Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Matayo 8:2 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

2 Nuko haza umubembe amupfukama imbere, aramubwira ati «Nyagasani, ubishatse wankiza.»

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

2 Maze haza umubembe aramwegera, aramupfukamira aramubwira ati “Mwami, washaka wabasha kunkiza.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

2 Umuntu wari urwaye ibibembe aramusanga, aramupfukamira aramubwira ati: “Nyagasani, ubishatse wankiza.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

2 Umuntu wari urwaye ibibembe aramusanga, aramupfukamira aramubwira ati: “Nyagasani, ubishatse wankiza.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Matayo 8:2
37 Iomraidhean Croise  

Uyu munsi nanjye nacitse intege n’ubwo nasizwe amavuta y’ubwami; kandi bariya bahungu ba Seruya bandusha gukaza umurego mu kumena amaraso. Ariko Uhoraho yitura umugiranabi, akurikije ububi bwe!»


Uhoraho ahana umwami, amuteza indwara y’ibibembe iramuhitana. Atarapfa bamuhaye akato aba mu nzu ya wenyine. Ubwo umuhungu we Yotamu wari ushinzwe iby’ingoro y’umwami, aba ari we utegeka igihugu.


Nahamani, umugaba w’ingabo z’umwami wa Aramu, yari umuntu wemerwa cyane na shebuja, ari umutoni we, kuko ari we Uhoraho yakoresheje agaha Aramu gutsinda. Ariko uwo mugabo w’intwari yari umubembe.


kandi ugiye gufatwa n’ibibembe bya Nahamani, ukazabirwara wowe n’urubyaro rwawe bikababaho akarande?» Gehazi atandukana na Elisha, maze umubiri we ugenda wera nk’urubura kubera ibibembe.


Agacu karazimira hejuru y’ihema ry’ibonaniro, naho Miriyamu we aba yasheshe ibibembe byererana nk’urubura. Aroni arahindukira areba Miriyamu asanga yafashwe n’ibibembe.


Mukize abarwayi, muzure abapfuye, ababembe mubakize, mwirukane roho mbi. Mwahawe ku buntu, mutange ku buntu.


Nuko aho ntiyahakorera ibitangaza byinshi, abitewe n’ukutemera kwabo.


Abari mu bwato bamupfukamira bavuga bati «Koko uri Umwana w’Imana!»


Ariko uwo mugore aramwegera, aramupfukamira, avuga ati «Nyagasani, ntabara!»


Nuko umugaragu arapfukama, arunama, avuga ati ’Nyorohera, nzakwishyura byose.’


Binjiye mu nzu babona umwana, na nyina Mariya; nuko barapfukama baramuramya. Hanyuma bapfundura impago zabo, bamutura zahabu, ububani n’imibavu.


Nuko nyina wa bene Zebedeyi asanga Yezu ari kumwe n’abahungu be bombi, arapfukama, ashaka kugira icyo amusaba.


Igihe Yezu yari i Betaniya kwa Simoni umubembe,


Bamubonye barapfukama, bamwe ariko bashidikanya.


Ni bwo Yezu ahuye na bo ati «Nimugire amahoro!» Baramwegera, bahobera ibirenge bye, bamupfukamye imbere.


nuko aramubwira ati «Ibyo byose nzabikugabira, numfukamira ukandamya.»


Igihe Yezu amanutse umusozi, abantu benshi baramukurikira.


Baramwegera baramukangura, bavuga bati «Nyagasani, dutabare, turashize!»


Igihe akibabwira, umutware aramwegera, amupfukama imbere, amubwira ati «Umukobwa wanjye amaze gupfa; ngwino umuramburireho ikiganza, arakira.»


Hari kandi n’ababembe benshi muri Israheli mu gihe cy’umuhanuzi Elisha; nyamara muri bo nta n’umwe wakijijwe, uretse Nahamani w’Umusiriya.»


Ni bwo avuze ati «Ndemera, Nyagasani.» Nuko arapfukama aramuramya.


Petero arasubiza ati «Oya, Nyagasani! Nabera sindarya icyanduye cyangwa igihumanya.»


Petero ngo ajye kwinjira, Koruneli aramusanganira agwa hasi imbere ye aramupfukamira.


nuko ibyari byihishe mu mutima we bigaragare; maze agwe yubitse uruhanga, aramye Imana, yemeza ko Imana muri kumwe koko.


Nuko mpfukama imbere ye ngo musenge, ariko arambwira ati «Sigaho, ntubikore ! Ndi umugaragu kimwe nawe, kimwe kandi n’abavandimwe bawe, bakomeza ubuhamya bwa Yezu. Imana ni yo ugomba gupfukamira.» Koko rero ubuhamya bwa Yezu ni umwuka w’ubuhanuzi.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan