Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Luka 1:51 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

51 Yagaragaje ububasha bw’amaboko ye, atatanya abantu birata;

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

51 Yerekanishije imbaraga ukuboko kwe, Atatanije abibone mu byo batekereza mu mitima yabo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

51 Yarambuye ukuboko akora iby'imbaraga, yatatanyije abirasi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

51 Yarambuye ukuboko akora iby'imbaraga, yatatanyije abirasi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Luka 1:51
32 Iomraidhean Croise  

Nuko Uhoraho abakura aho abanyanyagiza ku isi hose, ibyo kubaka wa mugi barabireka.


Uhoraho arareba asanga ububi bw’abantu bwakwiriye ku isi; ibitekerezo by’umutima wabo nta bindi bitari ubugizi bwa nabi.


Uhoraho ahumurirwa n’umwuka ugusha neza w’ibitambo. Nuko aribwira ati «Sinzongera kuvuma ubutaka ukundi ku mpamvu y’umuntu. N’ubwo kuva mu bwana bwe nta kindi umutima we urarikira uretse ikibi, sinzongera kwica ibifite ubugingo nk’uko nabigenje.


Impundu z’ibyishimo n’iz’ubutsinzi, nizihore zivuga mu ngo z’ab’intungane, baririmbe bati «Indyo y’Uhoraho yagaragaje ibigwi!


Uhoraho yaburijemo imigambi y’amahanga, ibitekerezo by’imiryango abihindura ubusa.


bati «Dore wa muntu wiyise intwari, akanga ko Imana imubera ubuhungiro butavogerwa, ahubwo akiringira ubukungu bwinshi yari afite, akiratana ibikorwa by’ubugome bwe!»


Koko nzahora ngusingiza igihe cyose nkiriho, izina ryawe nditegere amaboko nkwiyambaza.


Ni wowe uhosha ubwivumbagatanye bw’inyanja, ugacubya imivumba yayo yatutumbye.


Amajyaruguru n’amajyepfo, ni wowe wabiremye, Taboru na Herimoni birasingiza izina ryawe.


Zaburi. Nimuririmbire Uhoraho indirimbo nshya, kuko yakoze ibintu by’agatangaza; indyo ye, ukuboko kwe k’ubutagatifu byatumye atsinda.


Noneho menye neza ko Uhoraho aruta imana zose, kuko yazitsinze igihe zahigiraga abe.»


Ni byo koko, dore Nyagasani Imana ! Araje n’imbaraga nyinshi, afite amaboko, aje gutegeka; dore azanye n’iminyago, abo yatabaye bamubanje imbere.


Haguruka, haguruka! Wambare ububasha, Uhoraho Munyamaboko! Haguruka nko ku minsi y’ibihe byahise, nko mu bisekuruza bya kera. Si wowe se watemaguye Rahabu, ugahinguranya icyo kiyoka?


Uhoraho agaragaje mu maso y’amahanga ububasha bw’ukuboko kwe gutagatifuza, bityo, impande zose z’isi zizabone agakiza k’Imana yacu.


Ari he Nyir’ukuboko kurabagirana, wagendaga iburyo bwa Musa, uwatandukanyije amazi imbere yabo, kugira ngo yiheshe ikuzo?


Ni koko, nzagutesha agaciro mu mahanga, ngusuzuguze mu bantu.


kuko bamenye Imana, ariko ntibayiha ikuzo, ngo bayishimire uko bikwiriye Imana; ahubwo babaye abapfu bishinga ibitekerezo by’amanjwe, maze umutima wabo w’igipfapfa ucura umwijima.


kimwe n’abatambamiye ubumenyi bw’Imana. Twigarurira ibitekerezo byose ngo bigomokere Kristu,


Cyangwa se hari indi mana yigeze igerageza kwikurira ihanga hagati y’irindi ikoresheje ibyago, ibimenyetso n’ibitangaza bikaze? Ikabigirisha kandi imirwano, n’imbaraga n’umurego by’ukuboko kwayo, n’imidugararo ikanganye, nk’uko Uhoraho Imana yanyu yabibagenjereje mu Misiri, mubyibonera n’amaso yanyu?


Namwe basore ni uko; nimwumvire abakuru b’ikoraniro; mwese murangwe n’ukwiyoroshya, kugira ngo mushobore gufashanya kivandimwe, kuko byanditswe ngo «Imana irwanya abikuza, ariko abiyoroshya ikabagirira ubuntu.»


Kubera ibyo, ibyorezo byawugenewe bizawugwirira umunsi umwe : urupfu, icyunamo, n’inzara kandi uzasenywe n’umuriro, kuko Nyagasani Imana, ari Nyirububasha, akaba yawuciriye urubanza.»


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan