Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Luka 12:4 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

4 Mwe ncuti zanjye, reka mbabwire: ntimugatinye abica umubiri, nyuma ntibagire ikindi bashobora kubatwara.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

4 “Kandi ndababwira mwebwe ncuti zanjye nti ‘Ntimugatinye abica umubiri, hanyuma ntibagire ikindi babatwara.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

4 “Ncuti zanjye, reka mbabwire: ntimugatinye abica umubiri ntibashobore kugira ikindi barenzaho.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

4 “Ncuti zanjye, reka mbabwire: ntimugatinye abica umubiri ntibashobore kugira ikindi barenzaho.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Luka 12:4
20 Iomraidhean Croise  

Gutinya abantu birimo umutego, naho uwiringira Uhoraho ntazahungabana.


Ninjiye mu busitani bwanjye, uwanjye umbereye umugeni, nasoromye imibavu yanjye n’ububani bwanjye, nariye ikinyagu cyanjye n’ubuki bwanjye, nanyoye divayi yanjye n’amata yanjye. Incuti, nimurye, munywe musinde urukundo!


Mu kanwa ke ni uburyohere busa, uko aremye wese atera kwifuza. Nguwo uwo nkunda, ngiyo incuti yanjye, bari ba Yeruzalemu.


Ariko wowe Israheli, mugaragu wanjye, Yakobo nihitiyemo, inkomoko ya Abrahamu, incuti yanjye,


Naho wowe kenyera ukomeze, uhaguruke maze ubamenyeshe ibyo ngutegetse kubabwira. Ntuzareke bagutera ubwoba, kuko nubugira ari wowe, nzagutera guhinda umushyitsi imbere yabo.


Ntugire umuntu utinya, humura turi kumwe, ndagutabara. Uwo ni Uhoraho ubivuze.»


Ubwo nyine bahungaga Abakalideya kuko babatinyaga, kubera Yishimayeli mwene Netaniya wari warishe Gedaliyahu mwene Ahikamu, wa wundi umwami w’i Babiloni yari yarahaye gutegeka igihugu.


Naho rero wowe, mwana w’umuntu, ntubatinye, ntuzaterwe ubwoba n’amagambo yabo nibakuvuguruza cyangwa se bakaguhinyura, kabone n’iyo wakwicara hejuru ya za manyenga. Witinya amagambo yabo cyangwa indoro yabo, kuko ari inyoko y’ibirara.


Ntimugatinye abica umubiri, ariko badashobora kwica ubugingo; ahubwo mutinye Ushobora kuroha ubuzima n’umubiri icyarimwe mu nyenga y’umuriro.


Nta wagira urukundo ruruta urw’umuntu uhara amagara ye kubera incuti ze.


Nyamara ku bwanjye, ndahamya ko amagara yanjye bwite nta cyo amariye; icya ngombwa ni ukurangiza isiganwa ryanjye n’umurimo Nyagasani Yezu yanshinze wo guhamya Inkuru Nziza y’ineza Imana ibagirira.


Ngo babone ukuntu Petero na Yohani bavuga bashize amanga, kandi bazi ko ari abantu batize, ahubwo ari rubanda rusanzwe, barumirwa. Baza kwibuka ko bagendanaga na Yezu;


Ababarwanya rero ntibakabatere ubwoba na busa; maze ibyo bizabumvishe ko bazorekwa, naho mwebwe mukazarokorwa mubikesha Imana.


maze hakarangira ijambo ry’Ibyanditswe rigira riti ’Nuko Abrahamu yemera Imana, bityo aba intungane’ kandi yitwa incuti y’Imana.»


N’iyo kandi mwagira icyo mubabazwaho ku mpamvu y’ubutungane, mwaba mugize amahirwe. Ntimugatinye ababatoteza, ngo muhagarike umutima;


Ntutinye ibigiye kukubabaza. Dore Sekibi agiye kujugunya mu buroko bamwe muri mwe kugira ngo abagerageze, maze muzagire amagorwa y’iminsi cumi. Urabe indahemuka kugeza ku rupfu, maze nzakwambike ikamba ry’ubugingo.’


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan