Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Luka 19:12 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

12 Nuko aravuga ati «Umuntu w’igikomangoma yagiye mu gihugu cya kure ajyanywe no kwimikwa, byarangira akagaruka.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

12 Nuko aravuga ati “Hariho umuntu w'imfura wazindukiye mu gihugu cya kure kwimikirwayo, yamara kwima akagaruka.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

12 Aravuga ati: “Habayeho umuntu w'impfura wagiye mu gihugu cya kure, kugira ngo yimikirweyo byarangira akagaruka.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

12 Aravuga ati: “Habayeho umuntu w'impfura wagiye mu gihugu cya kure, kugira ngo yimikirweyo byarangira akagaruka.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Luka 19:12
18 Iomraidhean Croise  

Ariko abahinzi babonye umwana we, barabwirana bati ’Dore uzamuzungura; nimuze tumwice, maze tuzazungure ibye!’


Yezu arabegera, arababwira ati «Nahawe ububasha bwose mu ijuru no ku isi.


Nuko Yezu atangira kubabwira mu migani, avuga ati «Umuntu yateye imizabibu mu murima we, ayikikizaho uruzitiro, acukuramo urwengero, yubakamo n’umunara w’abararirizi, awatira abahinzi, maze yigira mu rugendo.


Nuko Nyagasani Yezu amaze kubabwira atyo, ajyanwa mu ijuru, maze yicara iburyo bw’Imana.


Yezu abwira rubanda uyu mugani, ati «Umuntu yateye imizabibu mu murima we, awatira abahinzi, maze yigira mu rugendo ruzamara igihe.


Igihe akibaha umugisha, atandukana na bo ajyanwa mu ijuru.


Nuko Pilato aramubaza ati «Noneho rero uri umwami ?» Yezu aramusubiza ati «Urabyivugiye ko ndi umwami ! Cyakora icyo jyewe navukiye, kandi kikanzana ku isi, ni ukugira ngo mpamye ibyerekeye ukuri. Unyurwa n’ukuri wese, yumva icyo mvuga.»


kuko yashyizeho umunsi igomba gucira isi urubanza rutabera, ikoresheje umuntu yabigeneye, nk’uko yahaye bose icyemezo, umunsi imuzura mu bapfuye.»


Kuko agomba kwima ingoma kugeza ko azashyira abanzi be bose mu nsi y’ibirenge bye.


ni na ko Kristu yatuweho igitambo rimwe rizima kugira ngo avaneho ibyaha by’abantu batabarika, nyuma akazaza ubwa kabiri, bitagifite amahuriro n’icyaha, azaniye uburokorwe abamutegereje bose.


wazamutse mu ijuru, none akaba ari iburyo bw’Imana, akayobokwa n’Abamalayika, Abanyabutegetsi n’Abanyabubasha.


Nguyu araje rwagati mu bicu, maze icyitwa ijisho cyose kizamubone, ndetse n’abamuhinguranyije: imiryango yose y’isi izajya mu cyunamo ku mpamvu ye. Ni byo koko! Amen!


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan