Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Luka 20:10 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

10 Igihe cy’isarura kigeze, yohereza umugaragu kuri ba bahinzi, kugira ngo bamumuhere ku mbuto z’imizabibu. Ariko abo bahinzi baramuhondagura, bamwohereza amara masa.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

10 Igihe cyo gusarura imyaka gisohoye, atuma umugaragu kuri ba bahinzi ngo bamuhe ku mbuto z'imizabibu, ariko abahinzi baramukubita, baramwirukana agenda ubusa.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

10 Igihe kigeze atuma umugaragu kuri ba bahinzi, kugira ngo bamuhe icyatamurima ku mbuto z'imizabibu. Nuko abo bahinzi baramuhondagura bamwohereza amāra masa.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

10 Igihe kigeze atuma umugaragu kuri ba bahinzi, kugira ngo bamuhe icyatamurima ku mbuto z'imizabibu. Nuko abo bahinzi baramuhondagura bamwohereza amāra masa.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Luka 20:10
32 Iomraidhean Croise  

Sidikiyahu mwene Kenahana yigira hafi, akubita Mikayehu urushyi; aramubaza ati «Ni hehe umwuka w’Uhoraho wanyuze umvamo ngo uze kuvugana nawe?»


Nyamara Uhoraho yari yarihanangirije Israheli na Yuda, abivugishije abahanuzi be bose n’abandi bashishozi, agira ati «Nimureke ingeso mbi zanyu, mwubahirize amategeko n’amabwiriza yanjye nahaye abasekuruza banyu, namwe nkayabagezaho mbivugishije abagaragu banjye b’abahanuzi.»


Nuko Hanuni afata abagaragu ba Dawudi, abogosha ubwanwa, akeba imyambaro yabo guhera hasi kugera ku matako, maze arabasezerera.


Asa arakarira umushishozi aramufunga, kuko yari ababajwe n’ayo magambo. Muri icyo gihe Asa arenganya abantu benshi muri rubanda.


Nyamara bo barakwivumburiye, bakwivumbagatanyaho, amategeko yawe bayahigikira kure, bica abahanuzi bawe bababwirizaga kukugarukira, kandi bakora n’ibindi bibi byinshi, birakubabaza.


Warabihanije, imyaka ishira ari myinshi, ubamanuriraho umwuka wawe, urabihanangiriza, ndetse uboherereza n’abahanuzi, ariko bo banga kumva, maze worohera indi miryango yo mu bihugu, irabigabiza.


Ameze nk’igiti cyatewe iruhande rw’umugezi, kikera imbuto uko igihe kigeze, kandi amababi yacyo ntagire ubwo arabirana; uwo muntu ibyo akora byose biramuhira.


Abana banyu narabahannye, ariko biba iby’ubusa ntibumva. Inkota yanyu yatsembye abahanuzi, boshye intare kirimbuzi.


Pashuri akubita umuhanuzi Yeremiya, amubohera ku nkomanizo z’umuryango wa ruguru wa Benyamini, ari wo w’Ingoro y’Uhoraho.


Sinahwemye kubatumaho abagaragu banjye b’abahanuzi, ngira nti ’Buri wese nareke imyifatire ye mibi, muvugurure imikorere yanyu, maze mwoye kwiruka inyuma y’izindi mana ngo muzikorere, bityo muzaramba ku butaka nabahaye, mwebwe n’abasokuruza banyu!’ Ariko, ntimwanteze amatwi, ntimwanyumvise.


Ntibibwiye mu mutima, bati ’Reka twubahe Uhoraho Imana yacu, we uduha imvura iyo tuyikeneye, ari iy’umuhindo cyangwa iy’itumba, kandi akanatumenyera ibihe byagenewe isarura.’


Yeruzalemu, Yeruzalemu, wowe wica abahanuzi ugatera amabuye abagutumweho, ni kangahe nashatse kwegeranya abana bawe, nk’uko inkoko ibundikira abana bayo mu mababa, ariko wowe ukanga!


Arongera abatumaho undi mugaragu; uwo na we baramuhondagura, baramutukagura, maze bamwohereza amara masa.


Yezu abwira rubanda uyu mugani, ati «Umuntu yateye imizabibu mu murima we, awatira abahinzi, maze yigira mu rugendo ruzamara igihe.


Si mwe mwantoye, ahubwo ni jye wabatoye, maze mbashyiraho kugira ngo mugende, mwere imbuto, kandi imbuto yanyu igumeho; bityo icyo muzasaba Data cyose mu izina ryanjye, azakibahe.


Namwe rero, bavandimwe, mwarapfuye ku byerekeye amategeko mubikesheje umubiri wa Kristu ngo mube ab’undi, ari We wazutse mu bapfuye, kugira ngo turumbukire Imana imbuto.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan