Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Mika 2:11 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

11 Iyaba habonekaga umuntu wiruka inyuma y’umuyaga, agakwirakwiza ibinyoma agira ati «Nguhanuriye ko uzagwirizwa divayi n’ibindi bisindisha!» uwo ni we waba umuhanuzi ukwiriye uyu muryango.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

11 “Umuntu ugendana umwuka w'umuyaga n'ururimi rubeshya akavuga ati ‘Ngiye kubahanurira ibya vino n'ibisindisha’, ni we muhanuzi ukwiriye ubu bwoko.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

11 Ubu bwoko bwifuza umuhanuzi urimanganya, arondogora akabeshya ati: “Ntimuzabura divayi n'izindi nzoga!”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

11 Ubu bwoko bwifuza umuhanuzi urimanganya, arondogora akabeshya ati: “Ntimuzabura divayi n'izindi nzoga!”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Mika 2:11
35 Iomraidhean Croise  

Umuhanuzi aramubwira ati «Nanjye ndi umuhanuzi nkawe, kandi malayika watumwe n’Uhoraho yambwiye ati ’Mugarure umushyire iwawe mu rugo, arye umugati kandi umuhe n’amazi anywe.’» Ariko yaramubeshyaga.


Umwami wa Israheli akoranya abahanuzi bagera kuri magana ane, maze arababaza ati «Nzikore njye gutera Ramoti y’i Gilihadi, cyangwa se nzarorere?» Baramusubiza bati «Hatere! Uhoraho ahagabije umwami.»


Niba narabaye umunyabinyoma, nkaba naragenzwaga no kubeshya,


Umuntu uhora asezerana ntagire icyo atanga, asa n’ibicu n’umuyaga bitavamo imvura.


Abaherezabitambo n’abahanuzi barayobye kubera divayi, baradandabirana kubera ibinyobwa bikaze, ibiyobyabwenge birabayobeje na divayi irabatabitse, baradandabirana kubera ibinyobwa bikaze, barayoba mu ibonekerwa ryabo, bakibeshya igihe bahanura.


Abayobozi b’icyo gihugu barakiyobeje, abo bayoboraga barazikama.


Uhoraho aransubiza ati «Ibyo abahanuzi bahanura mu izina ryanjye ni ibinyoma. Sinabohereje, nta cyo nigeze mbategeka, nta n’ubwo nigeze mbavugisha. Ubuhanuzi bwabo ni amabonekerwa y’ibinyoma, ni ubupfumu, amateshwa n’amahomvu bitagira shinge.


Ariko mu bahanuzi b’i Yeruzalemu, ho nahabonye amahano arushijeho: bohotse mu busambanyi, batsimbarara ku kinyoma kandi bashyigikira abagizi ba nabi, ku buryo nta n’umwe ushobora kuzibukira ubugome bwe. Bose bambereye nk’abantu ba Sodoma, abaturage ba Yeruzalemu bameze nk’ab’i Gomora.


Batinyuka kubwira abasuzugura ijambo ry’Uhoraho, ngo «Mwebwe byose bizabahira!» Naho umuntu wese ukomeje kunangira umutima, bakamubwira ngo «Nta cyago kizagutera!»


Numvise uburyo abahanuzi bahanura ibinyoma mu izina ryanjye, bavuga ngo «Nabonekewe mu nzozi! Nabonekewe mu nzozi!»


Ngiye guhagurukira abahanuzi barota inzozi zoshya — uwo ni Uhoraho ubivuze — bakazirotora, maze ibinyoma byabo n’amahomvu yabo akayobya umuryango wanjye. Jyewe sinabohereje kandi sinigeze ngira icyo mbasaba, nta cyo bamariye uriya muryango. Uwo ni Uhoraho ubivuze.


Umuhanuzi Yeremiya ni ko kubwira Hananiya, ati «Hananiya, tega amatwi: Uhoraho ntiyakohereje; ni wowe utuma uyu muryango wiringira ibinyoma.


abahanuzi barahanura ibinyoma, abaherezabitambo barishakira inyungu zabo; kandi umuryango wanjye ukabyishimira! Ariko se ubwo amaherezo azaba ayahe?


Amabonekerwa abahanuzi bawe bakugejejeho, ni ibinyoma n’impfabusa! Ntibakugaragarije igicumuro cyawe, kugira ngo wirinde ibi byakugwiririye, ahubwo impanuro bakubwiye, zarakurindagije zirakuyobya.


Ku mpamvu y’ibinyoma byanyu byaciye intege umutima w’intungane, kandi jyewe ntarigeze mbimugirira, kuko mushyigikira abagome ngo batareka imyifatire mibi yabo bakongera kubaho;


Ntibantakambira babikuye ku mutima; baborogera ku buriri bwabo, bakirasaga umubiri, babitewe no kwishakira ingano na divayi nshyashya, naho jye bakangomera.


Abatware bayo baraca imanza ari uko babonye ruswa, abaherezabitambo bayo barigishiriza kuronka inyungu, abahanuzi bayo barahanura ari uko bahawe feza. Kandi bagatinyuka kwishingikiriza Uhoraho, bavuga bati «Uhoraho ari muri twe, icyago ntikizatugwirira!»


Uhoraho avuze atya ku bahanuzi bayobya umuryango wanjye: Iyo babonye icyo birira batangaza amahoro; naho utagize icyo abanaga mu kanwa, bagashoza intambara.


Bene abo ntibakorera Kristu Umwami wacu, ahubwo inda yabo, maze amagambo yabo y’uburyarya n’ubucakura akayobya imitima itagira iribi.


Amaherezo yabo ni ukorama; kuko inda yabo bayigize Imana yabo, maze bakikuriza mu byagombaga kubatera isoni, bo baharanira iby’isi gusa.


Nkoramutima zanjye, ntimugapfe kwemera ubonetse wese, ahubwo mujye mubanza gushishoza ibyo mubwiwe, kugira ngo mumenye koko niba bikomoka ku Mana; kuko hadutse abahanurabinyoma benshi, bagakwira ku isi.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan