Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Luka 9:44 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

44 «Mwebweho mutege amatwi, mwumve ibyo ngiye kubabwira: dore Umwana w’umuntu agiye kugabizwa abantu.»

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

44 “Nimutegere amatwi aya magambo: Umwana w'umuntu agiye kuzagambanirwa, afatwe n'abantu.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

44 “Nimutege amatwi ibyo ngiye kubabwira. Dore Umwana w'umuntu agiye kuzagabizwa abantu.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

44 “Nimutege amatwi ibyo ngiye kubabwira. Dore Umwana w'umuntu agiye kuzagabizwa abantu.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Luka 9:44
26 Iomraidhean Croise  

uwo muntu rero, bikurikije umugambi udakuka w’Imana, amaze gutangwa, mwaramwishe mumubambisha ku musaraba amaboko y’abagome.


Yungamo avuga ko Umwana w’umuntu agomba kuzababara cyane, agacibwa n’abakuru b’umuryango, n’abatware b’abaherezabitambo, n’abigishamategeko, akicwa, kandi akazazuka ku munsi wa gatatu.


Ni yo mpamvu tugomba guhugukira cyane ibyo twumvise, niba tudashaka kugenda tuyobagurika.


Mariya we yashyinguraga mu mutima we ibyabaye byose, akabizirikana.


Yezu aramusubiza ati «Nta bubasha na buke wajyaga kungiraho, iyo utabihabwa no hejuru. Ni cyo gituma uwangambaniye ari we ufite icyaha kiruta icyawe.»


Ibyo mbibabwiye ngira ngo igihe cyabyo nikigera, muzibuke ko nababuriye. Sinabibabwiye ngitangira, kuko twari kumwe.


Nuko arababwira ati «Ibyo ni byo nababwiraga nkiri kumwe namwe, nti ’Ni ngombwa ko huzuzwa ibinyerekeyeho byose byanditswe mu mategeko ya Musa, mu bitabo by’Abahanuzi no muri Zaburi.’»


Nuko Yezu yihererana ba Cumi na babiri, arababwira ati «Dore tuzamutse tujya i Yeruzalemu, maze ibyanditswe n’abahanuzi byose byerekeye Umwana w’umuntu bizabe.


Nuko ajyana na bo i Nazareti, agahora abumvira. Nyina abika ibyo byose mu mutima we.


Ababyumvaga bose bakomezaga kubizirikana mu mitima, bibaza bati «Uyu mwana azamera ate, ko ububasha bwa Nyagasani buri kumwe na we?»


Yigishaga abigishwa be, ababwira ati «Umwana w’umuntu agiye gushyirwa mu maboko y’abantu, bakazamwica, ariko yamara gupfa, akazazuka ku munsi wa gatatu.»


Nuko atangira kubigisha ko Umwana w’umuntu agomba kuzababara cyane, agacibwa n’abakuru b’imiryango, n’abaherezabitambo bakuru, n’abigishamategeko, akicwa, ariko akazazuka nyuma y’iminsi itatu.


«Muzi ko Pasika izaba mu minsi ibiri, maze Umwana w’umuntu agatangwa kugira ngo abambwe ku musaraba.»


Kuva ubwo Yezu atangira kumenyesha abigishwa be ko agomba kujya i Yeruzalemu kuhababarizwa cyane n’abakuru b’imiryango, n’Abaherezabitambo bakuru, n’abigishamategeko, akicwa kandi akazazuka ku munsi wa gatatu.


Dawudi asubiza Gadi, ati «Ubu ndi mu makuba akomeye cyane . . . Reka tugwe mu biganza by’Uhoraho kuko ari umunyambabazi, aho kugira ngo ngwe mu biganza by’abantu!»


Yezu arabasubiza ati «Noneho muremeye?


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan