Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Luka 11:2 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

2 Nuko arababwira ati «Igihe musenga, mujye muvuga muti: Dawe, izina ryawe ryubahwe, Ubwami bwawe nibuze,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

2 Arababwira ati “Nimusenga mujye muvuga muti ‘Data wa twese, Izina ryawe ryubahwe, Ubwami bwawe buze.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

2 Arababwira ati: “Igihe musenga mujye muvuga muti: ‘Data, izina ryawe niryubahwe, ubwami bwawe nibuze.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

2 Arababwira ati: “Igihe musenga mujye muvuga muti: ‘Data, izina ryawe niryubahwe, ubwami bwawe nibuze.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Luka 11:2
45 Iomraidhean Croise  

uzumvire mu ijuru aho utuye, maze wubahirize ibyo umunyamahanga azaba yagusabye byose, kugira ngo amahanga yose y’isi azamenye izina ryawe, maze agutinye nk’uko umuryango wawe Israheli ubigenza, kandi bazamenye ko izina ryawe ryambarizwa muri iyi Ngoro nubatse.


None rero, wowe Uhoraho, Mana yacu, tugobotore mu nzara za Senakeribu, kugira ngo abami bose bo ku isi bamenye ko wowe Uhoraho ari wowe Mana wenyine!»


maze aravuga ati «Uhoraho, Mana y’abasokuruza bacu, mbese si wowe Mana yo mu ijuru kandi ukanategeka abami bose b’amahanga? Byose ubigengana imbaraga n’ububasha kandi nta n’umwe ushobora kukwigezaho.


Nimusingize Uhoraho, bamalayika be mwese, mwe ntwari z’indatwa, mwubahiriza ijambo rye, mukamwumvira ako kanya akivuga.


kuko impuhwe zawe zikabakaba ku ijuru, n’ubudahemuka bwawe bugatumbagira mu bicu.


Uhoraho ari mu Ngoro ye ntagatifu, Uhoraho afite intebe ye y’ubwami mu ijuru; ariko amaso ye ntayakura ku bantu, abasuzumisha indoro ye.


kuko ineza yawe ikabakaba ku ijuru, n’ubudahemuka bwawe bugatumbagira mu bicu.


Koko rero, imiruho myinshi itera kurota, n’amagambo menshi agakurura amazimwe.


Nyamara ariko, ni wowe Data! Kuko Abrahamu atatumenye, Israheli na we akaba atatuzi; Uhoraho, ni wowe Data n’Umucunguzi wacu. Ng’iryo izina ryawe, kuva kera kose.


Nzakuza izina ryanjye ry’ikirangirire mwandavurije muri ayo mahanga — uwo ni Nyagasani Uhoraho ubivuze — maze amahanga azamenye ko ndi Uhoraho, nimara kugaragariza muri mwe ubutungane bwanjye, babyirebera n’amaso yabo.


Israheli, garukira Uhoraho Imana yawe, kuko wayobejwe n’ibicumuro byawe.


Nuko Musa abwira Aroni, ati «Uhoraho yari yabivuze ukuri: ’Ubutungane bwanjye bugaragarira mu banyegera, kandi ngomba guherwa ikuzo imbere y’umuryango wose.’» Aroni araceceka, arumirwa.


Itungo rigufi cyangwa rirerire niriba ryararemaye cyangwa ryarazonzwe, ushobora kurituraho igitambo witangiye ku bushake bwawe. Ariko rero icyo gitambo nikiba ari icy’umuhigo wahize, iryo tungo ntirishobora kwemerwa.


kuko isi yose izasakarwamo n’ubumenyi bw’Uhoraho, nk’uko amazi asendera inyanja.


Umuntu wese uzanyemera mu maso y’abantu, nanjye nzamwemera imbere ya Data uri mu ijuru;


avuga ati «Nimwisubireho, kuko Ingoma y’ijuru yegereje!»


Urumuri rwanyu niruboneshereze rutyo abantu kugira ngo barebe ibyiza mukora, bakurizeho gusingiza So uri mu ijuru.


Umunsi umwe, Yezu yari ahantu asenga. Arangije, umwe mu bigishwa be aramubwira ati «Mwigisha, natwe dutoze gusenga nk’uko Yohani yabigenjereje abigishwa be.»


Mwebwe rero, batoni b’Imana muri i Roma, mwebwe abatagatifujwe no gutorwa n’Imana: nimugire ineza n’amahoro bituruka ku Mana Umubyeyi wacu, no kuri Nyagasani Yezu Kristu.


Kandi rero ntimwahawe roho y’ubucakara ibasubiza nanone mu bwoba, ahubwo mwahawe roho ibagira abana bishingiwe kibyeyi, igatuma dutera hejuru tuti «Abba! Data!»


tubifurije ineza n’amahoro biva ku Mana, Umubyeyi wacu, no kuri Nyagasani Yezu Kristu.


tubifurije ineza n’amahoro biva ku Mana, Umubyeyi wacu no kuri Nyagasani Yezu Kristu.


witangiye ibyaha byacu ngo aturokore iyi si mbi, akurikije ugushaka kw’Imana, ari Yo Umubyeyi wacu.


mbifurije ineza n’amahoro biva ku Mana, Umubyeyi wacu, no kuri Nyagasani Yezu Kristu.


tubifurije ineza n’amahoro biva ku Mana Umubyeyi wacu, no kuri Nyagasani Yezu Kristu.


Nihakuzwe Imana Umubyeyi wacu iteka ryose. Amen.


ku batagatifujwe b’i Kolosi, kuri mwebwe, bavandimwe b’indahemuka muri Kristu: tubifurije ineza n’amahoro biva ku Mana Umubyeyi wacu.


Jyewe Pawulo, na Silivani, na Timote kuri Kiliziya y’Abanyatesaloniki, yibumbiye ku Mana Data no kuri Nyagasani Yezu Kristu: tubifurije ineza n’amahoro.


Duhora twibuka ibikorwa byiza n’ukwemera kwanyu, n’imiruho muterwa n’urukundo rwanyu, n’ukuntu mwiringiye Umwami wacu Yezu Kristu mudatezuka imbere y’Imana Umubyeyi wacu.


Umwami wacu Yezu Kristu ubwe, hamwe n’Imana Umubyeyi wacu wadukunze, maze ku neza ye akaduha kwizera ihumure ritazashira,


Umumalayika wa karindwi na we avuza akarumbeti ke. Nuko amajwi yumvikanira mu ijuru, avuga aranguruye ati «Ingoma y’isi yeguriwe Umwami wacu na Kristu we; akazima ingoma uko ibihe bizahora bisimburana iteka.»


Ni nde utagutinya, Nyagasani, kandi ngo asingize izina ryawe ? Kuko ari wowe wenyine Nyirubutagatifu; amahanga yose azaza, maze apfukame imbere yawe, kubera ko ubucamanza bwawe bwigaragaje.»


Ndongera numva ibimeze nk’amajwi y’inteko nyamwinshi z’abantu, ameze nk’urusumo rw’amazi magari cyangwa umuhindagano w’inkuba zikaze, bavuga bati «Alleluya, kuko Nyagasani Imana yacu, Mushoborabyose, yagaragaje ingoma ye.


Mbona kandi intebe; abaje kuzicaraho bahabwa ububasha bwo guca imanza. Hanyuma mbona abishwe baciwe imitwe, bazize kuba abahamya ba Yezu n’ab’ijambo ry’Imana; mbona n’abanze gusenga Igikoko n’ishusho yacyo, kandi batigeze bashyirwaho ikimenyetso cyacyo ku gahanga no ku kiganza. Nuko bongera kuba bazima, maze bima ingoma hamwe na Kristu imyaka igihumbi.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan