Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Luka 13:19 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

19 Imeze nk’akabuto ka sinapisi umuntu yagiye gutera mu murima we, karakura kaba igiti, maze inyoni zo mu kirere ziza kwarika mu mashami yacyo.»

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

19 Dore bugereranywa n'akabuto ka sinapi, umuntu yenze akakabiba mu murima we, kagakura kakaba igiti maze inyoni zo mu kirere zikarika ibyari mu mashami yacyo.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

19 Bumeze nk'akabuto kitwa sinapi umuntu yateye mu murima we, kakamera kagakura, kakangana n'igiti, inyoni zikaza zikarika mu mashami yacyo.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

19 Bumeze nk'akabuto kitwa sinapi umuntu yateye mu murima we, kakamera kagakura, kakangana n'igiti, inyoni zikaza zikarika mu mashami yacyo.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Luka 13:19
38 Iomraidhean Croise  

Uri umurima uzitiwe, uwanjye umbereye umugeni, uri isoko igipfundikiye n’iriba nagenewe.


Haguruka, muyaga wa ruguru, banguka, muyaga w’epfo! Huhera mu busitani bwanjye, maze imibavu yabwo itame. Uwo nkunda niyinjire ubusitani, yirire imbuto zabwo ziryoha ukwazo.


Uwo nkunda yamanutse agana mu busitani bwe, mu mirima y’ibiti bivamo imibavu, kuragira mu mirima no guca indabo z’amalisi.


Wowe utuye ubusitani, bagenzi bawe bateze ugutwi ijwi ryawe, ngusabye kurinyumvisha.


Ni nde wakwemera ibyo twebwe twumvise? Ni nde wahishuriwe ukuboko kwa Nyagasani?


Uhoraho yashatse kumujanjaguza imibabaro, kandi namara gutura ubuzima bwe ho impongano z’ibyaha, azabona abamukomokaho, azarambe, maze azuzuze atyo umugambi w’Uhoraho.


Uhoraho azakuyobora ubudahwema, azaguhaze mu gihe cy’amapfa, amagufa yawe ayakomeze. Uzamera nk’ubusitani buvomererwa, cyangwa se nk’isoko idudubiza kandi ikagira amazi adakama.


Uko ubutaka bumeza imbuto zabwo, n’ubusitani bugakuza icyo bwabibwemo, ni na ko Uhoraho azameza ubutungane n’ibisingizo, imbere y’amahanga yose.


Uhoraho yabwiye ijambo Yakobo, maze Israheli irita mu gutwi.


Bazaza batera indirimbo z’ibyishimo ku musozi wa Siyoni; bahadendeze basanga ibyiza by’Uhoraho: ingano, divayi nshyashya n’amavuta, amatungo magufi n’amaremare. Baziyumvamo ubuzima bushya nk’ubusitani buvomerewe neza, ntibazongera kunanirwa ukundi.


Inyoni zose zo mu kirere zarikaga mu mashami yayo, inyamaswa z’ishyamba zikabyarira mu nsi yayo, igicucu cyayo kikugamisha abantu batagira ingano.


Siyoni, ngaho hunga, wowe utuye i Babiloni!


Arababwira ati «Ni uko mufite ukwemera guke. Koko ndababwira ukuri: iyo mugira ukwemera kungana n’impeke y’ururo, mwabwiye uyu musozi muti ’Va aha ngaha, ujye hariya’, ukahajya; kandi nta cyashobora kubananira.» (21 . . . )


Arongera ati «Iby’Ingoma y’Imana twabigereranya n’iki, cyangwa se twabivuga mu wuhe mugani?


Nyagasani arabasubiza ati «Iyaba mwari mufite ukwemera kungana n’impeke y’ururo, mwabwiye iki giti cya boberi muti ’Randuka, ujye kwitera mu nyanja’, kikabumvira.


Nuko abemeye izo nyigisho barabatizwa, uwo munsi biyongeraho abantu bagera ku bihumbi bitatu.


Abamwumvaga basingiza Imana, maze baramubwira bati «Muvandimwe, urabona ibihumbi by’Abayahudi bemeye uko bingana, nyamara dore bose barakiziritse ku Mategeko ya Musa.


Nyamara abenshi mu bari bumvise izo nyigisho baremera, umubare wabo ugera nko ku bantu ibihumbi bitanu.


mu bubasha bw’ibimenyetso n’ibitangaza, no mu bubasha bwa Roho, kugira ngo amahanga yumvire Imana. Bityo uhereye i Yeruzalemu ukazenguruka ukagera muri Iliriya, nahakwije Inkuru Nziza ya Kristu.


Umumalayika wa karindwi na we avuza akarumbeti ke. Nuko amajwi yumvikanira mu ijuru, avuga aranguruye ati «Ingoma y’isi yeguriwe Umwami wacu na Kristu we; akazima ingoma uko ibihe bizahora bisimburana iteka.»


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan