Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Malaki 3:3 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

3 Azicara hamwe kugira ngo ashongeshe kandi asukure. Azasukura bene Levi, abayungurure nk’uko bagenzereza zahabu na feza, maze bazegurirwe Uhoraho kugira ngo bamuhereze amaturo bakurikije amategeko.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

3 Kandi azicara nk'ucura ifeza akayitunganya akayimaramo inkamba, azatunganya abahungu ba Lewi, abacenshure nk'uko bacenshura izahabu n'ifeza, maze bazature Uwiteka amaturo bakiranutse.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

3 Azamera nk'ushongesha ifeza ayitunganya. Koko rero nk'uko umucuzi ashongesha ifeza n'izahabu abitunganya, ni ko Nyagasani azaboneza abakomoka kuri Levi. Bityo babone gutura Uhoraho amaturo aboneye.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

3 Azamera nk'ushongesha ifeza ayitunganya. Koko rero nk'uko umucuzi ashongesha ifeza n'izahabu abitunganya, ni ko Nyagasani azaboneza abakomoka kuri Levi. Bityo babone gutura Uhoraho amaturo aboneye.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Malaki 3:3
48 Iomraidhean Croise  

Nimuhinde umushyitsi, mureke gucumura; aho muryamye nimwibaze, maze muceceke. (guceceka akanya gato)


Mujye mutura ibitambo ku buryo bukwiye, kandi mwiringire Uhoraho.


Ahubwo jya utura Imana igitambo cyo kuyishimira, kandi wuzuze amasezerano wagiriye Umusumbabyose;


Untura ibisingizo ho igitambo, ni we umpa ikuzo, kandi aba aciye inzira nzamwerekeramo umukiro w’Imana.»


Ahubwo igitambo Imana ishima, ni umutima washengutse. Mana yanjye, ntuzirengagize umutima washegeshwe kandi wihana!


Nyamara, Nyagasani, ntiwabuze kuduha ibigeragezo, maze uratuyungurura nk’uko bayungurura feza.


Uruganda rutunganya feza, itanura rigatunganya zahabu, ariko Uhoraho ni we ucengera mu mitima.


Iyo feza uyikijije ibishunga, iza iyunguruye neza;


Nzakugaruraho amaboko yanjye, nshongeshe uruhumbu rukuriho, nguhanagureho ubwandure bwawe.


Dore narakugerageje ngo ngusukure, ntagucishije mu ruganda nk’ushongesha umuringa, ahubwo ngusukuza kugucisha bugufi.


Naho mwebwe, muzitwa «abaherezabitambo b’Uhoraho», bazabite «abagaragu b’Imana yacu». Muzatungwa n’umusaruro w’amahanga, mushimishwe no kwigarurira ikuzo ryabo.


Ururimi rwawo rusa n’umwambi kirimbuzi, bakwirakwiza ibinyoma. Mugenzi wabo bamwifuriza amahoro ku munwa gusa, ariko mu mutima bamushandikira umutego.


nzabatandukanya n'ab'ibirara bangomeye, mbakure mu gihugu batuyemo, ariko ntibazinjira mu gihugu cya Israheli; maze muzamenye ko ndi Uhoraho.


Israheli, garukira Uhoraho Imana yawe, kuko wayobejwe n’ibicumuro byawe.


Abo barokotse nzabanyuze mu muriro, mbasukure nk’uko basukura feza, mbasuzume nk’uko basuzuma zahabu; bityo baziyambaze izina ryanjye, nanjye nzabababarire. Nzavuga nti «Ni umuryango wanjye», na bo bavuge bati «Uhoraho ni we Mana yacu».


«Mu bana ba Israheli ushyire Abalevi ukwabo maze ubasukure.


Yohani ni ko guterura abwira bose ati «Jyewe mbabatirisha amazi, ariko haje undi undusha ububasha, sinkwiriye ndetse no gupfundura udushumi tw’inkweto ze; we azababatiriza muri Roho Mutagatifu n’umuriro.


Bavandimwe rero, mbinginze ku bw’impuhwe z’Imana: nimuture imibiri yanyu, ibe igitambo nyabuzima, gitagatifu kandi kinyuze Imana; ngiryo iyobokamana ryabava ku mutima.


yo kuba umugaragu wa Kristu mu mahanga, nkegurirwa umurimo w’Inkuru Nziza kugira ngo amahanga atagatifuzwe na Roho Mutagatifu, maze yakirweho ituro rinyuze Imana.


Kandi n’aho byaba ngombwa ko mena amaraso yanjye, akamishwa ku gitambo no ku ituro ry’ukwemera kwanyu, byanshimisha, kandi nasangira namwe mwese ibyo byishimo.


Ubu mfite ibya ngombwa byose, ndetse birarenze, byasendereye igihe Epaforoditi anshyikirije amaturo yanyu, yo mubavu mwiza n’igitambo kinyura Imana.


Naho jyewe, dore maze kumera nk’igitambo giseswa, n’amagingo y’ukwigendera kwanjye aregereje.


witanze kubera twebwe, kugira ngo aturokore ubugome bwose kandi yuhagire umuryango ugenewe kuba ubukonde bwe no kugira ishyaka ryo gukora icyiza cyose.


Bo baducyahaga by’igihe gito, uko babyumvaga; Imana Yo ibigirira ikidufitiye akamaro, igamije kutugeza ku butungane bwayo.


Uko zahabu bayiyungururisha umuriro, ni na ko bya bigeragezo bigenewe gusukura ukwemera kwanyu gutambukije kure agaciro iyo zahabu y’akanya gato, kugira ngo nikumara guhama, kuzabaheshe ibisingizo, ikuzo n’icyubahiro, igihe Yezu Kristu azaba yigaragaje.


bityo namwe mube nk’amabuye mazima, mwubakwemo ingoro ndengakamere, kugira ngo mube imbaga ntagatifu y’abaherezabitambo, mwitureho ibitambo ndengakamere bishimisha Imana ku bwa Yezu Kristu.


Naho mwebwe muri ubwoko bwatoranyijwe, imbaga y’abaherezabitambo ba cyami, ihanga ritagatifu, umuryango Imana yironkeye, kugira ngo mujye mwamamaza ibigwi by’Uwabahamagaye, abavana mu mwijima, akabinjiza mu rumuri rwe rw’agatangaza,


maze atugira ihanga rya cyami n’abaherezabitambo, kugira ngo dukorere Imana Se. Naharirwe rero ikuzo n’ububasha, uko ibihe bihora bisimburana iteka! Amen!


jye nkugiriye inama yo kumpahaho zahabu yayungurujwe umuriro kugira ngo wikungahaze, umpaheho n’imyambaro yererana kugira ngo wambare, maze ubwambure bwawe bwoye kugaragara; ugure n’umuti wo gusiga ku maso yawe, maze wongere ubone.


ukabagira ingoma n’abaherezagitambo b’Imana yacu, maze bakazima ingoma ku isi.»


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan