Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Luka 1:8 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

8 Igihe rero Zakariya yariho akora imihango y’ubuherezabitambo imbere y’Imana, mu mwanya ugenewe icyiciro cye,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

8 Nuko ubwo Zakariya yari agikora umurimo w'ubutambyi imbere y'Imana, kuko umugabane we utahiwe n'igihe,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

8 Umunsi umwe Zakariya yakoraga imirimo y'ubutambyi imbere y'Imana, kuko icyiciro cy'abatambyi yabarwagamo cyari gitahiwe.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

8 Umunsi umwe Zakariya yakoraga imirimo y'ubutambyi imbere y'Imana, kuko icyiciro cy'abatambyi yabarwagamo cyari gitahiwe.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Luka 1:8
16 Iomraidhean Croise  

Uko ni ko imitwe y’abalevi yagabanyijwe kugira ngo binjire mu Ngoro y’Uhoraho hakurikijwe itegeko ryatanzwe na sekuru wabo Aroni, nk’uko yabitegetswe n’Uhoraho, Imana ya Israheli.


Nadabu na Abihu bapfuye bucike mbere ya se; imirimo y’ubuherezabitambo ikorwa na Eleyazari na Itamari.


Koko rero abalevi basize amasambu yabo n’ibyabo byose bajya muri Yuda n’i Yeruzalemu, kuko Yerobowamu n’abahungu be bari bababujije gutunganya umurimo wabo w’ubuherezabitambo bw’Uhoraho.


Naho bene Aroni b’abaherezabitambo batuye mu masambu yabo muri buri mugi, dore uko babagenzerezaga: muri buri mugi hari abantu bavuzwe mu mazina yabo kugira ngo umuherezabitambo wese wabaruriwe muri bene Levi b’igitsinagabo, bajye bamuha umugabane umukwiye.


Hezekiya ashyiraho imitwe y’abaherezabitambo n’abalevi kugira ngo buri wese, akurikije icyiciro arimo, yaba umuherezabitambo cyangwa se umulevi, ajye atura ibitambo bitwikwa n’iby’ubuhoro, asingiza Uhoraho, amushimira kandi amukorera imbere mu kibuga cy’Ingoro ye.


Akurikije icyemezo cya se Dawudi, ashyiraho imitwe y’abaherezabitambo mu mirimo yabo, ashyiraho abalevi kugira ngo bahimbaze Uhoraho, kandi batunganye buri munsi, imirimo yabo imbere y’abaherezabitambo; ashyira n’abarinzi b’inzugi kuri buri rugi uko imitwe yabo yari imeze, kuko iryo ryari itegeko rya Dawudi, umuntu w’Imana.


Bashyiraho abaherezabitambo bakurikije amazu bakomokamo, n’abalevi bakurikije imitwe yabo, ngo bajye basimburana mu gukorera Imana i Yeruzalemu, nk’uko byanditswe mu gitabo cya Musa.


Ikindi kandi, wigize hafi yawe Aroni umuvandimwe wawe, kugira ngo abe umuherezabitambo wanjye; unahamagare mu Bayisraheli abahungu ba Aroni, ari bo Nadabu, Abihu, Eleyazari na Itamari.


Iyo myambaro yose uzayambike Aroni umuvandimwe wawe, hamwe n’abahungu be. Uzabasige amavuta, maze ubahe ububasha bwo gutunganya imihango mitagatifu; uzabanyegurira, babe abaherezabitambo banjye.


Dore uko uzagenza kugira ngo ubahindure abaherezabitambo banjye banyeguriwe. Uzende ikimasa n’amasekurume abiri y’intama atagira inenge;


Nzatagatifuza ihema ry’ibonaniro n’urutambiro, ntagatifuze kandi Aroni n’abahungu be ngo begukire ubuherezabitambo bwanjye.


Uzabakindikirishe umukandara, ubambike n’ingofero zibahesha icyubahiro. Nuko ubuherezabitambo buzababere umurage w’umwihariko, ku bw’itegeko ridakuka. Nguko rero uko uzegurira Aroni n’abahungu be umurimo bashinzwe.


Uzasige Aroni n’abahungu be, maze ubatagatifuze ngo begukire ubuherezabitambo bwanjye.


Wowe n’abahungu bawe muzakora imirimo y’ubuherezabitambo, ari iyo ku rutambiro cyangwa iy’inyuma y’umubambiko; kandi muzayitunganye neza. Mbahaye kuba abaherezabitambo, ni wo murimo mbashinze. Utari uwo muri mwe uzabyivangamo azicwe.


Ku ngoma ya Herodi, umwami wa Yudeya, hari umuherezabitambo wo mu cyiciro cya Abiya, akitwa Zakariya, n’umugore we akaba uwo mu muryango wa Aroni, akitwa Elizabeti.


Ariko nta mwana bari bafite, kuko Elizabeti yari ingumba; byongeye bombi bari bageze mu zabukuru.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan