Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Luka 8:12 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

12 Abameze nk’imbuto zaguye iruhande rw’inzira ni abumva iryo jambo, hanyuma Sekibi akaza, akarikura mu mutima wabo, agira ngo batemera, bagakira.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

12 Izo mu nzira, abo ni bo bumva ijambo hanyuma Umwanzi akaza agakura ijambo mu mitima yabo, kugira ngo batizera ngo bakizwe.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

12 Imbuto zaguye ku nzira zigereranywa n'abantu bumva iryo Jambo, nyuma Satani akaza akarikura mu mitima yabo, kugira ngo bataryemera ngo bakizwe.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

12 Imbuto zaguye ku nzira zigereranywa n'abantu bumva iryo Jambo, nyuma Satani akaza akarikura mu mitima yabo, kugira ngo bataryemera ngo bakizwe.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Luka 8:12
13 Iomraidhean Croise  

Kubera ko banze kujijuka, ntibahitemo gutinya Uhoraho,


Jya wunguka ubuhanga, wunguke ubwenge; ntukabyirengagize, ngo uce ukubiri n’amagambo yanjye.


Ariko mwebwe, abimuye Uhoraho, mukibagirwa umusozi wanjye mutagatifu, mugategurira Gadi ameza, mugasukira Meni inkongoro yuzuye divayi y’imvange,


Umuntu wese wumva ijambo ry’Imana, ariko ntaryiteho, ameze nk’imbuto yabibwe iruhande rw’inzira: Sekibi araza akamukuramo icyari cyabibwe mu mutima we.


Nuko igihe abiba, imbuto zimwe zigwa iruhande rw’inzira, inyoni ziraza zirazirya.


Hari rero abari iruhande rw’inzira aho iryo Jambo ribibwa. Bamara kuryumva, ako kanya Sekibi akaza, akabakuramo iryo jambo ryababibwemo.


Dore rero icyo uwo mugani uvuga: imbuto ibibwa ni ijambo ry’Imana.


Abameze nk’imbuto zaguye mu mabuye, ni abumva iryo jambo bakaryakirana ibyishimo, nyamara ntiribacengeremo ngo ribashingemo imizi. Ni abemera by’akanya gato; ibishuko byaza, bagahita bacika intege.


«Umubibyi yavuye iwe ajya kubiba imbuto ye. Igihe abiba, imbuto zimwe zigwa iruhande rw’inzira; barazikandagira, n’inyoni zo mu kirere zirazirya zose.


Cya kiyoka nyamunini kirahananturwa: ya Nzoka ya kera na kare, ari yo bita «Sekibi na Sekinyoma», wa wundi uyobya isi yose. Nuko gihananturirwa ku isi hamwe n’Abamalayika bacyo.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan