Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Luka 2:34 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

34 Nuko Simewoni arabashima, maze abwira Mariya, nyina wa Yezu, ati «Dore uyu nguyu yashyiriweho kubera benshi muri Israheli impamvu yo korama cyangwa gukira, azaba n’ikimenyetso bazagiriraho impaka.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

34 Simiyoni abaha impundu abwira nyina Mariya ati “Dore uyu ashyiriweho kugira ngo benshi mu Bisirayeli bagwe, benshi babyuke, abe n'ikimenyetso kigīrwa impaka,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

34 Simeyoni abasabira umugisha kandi abwira Mariya nyina w'uwo mwana ati: “Dore uyu mwana azanywe no kugira ngo benshi mu Bisiraheli bagwe abandi babyuke. Imana izamugira intangamugabo benshi bazarwanya,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

34 Simeyoni abasabira umugisha kandi abwira Mariya nyina w'uwo mwana ati: “Dore uyu mwana azanywe no kugira ngo benshi mu Bisiraheli bagwe abandi babyuke. Imana izamugira intangamugabo benshi bazarwanya,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Luka 2:34
38 Iomraidhean Croise  

Asabira Abramu umugisha avuga ati «Abramu nagire umugisha w’Imana Isumbabyose yaremye ijuru n’isi!


Yozefu yinjiza se Yakobo, amushyikiriza Farawo; nuko Yakobo asuhuza Farawo.


Musa areba ibyakozwe byose, maze asanga barabitunganyije; babikora uko Uhoraho yari yarabitegetse. Nuko Musa abasabira umugisha.


Jyewe n’abana Uhoraho yampaye, turi ibimenyetso n’impanuro muri Israheli, biturutse kuri Uhoraho, Umugaba w’ingabo, utuye ku musozi wa Siyoni.


Efurayimu izavuga iti «Ndacyahuriye he n’ibigirwamana!» Ni koko ndayumva kandi nkayitaho, meze nk’umuzonobari utohagiye, ni jyewe ukesha umusaruro.


Naho Umwana w’umuntu aje arya kandi anywa, bati ’Ni igisambo, ni umusinzi, ni incuti y’abasoresha n’abanyabyaha!’ Nyamara ubuhanga bw’Imana bwagaragajwe n’ibikorwa byayo.»


Akibwira rubanda, nyina n’abavandimwe be baba bari hanze, bashaka kugira icyo bamubwira. (


Uzagwa kuri iryo buye, azamenagurika; kandi uwo rizagwira na we, rizamujanjagura.»


baramubwira bati «Mutegetsi, twibutse ko wa munyakinyoma akiriho yavuze ati ’Nzazuka iminsi itatu ishize!’


Nawe kandi inkota izakwahuranya umutima. Bityo ibitekerezo biri mu mitima ya benshi bigaragare.»


Koko rero ukora ibibi wese, yanga urumuri kandi ntarwegere, agira ngo ibyo akora bitagaragara.


Ayo magambo atuma Abayahudi barushaho gushaka impamvu yo kumwica, batamuziza gusa ko yicaga isabato, ahubwo bamuziza kandi ko yavugaga ko Imana ari Se, akiringaniza n’Imana.


Abayahudi rero, ngo babone icyo kivunge cy’abantu, bagira ishyari, ni ko guhinyura ibyo Pawulo yavugaga, babisebya.


Bababuze, bakurubana Yasoni n’abandi bavandimwe, babashyira abatware b’umugi, basakuza bati «Abo bantu bateye isi yose hejuru, none bageze hano Yasoni arabakira.


Uyu muntu twasanze ari icyorezo, acumba urugomo mu Bayahudi bo ku isi yose, kandi akaba n’umutware w’agatsiko kayobye k’Abanyanazareti.


Ariko rero, turashaka kumva icyo wowe ubwawe ubitekerezaho, kuko tuzi ko hose barwanya izo nyigisho z’ako gatsiko urimo.»


Abami b’isi barahagurutse n’abatware barakorana, kugira ngo barwanye Nyagasani n’Uwo yisigiye amavuta y’ubutore.’


Nuko ijambo ry’Imana rikomeza gukwira hose, umubare w’abigishwa urushaho kwiyongera i Yeruzalemu, ndetse n’abaherezabitambo benshi bayoboka ukwemera.


Ni ku mpamvu ki rero? Ni uko itashakiye ubutungane ku kwemera, ahubwo mu bikorwa. Batsitaye ku ibuye ry’ubutsikire


twebweho twamamaza Kristu wabambwe ku musaraba, bigashengura Abayahudi, kandi bikitwa ibisazi ku Bagereki.


Uwo Malekisedeki, Umwami w’i Salemu, umuherezabitambo w’Imana Isumba byose, ni we wasanganiye Abrahamu wari umaze gutsinda Abami, nuko amuvugiraho amagambo y’umugisha.


Nta we ushidikanya ko umuto ari we uhabwa umugisha n’umukuru.


Muzishime nibabatuka babaziza izina rya Kristu, kuko Roho nyir’ikuzo, ari na we Roho w’Imana, azaba ari kumwe namwe.


Heli yasabiraga umugisha Elikana n’umugore we, agira ati «Uhoraho araguhe urubyaro kuri uyu mugore, rugushumbushe uweguriwe Uhoraho!» Hanyuma bagasubira iwabo.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan