Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Luka 1:7 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

7 Ariko nta mwana bari bafite, kuko Elizabeti yari ingumba; byongeye bombi bari bageze mu zabukuru.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

7 Ariko ntibagiraga umwana kuko Elizabeti yari ingumba, kandi bombi bari bageze mu za bukuru.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

7 Icyakora nta mwana bagiraga kubera ko Elizabeti yari ingumba, kandi bombi bari bageze mu zabukuru.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

7 Icyakora nta mwana bagiraga kubera ko Elizabeti yari ingumba, kandi bombi bari bageze mu zabukuru.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Luka 1:7
16 Iomraidhean Croise  

Abrahamu yubika umutwe hasi, araturika araseka. Aribwira ati «Mbese hari umwana wavuka ku musaza w’imyaka ijana? Na Sara ufite imyaka mirongo urwenda, yashobora kubyara?»


Abrahamu na Sara bari bashaje cyane, kandi Sara yari yararetse kugira ibyo abandi bagore bagira.


Izaki yambaza Uhoraho kuko umugore we yari ingumba. Uhoraho aramwumva, Rebeka asama inda.


Rasheli abonye ko atabyariye Yakobo, agirira mukuru we ishyari; abwira Yakobo ati «Mpa kubyara, nibyanga mpfe!»


Umwami Dawudi yari ashaje, ageze mu zabukuru; bamworosaga imyenda ariko ntashobore gususuruka.


Elisha abaza umugaragu we, ati «Twamukorera iki?» Gehazi aramusubiza ati «Dore nta mwana agira kandi umugabo we arashaje.»


Ku ngoma ya Herodi, umwami wa Yudeya, hari umuherezabitambo wo mu cyiciro cya Abiya, akitwa Zakariya, n’umugore we akaba uwo mu muryango wa Aroni, akitwa Elizabeti.


Bombi bari intungane imbere y’Imana, bagakurikiza badatezuka amategeko n’amabwiriza yose ya Nyagasani.


Igihe rero Zakariya yariho akora imihango y’ubuherezabitambo imbere y’Imana, mu mwanya ugenewe icyiciro cye,


Ntiyigeze acogora mu kwemera areba umubiri we washaje — yakabakabaga imyaka ijana — n’inda ya Sara yumiranye, kuko urupfu rwari rwarabatashye bombi.


Ukwemera kwatumye na Sara, wari ugeze mu zabukuru, ahabwa ubushobozi bwo gusama inda, kuko yari yizeye ubudahemuka bw’Uwabagiriye amasezerano.


Yari afite abagore babiri: umwe akitwa Ana, undi akitwa Penina. Penina yari afite abana, naho Ana nta bo agira.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan