Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Luka 10:16 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

16 Ubumva, ni jye aba yumva; ubahinyura, ni jye aba ahinyura, kandi umpinyuye aba ahinyuye n’Uwantumye.»

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

16 “Ubumvira ni jye aba yumviye, n'ubanga ni jye aba yanze, kandi unyanga aba yanze n'Uwantumye.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

16 Yezu yungamo ati: “Bigishwa banjye, umuntu wese ubumva ni jye aba yumvise, kandi ubamagana ni jye aba yamaganye, n'unyamagana aba yamaganye Uwantumye.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

16 Yezu yungamo ati: “Bigishwa banjye, umuntu wese ubumva ni jye aba yumvise, kandi ubamagana ni jye aba yamaganye, n'unyamagana aba yamaganye Uwantumye.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Luka 10:16
17 Iomraidhean Croise  

kandi mu gitondo muzabona ikuzo ry’Uhoraho, kuko yumvise umwijujuto wanyu mwitotombera Uhoraho. Twebwe se turi iki ngo mutwijujutire?»


Musa arongera ati «Iki kigoroba Uhoraho araza kubaha inyama zo kurya, n’ejo mu gitondo azabahe imigati ibahagije; kuko Uhoraho yumvise umwijujuto wanyu mumwijujutira! Naho se twebwe turi iki? Si twebwe mwijujutira, ahubwo ni Uhoraho ubwe.»


Umwana yubaha se, umugaragu akubaha shebuja. None se, niba ndi so, icyubahiro mumpa ni ikihe? Niba se ndi shobuja, igitinyiro kinkwiye kiri hehe? Uwo ni Uhoraho, Umugaba w’ingabo, ubibabwira, mwebwe baherezabitambo, musuzugura izina ryanjye. Murabaza muti «Izina ryawe twarisuzuguye dute?»


Uhoraho abwira Musa, ati «Uriya muryango uzansuzugura kugeza na ryari? Bazamburira icyizere kugeza ryari n’ibimenyetso byose nagiriye rwagati muri bo?


Abayisraheli bose bagarambira Musa na Aroni; maze imbaga ibabwirira icyarimwe iti «Iyaba twaraguye mu gihugu cya Misiri! Cyangwa se tugapfira muri ubu butayu!


Ubwo ni icyo cyatumye, wowe n’abantu bawe, mwishyira hamwe mukiterura kuri Uhoraho! Aroni se we ni muntu ki kugira ngo mumwijujuteho?»


Ubakiriye neza, ni jye aba yakiriye, n’unyakiriye aba yakiriye Uwantumye.


Uwakira neza umwana nk’uyu ari jye agirira, ni jye aba yakiriye.


«Umuntu wese wakira umwana nk’uyu nguyu, ari jye abigirira, ni jye aba yakiriye. Kandi unyakira wese, si jyewe aba yakiriye, ahubwo aba yakiriye Uwantumye.»


Arababwira ati «Umuntu wese wakira uyu mwana ari jye abigirira, ni jye aba yakiriye. Kandi uzanyakira wese, azaba yakiriye Uwantumye. Koko rero umuto muri mwe, ni we mukuru.»


Nuko Yezu arangurura ijwi ati «Unyemera si jye aba yemeye, ahubwo aba yemeye Uwantumye,


Ungaya kandi ntiyakire amagambo yanjye, afite umucamanza we: ijambo navuze ni ryo rizamucira urubanza ku munsi w’imperuka.


Ndababwira ukuri koko: uwakiriye uwo ntumye, ni jye aba yakiriye, kandi unyakiriye aba yakiriye Uwantumye.»


Ntiwashoboraga se kugumana isambu yawe ntuyigurishe, cyangwa n’aho umariye kuyigurisha, ntiwari kugumana ikiguzi cyayo uko ubishaka? Uwo mugambi waje ute mu mutima wawe? Si abantu wabeshye, ahubwo wabeshye Imana.»


Uwo muruho mwatewe n’umubiri wanjye, ntimwigeze muwuhungana ishozi cyangwa ngo muwuvumire ku gahera. Ahubwo mwanyakiriye nk’umumalayika w’Imana, nka Kristu Yezu ubwe.


Ni na yo mpamvu usuzugura aya mategeko, atari umuntu aba asuzuguye, ahubwo aba asuzuguye Imana yabashyizemo Roho Mutagatifu wayo.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan