Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Luka 9:11 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

11 Ariko abantu benshi baza kuhamenya, baramukurikira. Yezu abakira neza, ababwira iby’Ingoma y’Imana, kandi akiza abari babikeneye.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

11 Abantu babimenye baramukurikira, arabākira avugana na bo iby'ubwami bw'Imana, n'abashaka gukizwa arabakiza.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

11 Imbaga y'abantu imenye ko yagiyeyo baramukurikira, Yezu arabakira ababwira iby'ubwami bw'Imana, kandi n'abarwayi arabakiza.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

11 Imbaga y'abantu imenye ko yagiyeyo baramukurikira, Yezu arabakira ababwira iby'ubwami bw'Imana, kandi n'abarwayi arabakiza.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Luka 9:11
21 Iomraidhean Croise  

Umwuka w’Uhoraho urantwikiriye, kuko Uhoraho yantoye akansiga amavuta; yanyohereje gushyira abakene inkuru nziza, komora abafite umutima wamenaguritse, gutangariza imbohe ko zibohowe, n’abapfukiranwaga ko bafunguwe,


Yezu abimenye, ava aho hantu. Abantu benshi baramukurikira, nuko arabakiza bose,


Amaze kwambuka, abona abantu benshi, abagirira impuhwe; akiza ibimuga byabo.


Ni uwuhe muri abo bombi wakoze icyo se yashatse?» Bati «Ni uwa mbere.» Nuko Yezu arababwira ati «Ndababwira ukuri: abasoresha n’abakobwa b’ibyomanzi bazabatanga mu Ngoma y’Imana.


Ni cyo gituma mbabwira nti ’Ingoma y’Imana muzayinyagwa, maze ihabwe ihanga rizayibyaza imbuto.’


abashonje yabagwirije ibintu, abakungu abasezerera amara masa;


Yezu aba ari we ubasubiza ati «Abazima si bo bakeneye umuvuzi, ahubwo ni abarwayi.


Nuko Yezu ashyira nzira, azenguruka imigi n’insisiro, yamamaza Inkuru Nziza y’Ingoma y’Imana. Ba Cumi na babiri bari kumwe na we.


Arabasubiza ati «Mwebweho mwahawe kumenya amabanga y’Ingoma y’Imana; naho abandi bakabwirwa mu migani, ’kugira ngo barebe boye kubona, bumve boye gusobanukirwa.’


Intumwa zihindukiye, zitekerereza Yezu ibyo zakoze byose. Nuko ajyana na zo, ajya ahantu hiherereye, ahagana ku mugi wa Betsayida.


Umunsi uciye ikibu, ba Cumi na babiri baramwegera, baramubwira bati «Sezerera aba bantu, bajye mu nsisiro no mu ngo ziri hafi aha, bashake icumbi n’icyo barya, kuko aha turi ari ku butayu.»


Abatuma kwamamaza Ingoma y’Imana no gukiza abarwayi.


Yezu arababwira ati «Ibyo kurya bintunga, ni ugukora icyo Uwantumye ashaka, no kurangiza umurimo we.


Uwo Data ampa wese angeraho, kandi uza ansanga sinzamujugunya hanze.


yamamaza Ingoma y’Imana kandi yigisha ibyerekeye Yezu Kristu nta nkomyi kandi ashize amanga.


Bakwiyambaza bate rero Uwo bataremera? Bakwemera bate se Uwo batarumva? Bamwumva bate ntawamwamamaje?


Bityo rero, ukwemera gushingira ku nyigisho, inyigisho na yo ku ijambo rya Kristu.


Kuko na Kristu atakoze icyamushimishaga gusa, nk’uko byanditswe ngo «Ibitutsi by’abagutukaga byanguyeho.»


amamaza ijambo, uryigishe igihe n’imburagihe, wumvishe ingingo, utote, ushishikaze, mu bwihangane butarambirwa, uharanira kujijura.


Nitwegerane rero ubwizere intebe ya Nyirineza, kugira ngo tugirirwe impuhwe, kandi duhabwe imbaraga zizadufasha igihe kigeze.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan