Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Mika 2:3 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

3 Ni cyo gitumye Uhoraho avuze atya: Nanjye ngambiriye kubatera icyago mutazashobora kwigobotora, cyangwa ngo mugende mwemaraye, kuko kizaba ari igihe cy’amakuba.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

3 Ni cyo gituma Uwiteka avuga ati “Dore ngambiriye guteza uyu muryango icyago, ntabwo muzagikira cyangwa ngo mwongere kugendana umujindiro, kuko icyo gihe kizaba ari igihe kibi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

3 None Uhoraho aravuga ati: “Dore ndi mu migambi yo kubateza ibyago, ntimuzabasha kubyigobotora, ntimuzongera kugendana ubwirasi, erega ibyo bizaba ari ibihe bibi!”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

3 None Uhoraho aravuga ati: “Dore ndi mu migambi yo kubateza ibyago, ntimuzabasha kubyigobotora, ntimuzongera kugendana ubwirasi, erega ibyo bizaba ari ibihe bibi!”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Mika 2:3
29 Iomraidhean Croise  

Kuko uwo munsi uzaba ari iherezo ry’abategetsi b’abagome, abashungerezi bagakozwa isoni, n’abashaka gukora nabi bose bakarimburwa.


Uhoraho avuze atya: Kubera ko abakobwa b’i Siyoni bishyize ejuru, bakagenda bagamitse amajosi, bica amaso, kubera kugendera ikimero, bacinya amayugi bambaye ku maguru yabo,


Nuko bakavuga bati «Ngaho natebuke, agire bwangu icyo ashaka gukora tukibone. Umugambi wa Nyirubutagatifu wa Israheli niwigaragaze, niwuzuzwe maze tuwumenye.»


Noneho rero, ubwire abantu ba Yuda n’abaturage ba Yeruzalemu, uti ’Uhoraho avuze atya: Ndiho ndabategurira amakuba, kandi hari n’undi mugambi mbafitiye. Nimwihane rero imyifatire yanyu mibi, maze muvugurure imyifatire n’imigenzereze yanyu!


Naho Sedekiya, umwami wa Yuda, mutangarije ibi bikurikira: «Emera uburetwa bw’umwami w’i Babiloni, umuyoboke n’abe bose, bityo uzabaho.


None rero, Uhoraho avuze atya: Nta bwo mwanyumvise ngo buri muntu asubize ubwigenge umuvandimwe, cyangwa mugenzi we. Ubu rero jyewe — uwo ni Uhoraho ubivuze — ngiye kubateza inkota, icyorezo n’inzara, maze mbagire ikintu giteye ubwoba ibihugu byose by’isi.


Uko Yehudi yamaraga gusoma ibice nka bitatu cyangwa bine, umwami yabikegeteshaga akuma k’abanditsi, akabijugunya mu muriro hejuru y’icyotezo, kugeza ubwo igitabo cyose gikongotse.


Azariya mwene Hoshaya, na Yohanani mwene Kareya, hamwe n’abandi bagabo b’indakoreka barahaguruka, babwira Yeremiya bati «Ibyo uvuga ni ibinyoma; Uhoraho Imana yacu ntiyagutumye kutubwira ngo ’Ntimuhungire mu Misiri!’


Naho abazasigara, abazarokoka muri iyo nyoko mbi n’abazacika ku icumu mu duce twose nzaba nabatatanyirijemo, bazifuza gupfa aho kubaho — uwo ni Uhoraho Umugaba w’ingabo ubivuze.


Yagenzuye ibibi nkora byose, abicigatira mu kiganza; umutwaro wabyo awungereka ku bitugu, ugahungabanya imbaraga zanjye. Uhoraho yangabije ibiganza by’abanzi, kandi ndashoboye guhangana na bo!


Uhoraho yageze ku cyo yagambiriye, ashoje icyo ijambo rye ryagennye kuva kera; yatsembye nta mbabazi, atuma umwanzi akwishimaho, yongera ububasha bw’ababisha bawe.


Baturi nabi rwose, turatotezwa, turarembye, ntitukigira ikiruhuko.


umuntu w’ibakwe ntazashobora guhunga, umunyamaboko azabure ingufu ze, n’uw’intwari ntazacika ku icumu,


Nimwumve ijambo Uhoraho ababwiye, bana ba Israheli, mwe n’umuryango wose navanye mu gihugu cya Misiri.


Ni mwebwe mwenyine namenye mu miryango yose yo ku isi; ni yo mpamvu nzabibaryoza mbaziza ibicumuro byanyu byose.


Ni yo mpamvu umuntu uzi ubwenge yakwicecekera mu gihe nk’iki, kuko ari igihe cy’amakuba.


Bariyimbire abagambirira kugira nabi, igihe baryamye bagahimbahimba igikorwa kibi, bwacya bagahita bagikora, kuko bagifitiye ububasha!


abo ni bo bishyize mu kaga, kugira ngo barwane ku buzima bwanjye. Si jye jyenyine ubashimira, ahubwo na Kiliziya zose z’abanyamahanga.


bakoresha neza igihe barimo, kuko iminsi ari mibi.


uzakorera abanzi Uhoraho azaguteza, wicwe n’inzara n’inyota, wambare ubusa, ubure ibyo ukeneye byose. Azagereka ku bitugu byawe umutwaro w’urutare kugeza igihe akurimburiye.


Koko rero, urubanza ntirugira impuhwe ku muntu utaragize impuhwe; nyamara impuhwe zisesa urubanza.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan