Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Mika 2:1 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

1 Bariyimbire abagambirira kugira nabi, igihe baryamye bagahimbahimba igikorwa kibi, bwacya bagahita bagikora, kuko bagifitiye ububasha!

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

1 Bazabona ishyano abagambirira gukora ibyaha, bagakorera ibibi ku mariri yabo! Iyo bukeye barabikora kuko bishobokera amaboko yabo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

1 Bazabona ishyano abarara amajoro bacura inama z'ubugome! Bategura imigambi yo kugira nabi, buracya bakayisohoza kuko ntawe ubasha kubabuza.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

1 Bazabona ishyano abarara amajoro bacura inama z'ubugome! Bategura imigambi yo kugira nabi, buracya bakayisohoza kuko ntawe ubasha kubabuza.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Mika 2:1
40 Iomraidhean Croise  

Nashoboraga kubagirira nabi, ariko Imana y’abasokuru bawe yaraye imbwiriye mu nzozi iti ’Uramenye, ntugire icyo ubwira Yakobo, cyaba cyiza, cyaba kibi.’


Umugore we Yezabeli aramubwira ati «Mbese si wowe utegeka ingoma ya Israheli? Byuka urye, maze umutima wawe unezerwe, ni jyewe uzaguha umurima w’imizabibu wa Naboti w’i Yizireyeli!»


Umuntu wasamye ikibi, azabyara ishyano, kandi icyo ahatse, kizavemo ubusa.»


Umwicanyi abyuka mu rukerera, yica umukene n'utishoboye, iyo ijoro riguye ajya kwiba.


Amagambo yose avuga yuje ubugome n’ubuhendanyi, gushyira mu gaciro no gukora neza ntibimurangwaho.


Iyo aryamye ni bwo acura imigambi y’ubugizi bwa nabi, agahata ibirenge inzira itari nziza, ntabe yatekereza guca ukubiri n’icyitwa ikibi.


Oya! Ahubwo mugira nabi nkana, mugakwiza ku isi urugomo ruterwa n’ibiganza byanyu.


Uhoraho atonesha umuntu ukora neza, akamagana ugambiriye ikibi.


Ese abagenda bakwiza ikibi, ntibaba bayoba? Abagamije icyiza bo barangwa n’ubudahemuka n’umurava.


Ntukirengagize kugirira neza ubikeneye kandi ubishoboye.


Kuko bo batajya basinzira, batabanje gukora ikibi, ntibagoheka batagize uwo bagusha.


Kuko uwo munsi uzaba ari iherezo ry’abategetsi b’abagome, abashungerezi bagakozwa isoni, n’abashaka gukora nabi bose bakarimburwa.


Uhoraho agiye gucira imanza abakuru n’abatware b’umuryango we: «Ni mwebwe mwayogoje umuzabibu murawutsemba, kandi mubitse mu mazu yanyu, imicuzo y’abakene.


Naho uw’indyarya yitwaza ubwicanyi; ashakisha amayeri yo kwicisha abanyabyago, ababeshyera, mu gihe abo bakene bo barwanaga ku burenganzira bwabo.


Baragowe! Abagereka amazu ku yandi, cyangwa se amasambu ku yandi, kugeza ubwo biharira ahantu hose, bagatura bonyine mu gihugu!


Kuko ibiganza byanyu byandujwe n’amaraso, intoki zanyu zikuzura ubugome; iminwa yanyu igahwihwisa ibinyoma, ururimi rwanyu rukavuga ibitagira shinge.


Baravuga ngo «Nimuze dutegure imigambi mibi irwanya Yeremiya; kuko nitumara kumwigizayo, ntituzabura abandi baherezabitambo ngo batwigishe Itegeko ry’Imana, n’abasheshe akanguhe ngo batugire inama, cyangwa abahanuzi ngo batubwire ijambo ryayo. Nimuze, tumusarike tumusebya, twoye kwita ku magambo ye.»


Uhoraho arambwira ati «Mwana w’umuntu, ngabo abantu bagambirira gukora ikibi, bagakwiza inama mbi muri uyu mugi.


Mwishingikiriza inkota zanyu, mugakora amahano, buri wese akagundira umugore wa mugenzi we, none ngo muzatunga iki gihugu?


Dore rero uko Nyagasani Uhoraho avuze. Uwo munsi mu mutima wawe hazavuka ibitekerezo byinshi, biguteremo imigambi mibi.


Umwami ntazagire ikintu na kimwe afata ku mugabane wa rubanda, ngo abambure ibiri ibyabo; ibyo atunze ni byo azahaho umurage abahungu be, kugira ngo hatazagira n’umwe mu muryango wanjye uva aho anyagwa ibye.»


Wa mugi we, abakungu bawe buzuye urugomo, abaturage bawe bakavuga ibinyoma, n’ururimi rwo mu kanwa kabo rukabeshya!


Iwawe habonetse umuntu ugambanira Uhoraho, akagira imigambi y’ubugiranabi.


Ntimukarenganye umupfakazi n’impfubyi, umusuhuke n’umukene; ntihakagire n’umwe utekereza kugirira nabi umuvandimwe we.


Mu gitondo kare, abatware b’abaherezabitambo bateranira hamwe n’abakuru b’imiryango n’abigishamategeko, mbese abagize inama nkuru bose. Bamaze kuboha Yezu, baramujyana bamushyikiriza Pilato.


Abigishamategeko n’abatware b’abaherezabitambo bashaka uko bahita bamufata ako kanya, ariko batinya rubanda. Bari bumvise neza ko ari bo yavugaga muri uwo mugani.


Yezu aramusubiza ati «Nta bubasha na buke wajyaga kungiraho, iyo utabihabwa no hejuru. Ni cyo gituma uwangambaniye ari we ufite icyaha kiruta icyawe.»


Bukeye mu gitondo, bamwe mu Bayahudi bajya inama, ndetse barahira ko batazagira icyo barya cyangwa ngo banywe, batabanje kwica Pawulo.


None rero mwebwe, mwumvikane n’Inama nkuru, musabe umugaba w’ingabo amubazanire, nk’aho hari ikindi mushaka kumenya ku bimwerekeyeho. Ubwo natwe turaba twiteguye kumwica, atari yabageraho.»


batera urubwa, banga Imana, barasuzugura, barirata, barirarira, bahimbahimba ibibi, bananira ababyeyi;


Abahungu bawe n’abakobwa bawe bazagabizwa undi muryango, amaso yawe ahere mu kirere, ananizwe no kubashakisha buri munsi, nyamara ari nta cyo ushobora kubikoraho na busa.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan