Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Luka 1:17 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

17 kandi azagenda imbere y’Imana arangwa n’umutima n’ubushobozi nka Eliya, agira ngo yunge ababyeyi n’abana babo, no kugira ngo ab’ibigande abagire intungane, maze ategurire atyo Nyagasani umuryango umutunganiye.»

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

17 azagendera imbere yayo mu mwuka n'ububasha bya Eliya, asanganye imitima ya ba se n'iy'abana, n'abatumvira Imana azabayobora mu bwenge bw'abakiranutsi, ngo ategure ubwoko bwatunganirijwe Umwami Imana.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

17 Azabanziriza Nyagasani, arangwa na Mwuka n'ububasha umuhanuzi Eliya yari afite kugira ngo yunge abana na ba se, no kugira ngo agarure abatumvira bagire ubwenge bukwiye intungane. Bityo azategurira Nyagasani abantu bamutunganiye.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

17 Azabanziriza Nyagasani, arangwa na Mwuka n'ububasha umuhanuzi Eliya yari afite kugira ngo yunge abana na ba se, no kugira ngo agarure abatumvira bagire ubwenge bukwiye intungane. Bityo azategurira Nyagasani abantu bamutunganiye.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Luka 1:17
38 Iomraidhean Croise  

Eliya Umutishibi, wo mu baturage b’i Gilihadi, abwira Akabu ati «Ndahiye Uhoraho, Imana ya Israheli nkorera, ko nta rume cyangwa imvura bizagwa muri iyi myaka, keretse jye mbitegetse!»


Eliya aramusubiza ati «Si jye wateje ibyago, ahubwo ni wowe n’inzu ya so, kuko mwirengagije amategeko y’Uhoraho mukiyegurira Behali.


Akabu abwira Eliya, ati «Urambonye, mwanzi wanjye!» Undi aramusubiza ati «Ndakubonye kuko watinyutse gukora ibyo Uhoraho yanga.


«Uhoraho aravuze ngo: Ko watumye abantu kujya kuraguza kwa Behali‐Zebubu, imana y’i Ekironi, ni uko nta Mana iba muri Israheli wagisha inama? Kubera iyo mpamvu, ntuzabyuka kuri ubwo buriri uryamyeho, uzapfa nta kabuza!»


Uhoraho, Mana y’abasogokuruza bacu, Abrahamu, Izaki, na Israheli, komeza iteka ryose ibitekerezo by’imitima y’umuryango wawe kandi imitima yawo uhore uyiyerekezaho.


Hezekiya n’imbaga yose bishimira ibyo Uhoraho yakoreye umuryango, kuko ibintu byikoze vuba nta gahato.


Uhoraho, wumva ibyifuzo by’abiyoroshya, ukabakomeza umutima, ugahora ubateze amatwi,


Intangiriro y’ubwenge ni ugutinya Uhoraho; abagenza batyo bose ni bo inararibonye. Ibisingizo bye bizahoraho iteka ryose.


bityo ntibazabe nk’ababyeyi babo, igisekuruza kitagira umutima ushyitse, ntikigire imigambi ihuje n’iy'Imana.


Imitima yahabye izahabuka, n’abatavaga ku izima bemere kwigishwa.


Ni yo mpamvu rero nzakugenzereza ntyo, Israheli, Ubwo nzakugenzereza ntyo rero, Israheli, itegure kubonana n’Imana yawe!


Kandi niba mushaka kunyemera, ni we Eliya wagombaga kuza.


Kuko Yohani yamubwiraga, ati «Ntibyemewe ko umutunga.»


Uwo ni we wavuzwe n’umuhanuzi Izayi, ati «Ni ijwi ry’uvugira mu butayu aranguruye ati ’Nimutegure inzira ya Nyagasani, muringanize aho azanyura!’»


Yohani uwo yambaraga umwambaro uboheshejwe ubwoya bw’ingamiya, agakenyeza umukoba; ibyo kurya bye byari isanane n’ubuki bw’ubuhura.


Azagarura abana benshi ba Israheli kuri Nyagasani, Imana yabo,


Nawe rero wa kana we, uzitwa umuhanuzi w’Umusumbabyose, kuko uzabanziriza Nyagasani ngo umutegurire amayira,


Ntibavutse ku bw’amaraso cyangwa ku bushake bw’umubiri, cyangwa se ku bushake bw’umuntu, ahubwo bavutse ku bw’Imana.


Naramwiboneye ubwanjye kandi ndahamya ko ari we Mwana w’Imana.»


Ni mwe ntanzeho abagabo b’uko navuze ko ntari Kristu, ahubwo ko natumwe kumuteguriza.


Mpera ko rero ngutumaho, nawe ugize neza kuko uje. None ubu dukoraniye imbere yawe, kugira ngo twumve icyo Nyagasani yagutegetse kutubwira cyose.»


Ibyo kwari ukugira ngo ibibumbano bikwiriye impuhwe byateganyirijwe ikuzo, ibigaragarize uburumbuke bw’ikuzo ryayo bwite:


Nimunezerwe kandi mushimire Imana Data watumye mugira umugabane ku murage w’abatagatifujwe bari mu mucyo.


Umuntu wese rero niyirinda gukora ibibi navuze, azaba nk’inkongoro yubahiritse, yatagatifujwe kandi y’ingirakamaro kuri Nyirayo, mbese ibereye imirimo myiza yose.


Naho mwebwe muri ubwoko bwatoranyijwe, imbaga y’abaherezabitambo ba cyami, ihanga ritagatifu, umuryango Imana yironkeye, kugira ngo mujye mwamamaza ibigwi by’Uwabahamagaye, abavana mu mwijima, akabinjiza mu rumuri rwe rw’agatangaza,


Bityo, twana twanjye, nimugume muri We, kugira ngo igihe azigaragariza, tuzagire amizero yuzuye, kandi twe kuzakorwa n’isoni zo kuba turi kure ye, igihe cy’amaza ye.


Mbona kandi intebe; abaje kuzicaraho bahabwa ububasha bwo guca imanza. Hanyuma mbona abishwe baciwe imitwe, bazize kuba abahamya ba Yezu n’ab’ijambo ry’Imana; mbona n’abanze gusenga Igikoko n’ishusho yacyo, kandi batigeze bashyirwaho ikimenyetso cyacyo ku gahanga no ku kiganza. Nuko bongera kuba bazima, maze bima ingoma hamwe na Kristu imyaka igihumbi.


Samweli arababwira ati «Mukoranyirize Abayisraheli bose i Misipa: nanjye uwo munsi nzabatakambira kuri Uhoraho.»


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan