Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Luka 7:8 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

8 Erega, n’ubwo ndi umuntu utegekwa, nanjye mfite abasirikare ntegeka. Iyo mbwiye umwe nti ’Genda’ aragenda; nabwira undi nti ’Ngwino’ akaza; nabwira n’umugaragu wanjye nti ’Kora iki’ akagikora.»

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

8 Kuko nanjye ndi umuntu utwarwa n'abandi, mfite n'abasirikare ntwara. Iyo mbwiye umwe nti ‘Genda’ aragenda, nabwira undi nti ‘Ngwino’ akaza, nabwira umugaragu wanjye nti ‘Kora iki’ akagikora.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

8 Erega nanjye ndi umuntu utegekwa, kandi mfite abasirikari ntegeka. Iyo mbwiye umwe muri bo nti ‘Genda’, aragenda, nabwira undi nti ‘Ngwino’, akaza, nabwira n'umugaragu wanjye nti ‘Kora iki’, akagikora.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

8 Erega nanjye ndi umuntu utegekwa, kandi mfite abasirikari ntegeka. Iyo mbwiye umwe muri bo nti ‘Genda’, aragenda, nabwira undi nti ‘Ngwino’, akaza, nabwira n'umugaragu wanjye nti ‘Kora iki’, akagikora.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Luka 7:8
12 Iomraidhean Croise  

Ni na cyo cyatumye ndatinyuka kugusanga; ahubwo vuga ijambo rimwe gusa, umugaragu wanjye arakira.


Yezu yumvise ayo magambo, aramutangarira cyane; ahindukirira abantu bari bamukurikiye, arababwira ati «Ndababwira ukuri: no muri Israheli nta kwemera gukomeye nk’uku nigeze mpabona.»


Pawulo ni ko guhamagara umwe mu bategeka b’abasirikare, aramubwira ati «Jyana uyu musore ku mugaba w’ingabo, kuko hari icyo ashaka kumumenyesha.»


Hanyuma ahamagara babiri mu bategeka b’abasirikare, arababwira ati «Nimutegure abasirikare magana abiri, abanyamafarasi mirongo irindwi, n’izindi ngabo magana abiri zitwaje amacumu, mwitegure guhaguruka saa tatu z’ijoro mujya i Kayizareya.


«Jyewe Kalawudiyo Liziya, kuri Nyakubahwa umutware Feligisi: ndakuramutsa.


Nuko abasirikare bakora uko bategetswe, bajyana Pawulo muri iryo joro, bamugeza Antipatiri.


Nuko ashinga umutegeka w’abasirikare kurinda Pawulo aho yari ari mu buroko, ariko ngo amureke yishyire yizane, kandi ngo ntabuze n’umwe mu be kumuha icyo akeneye.


Icyakora, nta kintu na kimwe cy’ukuri nabonye naheraho nandikira Kayizari ku bimwerekeyeho. Ni cyo gitumye muzana imbere yanyu, cyane cyane wowe, mwami Agripa, kugira ngo nimumara kumubaza mbonereho kugira icyo nandika.


Bagaragu, nimwumvire muri byose ba shobuja bo kuri iyi si, mudakorera ijisho, nk’aho ari abantu mushaka gushimisha, ahubwo mubigirane umutima utaryarya, mwubaha Nyagasani.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan