Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Luka 2:25 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

25 Icyo gihe, i Yeruzalemu hari umuntu witwaga Simewoni; yari intungane kandi yubaha Imana. Yari ategereje ihumure rya Israheli, kandi Roho Mutagatifu yari amurimo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

25 I Yerusalemu hariho umuntu witwaga Simiyoni. Uwo yari umukiranutsi witonda kandi yategerezaga Ihumure ry'Abisirayeli, Umwuka Wera yari muri we.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

25 I Yeruzalemu hari umuntu witwa Simeyoni, akaba umugabo utunganiye Imana kandi akayubaha. Yari ategereje Uzazanira Abisiraheli agakiza. Mwuka Muziranenge yari kumwe na we,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

25 I Yeruzalemu hari umuntu witwa Simeyoni, akaba umugabo utunganiye Imana kandi akayubaha. Yari ategereje Uzazanira Abisiraheli agakiza. Mwuka Muziranenge yari kumwe na we,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Luka 2:25
22 Iomraidhean Croise  

Dore rero amateka ya Nowa. Nowa yari umuntu w’intungane, ntiyari ameze nk’abo mu gihe cye, ahubwo yagendanaga n’Imana.


Habayeho umugabo mu gihugu cya Usi, akitwa Yobu; yari umuntu w’inyangamugayo n’umunyamurava, agatinya Imana, kandi akanga ikibi.


Uhoraho abwira Sekibi ati «Ese witegereje umugaragu wanjye Yobu? Nta wundi usa na we ku isi; ni umuntu w’inyangamugayo n’umunyamurava, atinya Imana, kandi yirinda ikibi.»


Uwo munsi bazavuga bati «Uhoraho ni we Mana yacu. Twaramwiringiye aratubohora, amizero yacu ari muri Uhoraho. Nitwishime, tunezerwe, kuko aducungura.»


Nimuhumurize umuryango wanjye, nimuwuhumurize — ni ko Imana ivuze —


— Mwana w’umuntu, bakumenyesheje ikiri cyiza, ari cyo Uhoraho agushakaho: nta kindi uretse kubahiriza ubutabera, gukunda ubudahemuka, no kugendana n’Imana yawe mu bwiyoroshye.


Uhoraho amanukira mu gacu, avugisha Musa. Agabanyaho muke ku mwuka wari muri Musa kugira ngo awuhe ba bakuru mirongo irindwi b’imiryango. Wa mwuka ubagezemo batangira guhanura ariko baza kurekeraho.


Musa aramusubiza ati «Waba se wabagiriye ishyari kubera jyewe? Iyaba Uhoraho yarasakaje umwuka we ku muryango we wose, maze bose bagahinduka abahanuzi!»


Yozefu w’i Arimatiya, umujyanama w’umunyacyubahiro, wari utegereje na we Ingoma y’Imana, ashirika ubwoba aza kwa Pilato, maze asaba umurambo wa Yezu.


Nuko Elizabeti yumvise indamutso ya Mariya, umwana atwite yisimbiza mu nda, maze Elizabeti yuzura Roho Mutagatifu.


Bombi bari intungane imbere y’Imana, bagakurikiza badatezuka amategeko n’amabwiriza yose ya Nyagasani.


Nuko se Zakariya yuzura Roho Mutagatifu, ahanura avuga ati


Nuko uwo mwanya na we arahagoboka, atangira gusingiza Imana, no gutekerereza iby’uwo mwana abari bategereje ugukira kwa Yeruzalemu.


We ntiyari yemeye imigambi mibi ya bagenzi be n’ibyo bari barakoze. Yakomokaga ahitwa Arimatiya, umugi wo muri Yudeya, kandi akaba yari ategereje kubona Ingoma y’Imana.


Yari umuntu wubaha kandi agatinya Imana, we n’urugo rwe rwose, akagirira ubuntu bwinshi rubanda kandi agasenga Imana ubudasiba.


Baramusubiza bati «Twatumwe n’umutegeka w’abasirikare witwa Koruneli, umuntu w’intungane, utinya Imana kandi agashimwa n’umuryango wose w’Abayahudi. Yabwiwe rero n’umumalayika mutagatifu kugutumira, kugira ngo yumve ibyo umubwira.»


Aho rero i Yeruzalemu habaga Abayahudi bubaha Imana, bari baraturutse mu mahanga yose ari mu nsi y’ijuru.


Ni cyo gituma nihatira ubudatuza kugira umutimanama udahinyuka imbere y’Imana n’imbere y’abantu.


Uhoraho Imana yawe azitorera umuhanuzi umeze nkanjye, ukomoka muri mwe, mu bavandimwe bawe; azabe ari we mwumva.


kuko nta buhanuzi nyakuri bwigeze buva ku bushake bwa muntu, ahubwo abavuze batyo ni abantu bayobowe na Roho Mutagatifu, batumwe n’Imana.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan