Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Matayo 2:4 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

4 Akoranya abatware bose b’abaherezabitambo n’abigishamategeko b’umuryango, abasiganuza aho Kristu yagombaga kuzavukira.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

4 ateranya abatambyi bakuru n'abanditsi bose b'ubwo bwoko, ababaza aho Kristo azavukira aho ari ho.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

4 Nuko akoranya abakuru bo mu batambyi n'abigishamategeko bose b'Abisiraheli, ababaza aho Kristo yajyaga kuzavukira.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

4 Nuko akoranya abakuru bo mu batambyi n'abigishamategeko bose b'Abisiraheli, ababaza aho Kristo yajyaga kuzavukira.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Matayo 2:4
30 Iomraidhean Croise  

bategekaga abikorezi kandi bakayobora abakozi bose, buri wese mu mwuga we. Hari kandi n’abandi balevi b’abanditsi, ab’abagenzuzi, hakaba n’abanyanzugi.


Hilikiyahu abimenyesha umunyamabanga Shafani, amubwira ati «Natahuye igitabo cy’Amategeko mu Ngoro y’Uhoraho.» Hilikiyahu ahereza Shafani icyo gitabo,


Abakuru b’abaherezabitambo na bo, n’abatware ba rubanda, barushaho gucumura bakurikiza imihango yose mibi y’abanyamahanga, ndetse bandavuza Ingoro Uhoraho yari yaratagatifurije i Yeruzalemu.


Ezira ni ko guhaguruka, arahiza abatware b’abaherezabitambo, abalevi n’Abayisraheli bose ko bazabitunganya nk’uko byavuzwe; nuko bararahira.


Ezira uwo azamuka ava i Babiloni. Yari umwigisha kabuhariwe mu by’amategeko ya Musa, yatanzwe n’Uhoraho, Imana ya Israheli. Umwami amuha ibyo yari asabye byose, kuko Uhoraho Imana ye yari kumwe na we.


Salu, Amoki, Hilikiya na Yedaya. Abo bari abatware b’abaherezabitambo n’ab’abavandimwe babo, mu gihe cya Yozuwe.


Abami b’isi bahagurukiye icyarimwe, n’abatware bishyira hamwe ngo barwanye Uhoraho n’Intore ye,


Mwashobora mute kuvuga ngo «Turi abahanga, kuko dutunze itegeko ry’Uhoraho?» Ni byo, ariko ryahindutse ibinyoma, kubera inyandiko y’abigishamategeko yuzuye ububeshyi.


Ni koko, iminwa y’umuherezabitambo ishinzwe kwita ku bumenyi, kandi n’inyigisho zigashakirwa mu kanwa ke, kuko ari we ntumwa y’Uhoraho, Umugaba w’ingabo.


Arongera ati «Ni cyo gituma umwigishamategeko wese, wigishijwe iby’Ingoma y’ijuru, asa na nyir’urugo ukura mu bushyinguro bwe ibishya n’ibishaje.»


Umwami Herodi abyumvise, akuka umutima, we na Yeruzalemu yose.


Baramusubiza bati «Ni i Betelehemu ya Yudeya; kuko ari byo umuhanuzi yanditse ati


Abatware b’abaherezabitambo n’abigishamategeko, babonye ibitangaza amaze gukora n’abana basakuzaga mu Ngoro bati ’Harakabaho mwene Dawudi!» Bararakara.


Igihe amaze kwinjira mu Ngoro ariho yigisha, abatware b’abaherezabitambo n’abakuru b’umuryango, baramusanga bati «Ibyo ubikoresha bubasha ki? Ni nde waguhaye ubwo bubasha?»


Nuko abatware b’abaherezabitambo n’abakuru b’umuryango bakoranira mu ngoro y’umuherezabitambo mukuru witwaga Kayifa,


Akivuga ibyo, Yuda umwe muri ba Cumi na babiri atunguka aherekejwe n’abantu benshi bitwaje inkota n’ibibando, boherejwe n’abatware b’abaherezabitambo n’abakuru b’umuryango.


Igitondo gitangaje, abatware b’abaherezabitambo bose n’abakuru b’umuryango bajya inama yo kwicisha Yezu.


kuko yigishaga nk’umuntu ufite ububasha, atameze nk’abigishamategeko babo.


Nuko atangira kubigisha ko Umwana w’umuntu agomba kuzababara cyane, agacibwa n’abakuru b’imiryango, n’abaherezabitambo bakuru, n’abigishamategeko, akicwa, ariko akazazuka nyuma y’iminsi itatu.


Abigishamategeko n’abatware b’abaherezabitambo bashaka uko bahita bamufata ako kanya, ariko batinya rubanda. Bari bumvise neza ko ari bo yavugaga muri uwo mugani.


Abatware b’abaherezabitambo n’abigishamategeko bari aho bamurega byinshi.


Nuko Yuda amaze kubona abasirikare n’abagaragu yahawe n’abatware b’abaherezabitambo n’Abafarizayi, ajyayo; bari bitwaje amatara n’imuri n’intwaro.


Yezu aramusubiza ati «Ukaba umwigisha muri Israheli, maze ibyo ntubimenye?


Abafarizayi bumvise ko rubanda rukomeza guhwihwisa ibyo byose, bo n’abatware b’abaherezabitambo bohereza abagaragu babo ngo bamufate.


Ni bwo abigishamategeko n’Abafarizayi bamuzaniye umugore wari wafashwe asambana, bamuhagarika hagati.


Haba urusaku rwinshi, bituma bamwe mu bigishamategeko bo mu gice cy’Abafarizayi bahaguruka, barwana ishyaka bikomeye bagira bati «Nta kibi tubona kuri uyu muntu. Mbese none roho yaba yaravuganye na we, cyangwa se umumalayika?»


Bukeye bw’uwo munsi, abatware b’Abayahudi, abakuru b’umuryango n’abigishamategeko bakoranira i Yeruzalemu.


Nuko bahuruza rubanda hamwe n’abakuru b’umuryango n’abigishamategeko; baraza bamugwa gitumo baramufata, bamujyana mu Nama nkuru.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan