Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Luka 7:12 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

12 Ngo agere hafi y’irembo ry’umugi, ahura n’abahetse umurambo bajya guhamba umuhungu w’ikinege, nyina akaba yari umupfakazi; kandi abantu benshi bo muri uwo mugi bari bamuherekeje.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

12 Ageze hafi y'irembo ry'umudugudu ahura n'abikoreye ikiriba. Uwari wapfuye yari umwana w'ikinege, kandi nyina yari umupfakazi, abantu benshi bo muri uwo mudugudu bari bamuherekeje.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

12 Ageze bugufi bw'irembo ry'umujyi, ahura n'abatwaye umurambo. Uwapfuye yari umuhungu w'ikinege, nyina akaba umupfakazi. Imbaga y'abantu benshi bo mu mujyi bari kumwe n'uwo mupfakazi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

12 Ageze bugufi bw'irembo ry'umujyi, ahura n'abatwaye umurambo. Uwapfuye yari umuhungu w'ikinege, nyina akaba umupfakazi. Imbaga y'abantu benshi bo mu mujyi bari kumwe n'uwo mupfakazi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Luka 7:12
20 Iomraidhean Croise  

Malayika w’Uhoraho ati «Ntukoze ukuboko kuri uwo mwana! Ntugire icyo umutwara, kuko ubu ngubu menye ko wubaha Imana, ukaba utanyimye umwana wawe w’ikinege.»


Imana iti «Fata umwana wawe, umwana wawe w’ikinege ukunda, Izaki; ujye mu karere ka Moriya. Nuhagera uzamutambeho igitambo gitwikwa, ku musozi nzakwereka.»


None rero, umuryango wose wahagurukiye umuja wawe, bariho baravuga bati ’Tanga uwo mwicanyi, bamuhore amaraso y’umuvandimwe we yishe’, kandi barimbure batyo uwo nageneye umurage. Uko ni ko bashaka kuzimya ikara nari nsigaranye, ngo badasigira umugabo wanjye izina cyangwa umukomokaho ku isi.»


Umugore aramusubiza ati «Ndahiye Uhoraho Nyir’ubuzima, Imana yawe! Nta ko mfite, usibye agafu ku rushyi nsigaranye kari mu kebo, n’utuvuta turi mu keso; nimara gutora udukwi ndataha nkavugemo umutsima, jyewe n’umwana wanjye, tuwurye, ahasigaye twipfire.»


Umugore abwira Eliya, ati «Mpfa iki nawe, muntu w’Imana? Ese wazanywe iwanjye no kwibutsa Imana icyaha cyanjye, ngo wicishe umwana wanjye?»


Eliya afata umwana, amukura mu nzu yo hejuru aramumanukana amuhereza nyina. Eliya aravuga ati «Dore umwana wawe, ni muzima.»


«Haguruka ujye i Sareputa y’i Sidoni, maze uhagume; hariyo umugore w’umupfakazi nategetse kujya aguha ibigutunga.»


Elisha aramubwira ati «Umwaka utaha nk’iki gihe, uzaba uhagatiye umwana w’umuhungu.» Umugore aramusubiza ati «Oya, shobuja muntu w’Imana, wibeshya umuja wawe!»


Umugaragu aramujyana, amushyikiriza nyina. Nyina aramukikira, ariko agejeje saa sita arapfa.


Abihebye bose bapfaga bandamya, n’umutima w’umupfakazi nkawuha kwishima.


Nzasendereza ku nzu ya Dawudi no ku muturage w’i Yeruzalemu, Umwuka mwiza kandi wiyoroshya, bityo bazandangamire. Naho uwo bahinguranyije, bazamugira mu cyunamo nk’umwana w’ikinege, bazamuririre cyane nk’abaririra umwana w’uburiza.


Yezu arakomeza ajya mu mugi witwa Nayini. Abigishwa be n’abandi benshi baramukurikira.


Nyagasani amubonye, amugirira impuhwe; aramubwira ati «Wirira.»


kuko umukobwa we wari ufite nk’imyaka cumi n’ibiri yendaga gupfa. Mu gihe aganayo, rubanda bamubyiganaho.


Bose baramuririraga, kandi bashavujwe na we. Yezu aravuga ati «Mwirira: umukobwa ntiyapfuye, ahubwo arasinziriye.»


Hari haje Abayahudi benshi kwa Marita na Mariya kubahoza urupfu rwa musaza wabo.


Petero ahaguruka uwo mwanya, ajyana na bo. Akihagera, bamujyana muri cya cyumba cyo mu nzu yo hejuru, abapfakazi bose bari bamukikije barira, bereka Petero amakanzu n’ibishura Doruka yadodaga akiri kumwe na bo.


Petero amuhereza ikiganza aramuhagurutsa; ni ko guhamagara abatagatifujwe n’abapfakazi, aramubereka ari mutaraga.


Iyobokamana risukuye kandi ritagira amakemwa mu maso y’Imana Data ni iri ngiri: ni ugusura imfubyi n’abapfakazi mu magorwa yabo, kwirinda ubwandu bwose bwo kuri iyi si, kugira ngo ube umuziranenge.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan