Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Luka 1:32 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

32 Azaba umuntu ukomeye, kandi bazamwita Mwene Nyir’ijuru. Nyagasani Imana azamwegurira ingoma ya se Dawudi;

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

32 Azaba mukuru, azitwa Umwana w'Isumbabyose kandi Umwami Imana izamuha intebe y'ubwami ya sekuruza Dawidi,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

32 Azaba umuntu ukomeye, ndetse azitwa Umwana w'Isumbabyose. Nyagasani Imana azamugabira ingoma ya sekuruza Dawidi,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

32 Azaba umuntu ukomeye, ndetse azitwa Umwana w'Isumbabyose. Nyagasani Imana azamugabira ingoma ya sekuruza Dawidi,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Luka 1:32
39 Iomraidhean Croise  

Inzu yawe n’ubwami bwawe bizahora imbere yanjye iteka, n’ingoma yawe izakomere iteka ryose.’»


Uhoraho yarahiye Dawudi, ni indahiro atazivuguruzaho, ati «Nzitoranyiriza umwe mu bahungu bawe, nzamugire umwami uzakuzungura!


Abahungu bawe nibakomeza isezerano twagiranye, n’amatangazo nabamenyesheje, abahungu babo na bo bazicara ku ntebe yawe y’ubwami ubuziraherezo.»


ni bwo intebe y’ubwami bwawe izakomera, kubera ubuntu watugiriye, maze mu ihema rya Dawudi hazaganze umucamanza, ushishikarira kurenganura abarengana, no guca imanza zitabera.»


ni bwo abami bicaye ku ntebe ya Dawudi bazinjirira mu marembo y’uyu mugi bashagawe n’abatware babo. Abo bami bazinjira bari mu magari y’intambara no ku mafarasi, bashagawe n’abatware babo, n’abantu ba Yuda n’abaturage ba Yeruzalemu, maze uyu mugi uzahore utuwe ubuziraherezo.


«Mwami wa Yuda uganje ku ntebe ya Dawudi, umva ijambo ry’Uhoraho, wowe n’abagaragu bawe, n’abantu bawe bose banyura muri aya marembo!


Dore igitabo cy’amasekuruza ya Yezu Kristu, umwana wa Dawudi, mwene Abrahamu.


Umwamikazi w’igihugu cy’epfo azahagurukira ab’iyi ngoma kuri uwo munsi w’urubanza, maze abatsinde, kuko yaturutse iyo gihera aje kumva ubuhanga bwa Salomoni, kandi hano hari uruta Salomoni!


Yezu arabegera, arababwira ati «Nahawe ububasha bwose mu ijuru no ku isi.


Jyewe ndababatirisha amazi kugira ngo mwisubireho, ariko Uje ankurikiye andusha ububasha, ndetse sinkwiriye no kumukuramo inkweto; We azababatirisha Roho Mutagatifu n’umuriro.


We rero araceceka, ntiyagira icyo asubiza. Umuherezabitambo mukuru arongera aramubaza ati «Mbese uri Kristu, Umwana wa Nyagusingizwa?»


maze atera hejuru cyane ati «Uranshakaho iki, Yezu, Mwana w’Imana Isumbabyose? Nkurahije Imana, winyica urubozo!»


kuko azaba umuntu ukomeye mu maso ya Nyagasani. Ntazanywa divayi n’icyitwa inzoga cyose, kandi azuzura Roho Mutagatifu akiri mu nda ya nyina.


Malayika aramusubiza ati «Roho Mutagatifu azakumanukiraho, maze ububasha bwa Nyir’ijuru bukubundikire mu gicucu cye, ndetse ugiye kuvuka azaba intungane, kandi azitwa Umwana w’Imana.


Nawe rero wa kana we, uzitwa umuhanuzi w’Umusumbabyose, kuko uzabanziriza Nyagasani ngo umutegurire amayira,


Yohani ni ko guterura abwira bose ati «Jyewe mbabatirisha amazi, ariko haje undi undusha ububasha, sinkwiriye ndetse no gupfundura udushumi tw’inkweto ze; we azababatiriza muri Roho Mutagatifu n’umuriro.


Ahubwo nimujye mukunda abanzi banyu, mugire neza, kandi mutange inguzanyo mutizeye inyiturano. Ubwo rero ingororano yanyu izaba nyinshi, kandi muzaba mubaye abana ba Nyir’ijuru, kuko agirira neza indashima n’abagiranabi.


Nuko rubanda baramusubiza bati «Twumvise Amategeko avuga ko Kristu ahoraho iteka, none wowe wavuga ute ko Umwana w’umuntu azererezwa? Mbese uwo Mwana w’umuntu ni nde?»


Twe twaremeye, kandi tuzi ko uri Intungane y’Imana.»


Akomeza kudukurikirana twe na Pawulo, asakuza ati «Aba bantu ni abagaragu b’Imana Isumbabyose; barabamenyesha inzira y’umukiro.»


Nyamara, kuba yari umuhanuzi kandi yazirikanaga ko Imana yamusezeranyishije indahiro kuzicaza ku ntebe ye y’ubwami uwo mu bamukomokaho,


Nuko rero, inzu yose ya Israheli nimenye idashidikanya ko uwo Yezu mwabambye, Imana yamugize Umutegetsi n’Umukiza.»


Nyamara Umusumbabyose ntaba mu mazu yubatswe n’abantu, nk’uko byavuzwe n’umuhanuzi ati


ariko izuka rye ava mu bapfuye rikagaragaza ko ari Umwana w’Imana mu bubasha bwose ku bwa Roho Mutagatifu.


Andikira umumalayika wa Kiliziya y’i Filadelifi, uti «Nyirubutagatifu na Munyakuri, wa Wundi ufite urufunguzo rw’inzu ya Dawudi, yakingura ntihagire n’umwe washobora gukinga, yakinga ntihagire n’umwe ubasha gukingura, aravuze ati


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan