Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Luka 18:7 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

7 Imana se ni Yo yarangarana intore zayo, ntizirengere kandi ziyitakambira amanywa n’ijoro?

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

7 Ubwo bibaye bityo, Imana se yo ntizarengera intore zayo ziyitakira ku manywa na nijoro? Mbese yazirangarana?

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

7 None se Imana yo yabura ite kurenganura abo yitoranyirije, bayitakambira ijoro n'amanywa? Mbese aho izatinda kubagoboka?

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

7 None se Imana yo yabura ite kurenganura abo yitoranyirije, bayitakambira ijoro n'amanywa? Mbese aho izatinda kubagoboka?

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Luka 18:7
31 Iomraidhean Croise  

Ni indirimbo iri muri zaburi z’abahungu ba Kore. Igenewe umuririmbisha. Ikaririmbwa bikiranya mu majwi anyuranamo . . . . Iri mu za Hemani, Umwezirahi.


Ariko Uhoraho aganje ubuziraherezo, ashinze intebe ye ngo ace imanza.


maze uburakari bwanjye bugurumane, mbamarire ku nkota, abagore banyu bapfakare, n’abana banyu babe imfubyi.


Yewe Yakobo, yewe Israheli, ni kuki wavuga uti «Inzira yanjye yihishe Uhoraho, Imana yayobewe ibyanjye !»


Gusa iby’iri bonekerwa bizaza mu gihe cyagenwe, ni bwo byose bizuzuzwa nta kabuza; n’aho ryatinda kandi uzaritegereze, kuko rizaza ku gihe cyaryo nta gihindutse!


Ndetse iyo minsi iyo itagerurwa, nta kizima cyajyaga kurokoka; ariko iyo minsi izagerurwa bigiriwe abatowe.


Koko hazaduka abiyita Kristu, haze n’abahanuzi b’ibinyoma; bazerekana ibimenyetso bikomeye, bakore n’ibitangaza, byayobya ndetse n’abatowe bibaye ibishoboka.


Niba rero, mwebwe n’ububi bwanyu, muzi guha abana banyu ibintu byiza, So uri mu ijuru azarushaho ate guha ibyiza abamusabye?


Niba rero, mwebwe n’ububi bwanyu, muzi guha abana banyu ibintu byiza, So uri mu ijuru azarushaho ate guha Roho Mutagatifu abamumusabye?»


hanyuma aba umupfakazi kugeza mu kigero cy’imyaka mirongo inani n’ine. Ntiyavaga mu Ngoro, agakorera Imana umunsi n’ijoro, asiba kurya kandi asenga.


Ibyo byose nibitangira kuba, muzubure umutwe mukomere kuko uburokorwe bwanyu buzaba bwegereje.»


Ni nde wagira icyo ashinja intore z’Imana? Ko Imana iziha kuba intungane.


Naho mwebwe, ntore z’Imana, mukaba abatagatifu bayo ikunda byimazeyo, nimugire umutima wuje impuhwe, ubugiraneza, ubwiyoroshye, ituze, n’ukwiyumanganya.


Ijoro n’amanywa, dusaba Imana, tukayinginga dukomeje, ngo iduhe kwongera kubonana, maze tubongerere ibyo mukibuze mu kwemera kwanyu.


Koko rero, biratunganye ko Imana isubiza amagorwa ku bayateye,


Naho umupfakazi nyakujya, wa wundi wasigaye wenyine, we yishyira mu maboko y’Imana, akibanda ku byo gusenga no kuzirikana iby’Imana ijoro n’umunsi.


Mpora nshimira Imana nkorera n’umutima ukeye, nk’uko abasokuruza banjye babigenjeje, kandi simpwema kuyambaza ijoro n’amanywa nkuzirikana.


Ni cyo gituma nihanganira byose mbigirira abo Imana yatoye, kugira ngo na bo babone umukiro uba muri Kristu Yezu, babone n’ikuzo rizahoraho iteka.


Jyewe Pawulo, umugaragu w’Imana n’intumwa ya Yezu Kristu igenewe kugeza intore z’Imana ku kwemera no ku bumenyi bw’ukuri guhuje n’ubusabaniramana,


Jyewe Petero, intumwa ya Yezu Kristu, kuri mwebwe ntore z’Imana, mwatatanijwe nk’abagenzi n’abasuhuke mu ntara ya Ponti, mu Bugalati, muri Kapadosiya, muri Aziya no muri Bitiniya,


None rero, Nyagasani ntatinze kurangiza isezerano rye, nk’uko bamwe biha kuvuga ko yatinze; mu by’ukuri ni mwebwe yihanganira, kuko adashaka ko hagira n’umwe worama, ahubwo ko bose bisubiraho, bakamugarukira.


Ishime juru, unezezwe n’uko uyu murwa uridutse. Mwishime namwe abatagatifujwe, intumwa n’abahanuzi, kuko Imana igihe iwuciriye urubanza, yagaragaje ityo ubutungane bwanyu.


Bavugaga mu ijwi riranguruye, bati «Nyagasani, Nyirubutagatifu na Nyirukuri, uzahereza he kudacira urubanza abatuye isi no guhorera amaraso bamennye?»


Ni yo mpamvu bahagaze imbere y’intebe y’ubwami y’Imana, bakayiha icyubahiro amanywa n’ijoro mu Ngoro yayo, maze Uwicaye ku ntebe y’ubwami, akazabugamisha mu ihema rye.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan