Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Luka 7:16 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

16 Bose ubwoba burabataha, basingiza Imana bavuga bati «Umuhanuzi ukomeye yaduturutsemo, kandi Imana yasuye umuryango wayo.»

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

16 Bose baterwa n'ubwoba bahimbaza Imana bati “Umuhanuzi ukomeye abonetse muri twe”, kandi bati “Imana igendereye ubwoko bwayo.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

16 Abari aho bose baratinya maze basingiza Imana bati: “Umuhanuzi ukomeye yabonetse muri twe”, kandi bati: “Imana yagendereye abantu bayo.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

16 Abari aho bose baratinya maze basingiza Imana bati: “Umuhanuzi ukomeye yabonetse muri twe”, kandi bati: “Imana yagendereye abantu bayo.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Luka 7:16
31 Iomraidhean Croise  

Ku nkiko z’isi baratangarira ibimenyetso werekana, ab’iburasirazuba n’iburengerazuba wabateye kuvuza impundu.


Nuko imbaga iremera; bamenya ko Uhoraho yasuye Abayisraheli, maze akabona amagorwa yabo. Nuko barapfukama, barasenga.


Izina rya Yeruzalemu rizaba izina ry’ibyishimo; izampesha icyubahiro n’ububengerane imbere y’amahanga yose y’isi. Igihe azamenya ibyiza byose ngiye gukorera Yuda na Israheli, azashya ubwoba, ahindagane kubera ibyo byiza byose n’amahoro nzabahundagazaho.


Nuko rubanda baratangara babonye ibiragi bivuga, ibimuga bikize, abacumbagira bagenda, impumyi zibona, maze basingiza Imana ya Israheli.


Naho rubanda ngo «Uwo ni Umuhanuzi Yezu, wo kuri Nazareti, mu Galileya.»


Ubwo abagore bava ku mva bafite ubwoba buvanze n’ibyishimo byinshi, bihutira kubwira abigishwa be iyo nkuru.


Rubanda babibonye, barakangarana; nuko basingiza Imana yahaye abantu ububasha bungana butyo.


Nuko ubwoba butaha abaturanyi babo bose, n’abo mu misozi yo mu Yudeya, bakwiza hose ibyabaye.


«Nihasingizwe Nyagasani, Imana ya Israheli, kuko yasuye umuryango we kandi akawukiza.


Bazakurimburana n’abana bawe bazaba bakurimo, kandi ntibazagusigira n’ibuye rigeretse ku rindi, kuko utamenye igihe Imana yakugendereyeho.»


Nuko abashumba bataha bakuza Imana kandi bayisingiza, babitewe n’ibyo bari babonye kandi bumvise bihuje n’uko bari babibwiwe.


Arababaza ati «Ni ibiki se?» Baramusubiza bati «Ni ibyabaye kuri Yezu w’i Nazareti, wari waragaragaje mu bikorwa no mu magambo ko ari umuhanuzi ukomeye imbere y’Imana n’imbere ya rubanda.


Nuko bose barumirwa, basingiza Imana, kandi barakangarana, bakavuga bati «Uyu munsi twabonye ibintu bitangaje!»


Simoni Petero abibonye, apfukama imbere ya Yezu, avuga ati «Igirayo, Nyagasani, kuko ndi umunyabyaha!»


Nuko uwari wapfuye areguka, aricara, atangira kuvuga. Yezu amusubiza nyina.


Umufarizayi wari wamutumiye, ngo abibone, aribwira ati «Uyu muntu, iyo aba umuhanuzi koko, aba yamenye uyu mugore umukora uwo ari we, n’icyo ari cyo: ko ari umunyabyaha.»


Nuko abaturage bose bo mu gihugu cy’Abanyageraza basaba Yezu ngo abavire aho, kuko bari bafite ubwoba bwinshi. Yezu yurira ubwato aragenda.


Barasubiza bati «Bamwe bavuga ko uri Yohani Batisita, abandi ngo uri Eliya, naho abandi ngo uri umwe mu bahanuzi ba kera wazutse.»


Na bo baramubaza bati «Bite se? Uzabe uri Eliya?» Arabasubiza ati «Sindi we.» — «Uzabe se uri wa Muhanuzi ugomba kuza?» Arabasubiza ati «Oya.»


Bongera kumubaza bati «None se ko ubatiza, kandi utari Kristu, ntube Eliya, ntube na wa Muhanuzi, ubiterwa n’iki?»


Umugore abwira Yezu ati «Nyakubahwa, mbonye ko uri umuhanuzi.


Abo bantu babonye ikimenyetso Yezu amaze gukora, baravuga bati «Koko ni ukuri, uyu ni wa Muhanuzi ugomba kuza mu isi.»


Barongera babwira impumyi bati «Wowe se, uwaguhumuye umuvugaho iki?» Arababwira ati «Ni umuhanuzi.»


Ananiya ngo yumve ayo magambo, yitura hasi, araca; maze ababyumvise bose bashya ubwoba.


Musa uwo, ni we wabwiye Abayisraheli ati ’Imana izababonera mu bavandimwe banyu umuhanuzi.’ umeze nkanjye


Nuko zigasingiza Imana kubera jye.


Uhoraho Imana yawe azitorera umuhanuzi umeze nkanjye, ukomoka muri mwe, mu bavandimwe bawe; azabe ari we mwumva.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan