Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Luka 23:2 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

2 Batangira kumurega bavuga bati «Twasanze uyu mugabo agandisha igihugu cyacu, akabuza gutanga umusoro wa Kayizari kandi akiyita Kristu Umwami.»

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

2 Batangira kumurega bati “Uyu twamubonye agandisha ubwoko bwacu, ababuza guha Kayisari umusoro, avuga kandi ko ari Kristo Umwami.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

2 Batangira kumurega bagira bati: “Twasanze uyu muntu agomesha rubanda, ababuza gutanga umusoro w'umwami w'i Roma, kandi yiyita Umwami Kristo.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

2 Batangira kumurega bagira bati: “Twasanze uyu muntu agomesha rubanda, ababuza gutanga umusoro w'umwami w'i Roma, kandi yiyita Umwami Kristo.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Luka 23:2
33 Iomraidhean Croise  

Akabu abonye Eliya aramubwira ati «Uratinyutse uraje, kandi ari wowe wateje ibi byago muri Israheli!»


Abashinjabinyoma bampagurukiye, barampata ibibazo ku bintu ntazi.


Muzahereza hehe kwiroha mwese ku muntu umwe, kugira ngo mumwese hasi, agwe nk’urukuta rwari rusanzwe ruhengamye, cyangwa nk’inkike yari isanzwe inyeganyega?


Numvise imigambi y’ubugome bwa rubanda, iterabwoba impande zose ngo «Nimumushinje, natwe tumushinje!» Abahoze ari incuti zanjye, bari barekereje ko nagwa, bati «Wenda ahari yashukika tukamubona uburyo, tukamwihimura.»


Nuko abo batware babwira umwami, bati «Uyu muntu akwiye kwicwa, kuko iyo avuga amagambo ameze atya, mu by’ukuri aba aca intege abantu bose, n’ingabo zisigaye muri uyu mugi. Koko kandi, uyu muntu nta bwo ashakira rubanda amahoro, ahubwo arabashakira amakuba!»


Amasiya, umuherezabitambo w’i Beteli, atuma kuri Yerobowamu, umwami wa Israheli, ati «Amosi ariho arakugambanira rwagati mu nzu ya Israheli; igihugu ntikigishoboye kwihanganira ibyo avuga.


Hanyuma, mu kwezi kumwe nkuraho abashumba batatu; ariko n’intama sinabasha kuzihanganira kandi na zo ziranzinukwa.


Nyamara, kugira ngo tudaha urugero rubi bariya bantu, jya ku nyanja urohe ururobo. Ifi ya mbere uri bufate, uyasamure; urayisangamo igiceri, ukijyane, maze ukibaheho ituro ryanjye n’iryawe.»


Bati «Ni ibya Kayizari.» Nuko Yezu arababwira ati «Ibya Kayizari, mubisubize Kayizari, n’iby’Imana, mubisubize Imana!»


Yezu ajyanwa imbere y’umutware mukuru w’igihugu. Umutware aramubaza ati «Ni wowe Mwami w’Abayahudi?» Yezu aravuga ati «Urabyivugiye.»


Yezu ni ko kubabwira ati «Ibya Kayizari mubisubize Kayizari, n’iby’Imana mubisubize Imana!» Ngo avuge atyo, baramutangarira cyane.


Nuko Pilato aramubaza ati «Mbese uri umwami w’Abayahudi?» Yezu aramusubiza ati «Urabyivugiye.»


Arababwira ati «Mwanzaniye uyu muntu muvuga ko agandisha rubanda. Namubarije imbere yanyu, sinagira icyaha musangana mu byo mumurega.


Bo rero bahatiriza bavuga bati «Agomesha abantu, ari na ko yigisha muri Yudeya yose, yatangiriye mu Galileya none ageze ino.»


Pilato arasohoka arabasanga, ati «Uyu muntu muramurega iki?»


Baramusubiza bati «Iyo ataba umugiranabi ntituba tumukuzaniye.»


Pilato yumvise ibyo, ashaka uko yamurekura, ariko Abayahudi batera hejuru, bati «Uramutse umurekuye, uraba utakibaye incuti ya Kayizari. Uwigira umwami wese, aba arwanya Kayizari.»


Aba bantu nta n’ubwo bashobora kubona ibimenyetso byemeza ibyo bandega ubu ngubu.


Uyu muntu twasanze ari icyorezo, acumba urugomo mu Bayahudi bo ku isi yose, kandi akaba n’umutware w’agatsiko kayobye k’Abanyanazareti.


Mujye muha buri muntu ikiri icye: uwo mugomba umusoro, mumuhe umusoro; uwo mugomba ihazabu, muyimuhe; ugomba gutinywa, mumutinye; ugomba kubahwa, mumwubahe.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan