Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Luka 2:11 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

11 None, mu mugi wa Dawudi, mwavukishije Umukiza ari we Kristu Nyagasani.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

11 kuko uyu munsi Umukiza abavukiye mu murwa wa Dawidi, uzaba Kristo Umwami.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

11 Uyu munsi mu mujyi wa Dawidi havukiye Umukiza wanyu, ari we Kristo Nyagasani.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

11 Uyu munsi mu mujyi wa Dawidi havukiye Umukiza wanyu, ari we Kristo Nyagasani.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Luka 2:11
38 Iomraidhean Croise  

Nshyize inzigo hagati yawe n’umugore, hagati y’urubyaro rwawe n’urubyaro rwe; ruzakujanjagura umutwe, nawe urukomeretse ku gatsinsino.»


Inkoni y’ubwami ntizatirimuka mwa Yuda, n’inkoni y’ubutware ntizajya kure y’ibirenge bye, kugeza igihe Uwo igenewe azazira, Uwo amahanga azayoboka.


Abami b’isi bahagurukiye icyarimwe, n’abatware bishyira hamwe ngo barwanye Uhoraho n’Intore ye,


Hazaba ingoma irambye n’amahoro atagira iherezo, ku ntebe ya Dawudi n’ubwami bwe, azabishinga kandi abikomeze mu butungane n’ubutabera, ubu n’iteka ryose. Uhoraho Umugaba w’ingabo azabisohoza, kubera umwete we wuje urukundo.


Yakobo abyara Yozefu, umugabo wa Mariya ari we wabyaye Yezu witwa Kristu.


Azabyara umwana uzamwite Yezu, kuko ari we uzakiza umuryango we ibyaha byawo.»


Simoni Petero aramusubiza ati «Wowe uri Kristu, Umwana w’Imana Nzima!»


Hanyuma yihanangiriza abigishwa kutagira uwo babwira ko ari Kristu.


Mbikesha iki kugira ngo nyina w’Umutegetsi wanjye angenderere?


Yatugoboreye ububasha budukiza mu nzu ya Dawudi umugaragu we,


Byongeye Roho Mutagatifu yari yaramuhishuriye ko atazapfa atabonye Kristu wa Nyagasani.


Yozefu na we ava mu mugi wa Nazareti ho mu Galileya, ajya mu mugi wa Dawudi witwaga Betelehemu yo mu Yudeya, kuko yari uwo mu muryango wa Dawudi,


Aza guhura mbere na mwene nyina Simoni, aramubwira ati «Twabonye Kristu» (ari byo kuvuga Umukiza).


Filipo na we aza guhura na Natanayeli, aramubwira ati «Wa wundi wanditswe mu Mategeko ya Musa no mu Bahanuzi, twamubonye: ni Yezu w’i Nazareti, mwene Yozefu.»


Marita ati «Yego, Nyagasani, nemera ko uri Kristu Umwana w’Imana waje muri iyi si.»


Ibi byanditswe ari ukugira ngo mwemere ko Yezu ari Kristu, Umwana w’Imana, no kugira ngo nimumwemera mugire ubugingo mu izina rye.


Umugore abwira Yezu ati «Nzi ko Umukiza, ari we Kristu, agiye kuza; namara kuza azatwigisha byose.»


Babwira wa mugore, bati «Ntitucyemezwa n’ibyo watubwiye; natwe twamwiyumviye, kandi tumenye ko ari we Mucunguzi w’isi koko.»


Twe twaremeye, kandi tuzi ko uri Intungane y’Imana.»


Abandi bati «Ni Kristu.» Abandi na bo bati «Kristu azaturuke se mu Galileya?


Ubwo butumwa bwayo yabwoherereje Abayisraheli, ari bwo Inkuru Nziza y’amahoro bazaniwe na Yezu Kristu, Umutegetsi w’abantu bose.


Mu rubyaro rwe, nk’uko Imana yari yarabimusezeranyije, ni ho yakuye Yezu, Umukiza wa Israheli.


Yasobanuraga kandi akerekana ko Kristu yagombaga kubabara, akazuka mu bapfuye. Yungamo ndetse ati «Kristu ni uwo Yezu ndiho mbamenyesha.»


Nuko rero, inzu yose ya Israheli nimenye idashidikanya ko uwo Yezu mwabambye, Imana yamugize Umutegetsi n’Umukiza.»


Ni we Imana yakurishije ububasha bwayo ngo abe Umutegetsi n’Umukiza, kugira ngo aronkere Israheli ukwisubiraho n’ibabarirwa ry’ibyaha.


Muntu wa mbere wavuye mu gitaka ni umunyagitaka; Muntu wa kabiri, we, aturuka mu ijuru.


kandi indimi zose zamamaze ko Yezu Kristu ari We Nyagasani, biheshe Imana Se ikuzo.


Ndetse nsanga ko ibintu byose ari igihombo ubigereranije n’icyiza gisumba byose ari cyo kumenya Umwami wanjye Yezu Kristu. Kubera We nemeye guhara byose no kubyita umwanda, kugira ngo nunguke Kristu,


Bityo rero, nimukomeze mujye mbere muri Kristu Yezu Umwami wacu, mbese nk’uko mwamubwiwe;


Natwe twarabyitegereje, none turahamya ko Imana Data yohereje Umwana wayo kuba Umukiza w’isi.


Umuntu wese wemera ko Yezu ari Kristu, yabyawe n’Imana; kandi n’umuntu wese ukunda Imana Umubyeyi, akunda n’uwabyawe na Yo.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan