Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Luka 3:7 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

7 Yohani yabwiraga abantu bamusangaga bagira ngo ababatize, ati «Mwa nyoko z’impiri mwe, ni nde wababwirije guhunga uburakari bwegereje?

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

7 Nuko abwira iteraniro ry'abantu benshi bari baje kubatizwa na we ati “Mwa bana b'incira mwe, ni nde wababuriye ngo muhunge umujinya uzatera?

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

7 Imbaga y'abantu yasangaga Yohani kugira ngo ababatize, maze akababwira ati: “Mwa rubyaro rw'impiri mwe, ni nde wabagiriye inama yo guhunga uburakari bw'Imana bwegereje?

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

7 Imbaga y'abantu yasangaga Yohani kugira ngo ababatize, maze akababwira ati: “Mwa rubyaro rw'impiri mwe, ni nde wabagiriye inama yo guhunga uburakari bw'Imana bwegereje?

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Luka 3:7
12 Iomraidhean Croise  

Nshyize inzigo hagati yawe n’umugore, hagati y’urubyaro rwawe n’urubyaro rwe; ruzakujanjagura umutwe, nawe urukomeretse ku gatsinsino.»


Baraturaga amagi y’inshira, bakabohekanya indodo z’igitagangurirwa; uriye ku magi yabo arapfa, igi rimenetse, rigahubukamo impiri.


Mwa nyoko mbi z’impiri mwe, mwashobora mute kuvuga amagambo meza kandi muri babi? N’ubundi akuzuye umutima gasesekara ku munwa!


Mwa nzoka mwe, mwa nyoko z’impiri mwe, muzarokoka mute igihano cy’umuriro w’iteka?


bakabatirizwa na we mu ruzi rwa Yorudani, babanje kwiyemeza ibyaha byabo mu ruhame.


Ubabyara koko ni Sekibi, none murashaka gukora ibyo so yifuza. Kuva mu ntangiriro yamye ari umwicanyi, kandi ntiyigeze aba mu kuri, kuko atigeze atunga ukuri. Igihe avuga ibinyoma, aba avuga ibiri ibye, kuko yamye ari umubeshyi, ndetse akaba na Sekinyoma.


maze aramubwira ati «Yewe muntu wuzuyemo uburiganya n’amahugu, mwana wa Sekinyoma, mwanzi w’icyitwa ubutungane cyose, uzahereza he gusiba amayira atunganye ya Nyagasani?


kandi mutegereze Umwana wayo Yezu yazuye mu bapfuye, We uzaza ava mu ijuru ngo adukize uburakari bugiye kuza.


Iryo sezerano n’iyo ndahiro bidakuka kandi bitarangwamo ubuhendanyi bw’Imana, ni byo shingiro ridahungabana ry’amizero yacu, twe abemeye guhara byose ngo tugere ku mizero twasezeranijwe.


Naho ukora icyaha, aba ari uwa Sekibi, kuko Sekibi ari umunyabyaha kuva mu ntangiriro. Ngicyo icyatumye Umwana w’Imana yigaragaza: ni ukugira ngo arimbure ibikorwa bya Sekibi.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan