Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Luka 7:39 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

39 Umufarizayi wari wamutumiye, ngo abibone, aribwira ati «Uyu muntu, iyo aba umuhanuzi koko, aba yamenye uyu mugore umukora uwo ari we, n’icyo ari cyo: ko ari umunyabyaha.»

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

39 Uwo Mufarisayo wamurarits, abibonye aribwira ati “Uyu muntu iyo aba umuhanuzi, yajyaga kumenya uyu mugore umukozeho uwo ari we kandi uko ameze, ko ari umunyabyaha.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

39 Umufarizayi wari watumiye Yezu abonye ibyo, ni ko kwibwira ati: “Iyaba uyu muntu yari umuhanuzi koko, aba yamenye uriya mugore umukozeho uwo ari we n'icyo ari cyo, ko ari umunyabyaha.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

39 Umufarizayi wari watumiye Yezu abonye ibyo, ni ko kwibwira ati: “Iyaba uyu muntu yari umuhanuzi koko, aba yamenye uriya mugore umukozeho uwo ari we n'icyo ari cyo, ko ari umunyabyaha.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Luka 7:39
25 Iomraidhean Croise  

Gehazi, umugaragu wa Elisha umuntu w’Imana, aribwira ati «Databuja yagiriye ubuntu uriya Nahamani w’Umwaramu yanga kwakira amaturo amuhaye. Ndahiye Uhoraho, ndirutse mushyikire, maze agire icyo anyihera.»


kuko icyo atekereza ku mutima ari na ko agikora; arakubwira ati «Rya kandi unywe», ariko ntaba agushyizeho umutima!


Nuko bakavuga bati «Igirayo, ntunyegere, kuko wakurizaho gupfa!» Abo ni bo banyuka umwotsi mu mazuru, n’umuriro wabo ugurumana, ukiriza umunsi.


Nguko uko aba nyuma bazaba aba mbere, n’aba mbere bakazaba aba nyuma.»


Naho rubanda ngo «Uwo ni Umuhanuzi Yezu, wo kuri Nazareti, mu Galileya.»


Kuko mu mutima w’abantu ariho haturuka imigambi mibi: ubusambanyi, ubujura, ubwicanyi,


Aribaza ati ’Ndagira nte, ko ari nta ho mfite mpunika imyaka yanjye?’


Abafarizayi n’abigishamategeko batangira kwijujuta, bavuga bati «Uyu muntu ko yakira abanyabyaha akanasangira na bo!»


Nuko uwo munyabintu aribaza ati ’Nzabigenza nte ko databuja ankuye mu bintu bye? Guhinga? Sinabishobora. Gusabiriza? Binteye isoni.


Amwirengagiza igihe kirekire. Ageze aho, aribwira ati ’N’ubwo ndatinya Imana bwose, kandi singire uwo nubaha,


Noneho nimugaragaze imigenzereze ikwiranye n’ukwisubiraho nyako! Kandi ntimwitwaze ngo ’Abrahamu ni we mubyeyi wacu!’ Ndetse mbiberurire, aya mabuye muruzi, Imana ishobora kuyabyutsamo abana ba Abrahamu!


Bose ubwoba burabataha, basingiza Imana bavuga bati «Umuhanuzi ukomeye yaduturutsemo, kandi Imana yasuye umuryango wayo.»


Maze haza umugore wari ihabara mu mugi. Yari yamenye ko Yezu ari ku meza, mu nzu y’uwo Mufarizayi, aza afite urweso rurimo umubavu.


Nuko aturuka inyuma ya Yezu, yunama ku birenge bye arira. Amarira atonyangira ku birenge bya Yezu, abihanaguza imisatsi ye, agumya kubisoma, anabisiga umubavu.


Yezu araterura, aramubwira ati «Simoni, mfite icyo nkubwira.» Undi aravuga ati «Mbwira, Mwigisha.»


Umugore abwira Yezu ati «Nyakubahwa, mbonye ko uri umuhanuzi.


Rubanda bahwihwisaga byinshi bimwerekeyeho, bamwe bati «Ni umuntu mwiza», abandi bati «Oya, ahubwo arayobya rubanda.»


Abayahudi bongera guhamagara ubwa kabiri uwo muntu wahoze ari impumyi, baramubwira bati «Singiza Imana, twe tuzi ko uwo muntu ari umunyabyaha.»


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan