Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Luka 17:6 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

6 Nyagasani arabasubiza ati «Iyaba mwari mufite ukwemera kungana n’impeke y’ururo, mwabwiye iki giti cya boberi muti ’Randuka, ujye kwitera mu nyanja’, kikabumvira.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

6 Umwami ati “Mwagira kwizera kungana n'akabuto ka sinapi, mwabwira uyu mukuyu muti ‘Randuka uterwe mu nyanja’, na wo wabumvira.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

6 Na we ni ko kubabwira ati: “Muramutse mufite ukwizera nibura kungana urwara, mwabwira kiriya giti cy'iboberi muti: ‘Randuka uterwe mu kiyaga’, kikabumvira.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

6 Na we ni ko kubabwira ati: “Muramutse mufite ukwizera nibura kungana urwara, mwabwira kiriya giti cy'iboberi muti: ‘Randuka uterwe mu kiyaga’, kikabumvira.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Luka 17:6
13 Iomraidhean Croise  

Yezu ati «Ngwino.» Nuko Petero ava mu bwato agenda ku mazi asanga Yezu.


Arababwira ati «Ni uko mufite ukwemera guke. Koko ndababwira ukuri: iyo mugira ukwemera kungana n’impeke y’ururo, mwabwiye uyu musozi muti ’Va aha ngaha, ujye hariya’, ukahajya; kandi nta cyashobora kubananira.» (21 . . . )


Yezu arabasubiza ati «Ndababwira ukuri: iyaba mwari mufite ukwemera kudashidikanya, ntimwakora gusa ibyo maze kugirira iki giti cy’umutini, ahubwo mwabwira uriya musozi muti ’Vaho wirohe mu nyanja’, maze bikaba.


Bimeze nk’imbuto ya sinapisi ibibwa mu gitaka, ari ntoya kurusha imbuto zose ziba ku isi;


Yezu aramubwira ati «Ngo niba hari icyo ushobora . . . ? Erega byose bishobokera uwemera!»


Imeze nk’akabuto ka sinapisi umuntu yagiye gutera mu murima we, karakura kaba igiti, maze inyoni zo mu kirere ziza kwarika mu mashami yacyo.»


Ni ko se, ni nde muri mwe wagira umugaragu umuhingira cyangwa akamuragirira amatungo, yataha akamubwira ati ’Banguka uze ufungure’?


Arirukanka, abacaho maze yurira igiti cy’umuvumu, agira ngo abone Yezu wari ugiye kunyura aho.


Nyagasani amubonye, amugirira impuhwe; aramubwira ati «Wirira.»


abatuma kuri Nyagasani kumubaza bati «Mbese uri Wawundi ugomba kuza, cyangwa se dutegereze undi?»


N’aho nagira ingabire y’ubuhanuzi, ngahishurirwa amayobera yose n’ubumenyi bwose; n’aho nagira ukwemera guhambaye, kumwe gushyigura imisozi, ariko ndafite urukundo, nta cyo mba ndi cyo.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan