Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Luka 1:2 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

2 mbese nk’uko twabigejejweho n’ababyiboneye kuva mu ntangiriro, ari na bo bari bashinzwe kwamamaza ijambo ry’Imana,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

2 nk'uko twabibwiwe n'abahereye mbere bigitangira babyibonera ubwabo, kandi bakaba ari abigisha b'ijambo ry'Imana.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

2 Ibyo twabigejejweho n'ababyiboneye kuva bigitangira, bahawe umurimo wo gutangaza Ijambo ry'Imana.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

2 Ibyo twabigejejweho n'ababyiboneye kuva bigitangira, bahawe umurimo wo gutangaza Ijambo ry'Imana.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Luka 1:2
25 Iomraidhean Croise  

Intangiriro y’Inkuru Nziza ya Yezu Kristu, Umwana w’Imana.


Naho bo baragenda, bajya kwigisha hose. Nyagasani yabibafashagamo, kandi ijambo ryabo akarikomeresha ibimenyetso byariherekezaga.


Umubibyi, ni Ijambo ry’Imana abiba.


Ibyo ni mwe bagabo bashinzwe kubihamya.


Namwe rero muzambera abagabo, kuko twabanye kuva mu ntangiriro.


Ibyo mbibabwiye ngira ngo igihe cyabyo nikigera, muzibuke ko nababuriye. Sinabibabwiye ngitangira, kuko twari kumwe.


Ni na bo yari yariyeretse nyuma y’ibabara rye ari muzima, abihamya akoresheje ibimenyetso byinshi. Nuko ababonekera mu minsi mirongo ine, abaganirira iby’Ingoma y’Imana.


ahubwo mugiye guhabwa imbaraga za Roho Mutagatifu uzabazamo, bityo muzambere abahamya i Yeruzalemu, muri Yudeya yose no muri Samariya, ndetse no kugera ku mpera y’isi.»


Bamaze kwamamaza ijambo ry’Imana i Perige, bamanuka berekeza Ataliya.


Pawulo na Silasi bambukiranya Furujiya n’akarere kose k’Ubugalati, kuko Roho Mutagatifu yari yababujije kwamamaza ijambo ry’Imana muri Aziya.


Abantu b’aho barushaga ubupfura ab’i Tesaloniki, bakirana umutima mwiza ijambo ry’Imana, buri munsi bagasesengura Ibyandi tswe, kugira ngo barebe niba ibyo Pawulo avuga ari ko biri.


Ariko byuka, maze uhagarare! Igitumye nkubonekera ni uko nakugeneye kuba umugaragu wanjye n’umuhamya w’ibyo ubonye, n’uw’ibyo nzakwereka hanyuma.


Twe rero ntidushobora guceceka ibyo twiboneye kandi tukabyiyumvira.»


Abari batatanye bagendaga hose, bamamaza Inkuru Nziza y’ijambo ry’Imana.


yo kuba umugaragu wa Kristu mu mahanga, nkegurirwa umurimo w’Inkuru Nziza kugira ngo amahanga atagatifuzwe na Roho Mutagatifu, maze yakirweho ituro rinyuze Imana.


Buri wese rero natubonemo abagaragu ba Kristu n’abagabuzi b’amabanga y’Imana.


Twebwe rero twazarokoka dute niba turangaranye umukiro wa bene ako kageni, wabanje kwamamazwa na Nyagasani ubwe, nyuma natwe abawumvise tukawuhamya,


Noneho rero, ndinginga abakuru b’ikoraniro bari muri mwe, nkabigira ari uko nanjye ndi umukuru kimwe na bo, n’umuhamya w’ububabare bwa Kristu, nkaba mfite n’uruhare ku ikuzo rigiye kugaragazwa.


Koko rero, nta bwo ari imigani yahimbwe n’ubwenge twakoresheje kugira ngo tubamenyeshe ububasha n’ukuza by’Umwami wacu Yezu Kristu, ahubwo twaramwiboneye n’amaso yacu, yisesuyeho ikuzo.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan