Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Matayo 4:1 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

1 Hanyuma Yezu ajyanwa na Roho Mutagatifu mu butayu kugira ngo ashukwe na Sekibi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

1 Maze Yesu ajyanwa n'Umwuka mu butayu kugeragezwa n'umwanzi,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

1 Nuko Yezu ajyanwa na Mwuka w'Imana mu butayu, kugira ngo ahageragerezwe na Satani.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

1 Nuko Yezu ajyanwa na Mwuka w'Imana mu butayu, kugira ngo ahageragerezwe na Satani.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Matayo 4:1
18 Iomraidhean Croise  

Ubwo We yababaye kandi akageragezwa, ashobora no gutabara abageragezwa.


Abayoborwa na Roho w’Imana, abo ni bo bana b’Imana.


Umwuka unjyana ubwo, unyinjiza mu gikari cy’imbere, maze mbona ikuzo ry’Uhoraho ryuzuye mu Ngoro.


Sinkivuganye namwe byinshi, kuko umugenga w’iyi si aje.


Hanyuma umwuka uranterura uranjyana, ngenda nshavuye kandi ntengurwa, ari na ko ikiganza cy’Uhoraho kinshikamiye bikomeye.


Bamaze kuva mu mazi Roho Mutagatifu ajyana Filipo, uwo mutware ntiyongera kumubona ukundi, ahubwo yikomereza urugendo rwe yishimye.


Nuko ntwarwa n’umwuka, maze numva inyuma yanjye urusaku rw’umuririmo ukaze w’ijwi rigira riti «Uhoraho Nyirikuzo nasingirizwe mu Ngoro ye !»


Muri iryo bonekerwa, anjyana mu gihugu cya Israheli maze ampagarika hejuru y’umusozi muremure cyane, wasaga n’uwubatseho umugi ahagana mu majyepfo.


Ariko nimara gutandukana nawe, umwuka w’Uhoraho urakujyana ahandi ntazi, maze nimenyesha Akabu akaza ntakubone, anyice. Nyamara kandi kuva mu bwana bwanjye, jye umugaragu wawe, nubahaga Uhoraho.


Baramubwira bati «Muri twe abagaragu bawe, harimo abagabo mirongo itanu b’intwari; emera bajye gushaka shobuja, yenda umwuka w’Uhoraho wamutwaye umujugunya ku musozi cyangwa mu mubande.» Arabasubiza ati «Ntimugire n’umwe mwohereza!»


Nshyize inzigo hagati yawe n’umugore, hagati y’urubyaro rwawe n’urubyaro rwe; ruzakujanjagura umutwe, nawe urukomeretse ku gatsinsino.»


Nuko njyanwa n’umwuka kugera mu Bakalideya hafi y’abajyanywe bunyago; ibyo kandi biba mu ibonekerwa no mu mwuka w’Imana, maze ibyo nerekwaga kandi nari mbereye umuhamya birazimira.


Nuko umwuka uranjyana ungeza ku irembo ry’iburasirazuba bw’Ingoro y’Uhoraho, ryerekera nyine iburasirazuba; ku rugi rw’iryo rembo hakaba hahagaze abantu makumyabiri na batanu. Muri bo mbona Yazanya mwene Azuru, na Pelatiyahu mwene Benayahu, abatware b’umuryango.


Arambura igisa n’ikiganza maze amfata umusatsi, ubwo umwuka ungurukana mu kirere unjyana i Yeruzalemu mu mabonekerwa matagatifu, ungeza ku rugi rw’amarembo y’imbere yerekera mu majyaruguru, ariho hari intebe y’ikigirwamana cy’ishyari, gitera ishyari.


Buri muntu ashukwa n’irari rye bwite rimukurura, maze rikamwoshya.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan