Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Luka 13:15 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

15 Nyagasani aramusubiza ati «Mwa ndyarya mwe! Mbese buri muntu muri mwe, ku munsi w’isabato, ntakura ikimasa cyangwa indogobe ye mu kiraro, ngo ajye kuyuhira?

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

15 Umwami Yesu aramusubiza ati “Mwa ndyarya mwe, mbese umuntu wese muri mwe ntazitura inka ye cyangwa indogobe ye, ayikura mu kiraro ku isabato, akayijyana akayuhira?

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

15 Nyagasani Yezu aramusubiza ati: “Mwa ndyarya mwe, mbese buri wese muri mwe ntavana ikimasa cyangwa indogobe ye mu kirāro ku isabato, ngo ayijyane kuyuhira?

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

15 Nyagasani Yezu aramusubiza ati: “Mwa ndyarya mwe, mbese buri wese muri mwe ntavana ikimasa cyangwa indogobe ye mu kirāro ku isabato, ngo ayijyane kuyuhira?

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Luka 13:15
16 Iomraidhean Croise  

kugira ngo hatagira umugome utegeka, muri babandi bashaka koreka imbaga mu mutego.


Umunwa w’umugome urimbura mugenzi we, naho intungane zikarokorwa n’ubumenyi bwazo.


Kuko uwo munsi uzaba ari iherezo ry’abategetsi b’abagome, abashungerezi bagakozwa isoni, n’abashaka gukora nabi bose bakarimburwa.


Nimubihorere: ni impumyi zirandata izindi impumyi! Kandi iyo impumyi irandase indi mpumyi, zombi zigwa mu mwobo.»


Mwa ndyarya mwe! Izayi yabahanuyeho neza, igihe avuze ati


Nimwiyimbire, bigishamategeko n’Abafarizayi b’indyarya, mwe mutesha abantu irembo ry’Ingoma y’ijuru! Ubwanyu ntimwinjira, maze n’ababishaka ntimureke binjira. ()


Namwe ni uko mumeze: imbere y’abantu mwigira intungane, nyamara mu mutima haganje uburyarya n’ubugome.


Wa ndyarya we, banza ukure umugogo uri mu jisho ryawe, hanyuma uzabone neza, ushobore gutokora akatsi ko mu jisho rya mugenzi wawe.


Nuko abantu bageze ku bihumbi n’ibihumbi barakorana ndetse barabyigana. Yezu abanza kubwira abigishwa be ati «Mwirinde umusemburo w’Abafarizayi!» ashaka kuvuga uburyarya bwabo.


Arangije arababwira ati «Ni nde muri mwe utavana ako kanya umwana we waguye mu iriba, cyangwa ikimasa cye, kabone n’iyo haba ku munsi w’isabato?»


Washobora ute kubwira uwo muva inda imwe uti ’Muvandimwe, reka ngutokore akatsi kakuri mu jisho’, kandi ubwawe utareba umugogo uri mu jisho ryawe? Wa ndyarya we, banza ukure umugogo mu jisho ryawe, hanyuma uzabona neza, ushobore gutokora akatsi kari mu jisho ry’uwo muva inda imwe.


Nyagasani amubonye, amugirira impuhwe; aramubwira ati «Wirira.»


abatuma kuri Nyagasani kumubaza bati «Mbese uri Wawundi ugomba kuza, cyangwa se dutegereze undi?»


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan