Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Luka 4:6 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

6 aramubwira ati «Nzaguha gutegeka biriya bihugu byose, nguhe n’ubukire bwabyo, kuko nabihawe kandi nkabigabira uwo nshatse.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

6 aramubwira ati “Ndaguha ubu butware bwose n'ikuzo ryabwo, kuko ari jye wabugabanye kandi mbugabira uwo nshaka wese.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

6 Aramubwira ati: “Ndaguha ubushobozi bwose kuri biriya bihugu n'icyubahiro cyabyo byose, kuko ari jye wabihawe nkaba mbigabira uwo nshatse.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

6 Aramubwira ati: “Ndaguha ubushobozi bwose kuri biriya bihugu n'icyubahiro cyabyo byose, kuko ari jye wabihawe nkaba mbigabira uwo nshatse.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Luka 4:6
15 Iomraidhean Croise  

Ni uhoraho, Umugaba w’ingabo, wabigambiriye, kugira ngo asuzugure ubwibone bw’abubahwaga, ahinyuze ibikomerezwa byose by’isi.


Nuko rero, ikuzimu hagiye kwasama bikabije, urwasaya rwaguke, hamire umunyacyubahiro na rubanda, bamanukaneyo n’umunezero wabo.


Wowe rero nundamya, biriya byose biraba ibyawe.»


Ubu igihe cyo gucira isi urubanza kirageze; ubu umutware w’iyi si agiye gusukwa hanze.


Sinkivuganye namwe byinshi, kuko umugenga w’iyi si aje.


Ubabyara koko ni Sekibi, none murashaka gukora ibyo so yifuza. Kuva mu ntangiriro yamye ari umwicanyi, kandi ntiyigeze aba mu kuri, kuko atigeze atunga ukuri. Igihe avuga ibinyoma, aba avuga ibiri ibye, kuko yamye ari umubeshyi, ndetse akaba na Sekinyoma.


Ibyo kandi ntibitangaje : Sekibi na yo yihinduramo umumalayika w’urumuri.


igihe mwakurikizaga imigenzo y’iyi si, n’Umugenga w’ibyo mu nsi y’ikirere, wa mwuka ukorera mu bagomera Imana . . .


Kuko Ibyanditswe bivuga ngo «Ikinyamubiri cyose ni nk’icyatsi, n’ikuzo ryacyo rikaba nk’iry’ururabyo rw’icyatsi: icyatsi kiruma, ururabyo rugahunguka;


Tuzi yuko turi ab’Imana, naho ab'isi bose bakagengwa na Sekibi.


Cya kiyoka nyamunini kirahananturwa: ya Nzoka ya kera na kare, ari yo bita «Sekibi na Sekinyoma», wa wundi uyobya isi yose. Nuko gihananturirwa ku isi hamwe n’Abamalayika bacyo.


Igikoko nabonaga cyasaga n’ingwe, amaguru yacyo ameze nk’ay’ikirura, n’urwasaya rwacyo ari nk’urw’intare. Nuko cya Gikoko gihabwa ububasha bwacyo, intebe yacyo n’ubutegetsi burambuye na cya Kiyoka.


Gihabwa kandi kurwanya abatagatifujwe no kubatsinda, gihabwa n’ububasha ku miryango yose, ibihugu byose, indimi zose n’amahanga yose.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan