Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Luka 1:6 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

6 Bombi bari intungane imbere y’Imana, bagakurikiza badatezuka amategeko n’amabwiriza yose ya Nyagasani.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

6 Bombi bari abakiranutsi imbere y'Imana, bagendera mu mategeko n'imihango by'Umwami Imana bose ari inyangamugayo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

6 Bombi bari abantu batunganiye Imana, kandi bagakurikiza amategeko n'amabwiriza yose ya Nyagasani nta makemwa.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

6 Bombi bari abantu batunganiye Imana, kandi bagakurikiza amategeko n'amabwiriza yose ya Nyagasani nta makemwa.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Luka 1:6
33 Iomraidhean Croise  

Nuko ageze mu kigero cy’imyaka mirongo urwenda n’icyenda, Uhoraho aramubonekera, aramubwira ati «Ni jye Mana Nyir’ ububasha. Ukurikire inzira zanjye ube intungane.


Dore rero amateka ya Nowa. Nowa yari umuntu w’intungane, ntiyari ameze nk’abo mu gihe cye, ahubwo yagendanaga n’Imana.


Uhoraho abwira Nowa, ati «Injira mu bwato, wowe n’inzu yawe yose, kuko mu bantu b’iki gihe nasanze intungane mu maso yanjye ari wowe gusa.


bitewe n’uko Dawudi yakoraga ibitunganiye amaso y’Uhoraho, ntiyateshuka ku byo Uhoraho yamutegetse gukora, keretse mu bya Uriya w’Umuhiti.


Naho wowe, nugenda imbere yanjye nka so Dawudi, ukagira umutima uzira amakemwa kandi utunganye, ugakora ibyo nagutegetse byose, ukitondera amategeko yanjye n’imigenzo yanjye,


«Ndagusabye, Uhoraho, ibuka ko nagenze imbere yawe nta buryarya kandi n’umutima utunganye, ngakora ibigushimishije.» Nuko Hezekiya asuka amarira menshi cyane.


Ahubwo yita ku Uhoraho Imana ya se, agendera mu mategeko ye adakurikije imigenzereze y’Abayisraheli.


Habayeho umugabo mu gihugu cya Usi, akitwa Yobu; yari umuntu w’inyangamugayo n’umunyamurava, agatinya Imana, kandi akanga ikibi.


Uhoraho abwira Sekibi ati «Ese witegereje umugaragu wanjye Yobu? Nta wundi usa na we ku isi; ni umuntu w’inyangamugayo n’umunyamurava, atinya Imana, kandi yirinda ikibi.»


«Nzi neza ko ari uko bigenda, none se umuntu yatsinda Imana ate?


Ubwo rero sinzagira isoni zo kurangamira amategeko yawe yose.


Ariko nta mwana bari bafite, kuko Elizabeti yari ingumba; byongeye bombi bari bageze mu zabukuru.


Yezu arababwira ati «Mukunda kwigira intugane mu maso y’abantu, ariko Imana izi imitima yanyu. Koko icyo abantu baha agaciro, ni cyo kiba kigayitse mu maso y’Imana.


Icyo gihe, i Yeruzalemu hari umuntu witwaga Simewoni; yari intungane kandi yubaha Imana. Yari ategereje ihumure rya Israheli, kandi Roho Mutagatifu yari amurimo.


Koko kandi, Dawudi yavuze ibimwerekeyeho ati ’Narebaga Nyagasani imbere yanjye ubudahwema, kuko ari iburyo bwanjye kugira ngo ntadandabirana.


Pawulo ahanga amaso Inama nkuru, ni ko guterura ati «Bavandimwe, kugeza uyu munsi ndumva nta kibi mfite ku mutima.»


Ni cyo gituma nihatira ubudatuza kugira umutimanama udahinyuka imbere y’Imana n’imbere y’abantu.


Nta mugabane, nta n’umurage ufite muri ibi, kuko umutima wawe udatunganiye Imana.


kugira ngo ubutungane bushakwa n’amategeko budusenderezwemo, twebwe abatagengwa n’ibitekerezo by’umubiri ahubwo na roho.


Ndabashimira ko muhora munyibuka, kandi mu budahemuka mukikomezamo ibyo nababwirije byose.


Dore ishema ryacu aho rishingiye: ni uko umutimanama wacu utwizeza ko twabayeho kuri iyi si, cyane cyane muri mwe, mu bwiyoroshye no mu butaryarya biva ku Mana, tudakurikije ubwenge bw’abantu, ahubwo tuyobowe n’ineza y’Imana.


Murajye muhora mugenda mu nzira Uhoraho Imana yanyu yababwirije, kugira ngo muzakomeze kubaho, muzahirwe kandi murambe mu gihugu mugiye kwigarurira.


kugira ngo mube indakemwa n’indahinyuka, mube n’abana b’Imana bazira inenge rwagati mu bantu b’indyarya kandi bararutse, mukamurika muri bo nk’inyenyeri mu kirere,


none ubu ngubu yabahaye kwigorora na Yo, mubikesha Umwana wayo watanze umubiri we akabapfira, kugira ngo mube abatagatifu, nta mwanda kandi nta makemwa, imbere yayo.


Nyagasani nakomeze imitima yanyu, igume mu butungane budahinyuka imbere y’Imana Umubyeyi wacu, kugeza igihe Umwami wacu Yezu azaza ashagawe n’abatagatifu be bose.


Ni yo mpamvu, nkoramutima zanjye, mu gihe mugitegereje ibyo, mugomba gukora uko mushoboye kose kugira ngo Nyagasani azabasange mu mahoro, muri abaziranenge n’inyangamugayo.


Niba muzi ko Kristu ari intungane, nimunamenye ko umuntu wese ukora ibitunganye aba akomoka kuri We.


Dore icyo tumenyeraho ko tumuzi: ni uko dukurikiza amategeko ye.


Twana twanjye, ntihakagire ubayobya. Umuntu ukora ibitunganye aba ari intungane, nk’uko Yezu ari intungane.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan