Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Luka 16:3 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

3 Nuko uwo munyabintu aribaza ati ’Nzabigenza nte ko databuja ankuye mu bintu bye? Guhinga? Sinabishobora. Gusabiriza? Binteye isoni.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

3 Icyo gisonga kirībwira kiti ‘Ko databuja ari bunyage ubutware bwanjye nkaba ntashobora guhinga, nkagira isoni zo gusabiriza, ndagira nte?

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

3 Uwo munyabintu aribaza ati: ‘Ubu se mbigenje nte ko databuja agiye kunyaga? Guhinga sinabishobora! Gusabiriza byantera isoni!

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

3 Uwo munyabintu aribaza ati: ‘Ubu se mbigenje nte ko databuja agiye kunyaga? Guhinga sinabishobora! Gusabiriza byantera isoni!

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Luka 16:3
26 Iomraidhean Croise  

Umunebwe agira irari rikamupfana ubusa, ariko icyo abanyamwete bifuje bakigeraho.


Inzira y’umunebwe ni nk’uruzitiro rw’amahwa, naho iy’abanyamwete ni umuhanda nyabagendwa.


Unebwa ku murimo we, aba ava inda imwe n’usenya.


Ubunebwe butera gusinzira ubuticura, kandi umunyamwete muke ahorana inzara.


Ku muhindo, umunebwe ntahinga, ku mwero, agashakashaka akabura icyo afata.


Niba umucakara ateteshejwe kuva mu bwana, amaherezo azigomeka.


Muzamera mute ku munsi w’irimburwa, ubwo umuhengeri uzaba uturutse iyo bigwa? Ni nde muzahungiraho kugira ngo abatabare, muzahisha hehe ubwo bukungu bwanyu?


abahanuzi barahanura ibinyoma, abaherezabitambo barishakira inyungu zabo; kandi umuryango wanjye ukabyishimira! Ariko se ubwo amaherezo azaba ayahe?


Ubwo se muzakora iki ku munsi w’ikoraniro, ari wo munsi mukuru w’Uhoraho?


Bugorobye, nyir’imizabibu abwira umuhingisha, ati ’Hamagara abakozi, ubahe igihembo cyabo, uhere ku baje nyuma, uheruke abaje mbere.’


Nuko bagera i Yeriko. Igihe agisohoka muri Yeriko, ari kumwe n’abigishwa be n’imbaga y’abantu benshi, umuntu w’impumyi witwaga Baritimeyo, mwene Timeyo, akaba yari yicaye iruhande rw’inzira asabiriza.


Aribaza ati ’Ndagira nte, ko ari nta ho mfite mpunika imyaka yanjye?’


Aramuhamagaza, aramubwira ati ’Ibyo numva bakuvugaho ni ibiki? Murikira ibyanjye kuko kuva ubu utazongera kumbera mu bintu.’


Hari n’umukene witwaga Lazaro wari waramazwe n’ibisebe, akarambarara ku muryango w’uwo mukungu.


Umukene rero aza gupfa, abamalayika bamushyikiriza Abrahamu; umukungu na we arapfa, baramuhamba.


Mbonye uko nzabigenza kugira ngo, nimara kuva mu bintu bye, nzabone abanyakira iwabo.’


Amwirengagiza igihe kirekire. Ageze aho, aribwira ati ’N’ubwo ndatinya Imana bwose, kandi singire uwo nubaha,


Bituma abaturanyi n’abandi bari barabonye asabiriza bavuga bati «Uriya si wa wundi wajyaga yirirwa yicaye asabiriza?»


Hakaba umuntu wavutse ari ikirema, buri munsi bakamuzana imbere y’umuryango w’Ingoro witwa «Uw’Uburanga», kugira ngo asabe imfashanyo abinjiraga mu Ngoro bose.


Ariko haguruka winjire mu mugi, bari bukubwire icyo ugomba gukora.»


None dusigaye twumva ko muri mwe harimo abandaraye, ntibagire icyo bakora, ahubwo bakivanga muri byose.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan