ruzire uburyarya. Ikibi kibashishe mugihunge, naho icyiza mukihambireho.


n’abagome, n’abazirampuhwe, n’abanyamazimwe, n’abatihanganira abandi, n’indakoreka, n’abanzi b’ibyiza,


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan