Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Luka 1:15 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

15 kuko azaba umuntu ukomeye mu maso ya Nyagasani. Ntazanywa divayi n’icyitwa inzoga cyose, kandi azuzura Roho Mutagatifu akiri mu nda ya nyina.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

15 kuko azaba mukuru imbere y'Umwami Imana. Ntazanywa vino cyangwa igishindisha cyose, kandi azuzuzwa Umwuka Wera ahereye akiva mu nda ya nyina.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

15 Koko azaba umuntu ukomeye kuri Nyagasani. Ntazigera anywa divayi n'icyitwa inzoga cyose, kandi azuzura Mwuka Muziranenge kuva akiri mu nda ya nyina.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

15 Koko azaba umuntu ukomeye kuri Nyagasani. Ntazigera anywa divayi n'icyitwa inzoga cyose, kandi azuzura Mwuka Muziranenge kuva akiri mu nda ya nyina.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Luka 1:15
22 Iomraidhean Croise  

Nzakugira umuryango munini, nzaguha umugisha. Izina ryawe nzarigira ikirangirire, uzaba umunyamugisha.


Se ariko aranga, ati «Ndabizi, mwana wanjye, ndabizi. Na we azahinduka umuryango, na we azaba igihangange. Nyamara murumuna we azamurusha kuba igihangange, urubyaro rwe ruzaba imiryango myinshi.»


Nari kumwe nawe aho wajyaga hose, ngukiza abanzi bose bari baguhagurukiye. Izina ryawe nzarigira ikirangirire, mbese nk’iry’abandi bakomeye bo ku isi.


Icyitwa ubukungu n’ikuzo cyose ni wowe biturukaho, kuko ari wowe ugenga byose. Mu kiganza cyawe harimo ububasha n’imbaraga; ukuboko kwawe gufite ubushobozi bwo gukomeza no gucogoza byose.


bavuga bati «Ko yiringira Uhoraho, ngaho namubohore! Ngaho namukize, umva ko amukunda!»


«Ntarakuremera mu nda ya nyoko, nari nkuzi; nakwitoreye utaravuka, nkugira umuhanuzi w’amahanga.»


Ariko bo, baransubiza bati «Ntitunywa divayi kuko umukurambere wacu Yonadabu mwene Rekabu yabitubujije, agira ati ’Mwebwe n’abana banyu, ntimuzigere munywa divayi;


«Niba muri bujye mu ihema ry’ibonaniro, ntimuzanywe divayi cyangwa ikindi gisindisha; bityo nta bwo muzapfa. Kuva mu gisekuru kugera ku kindi, bizababere itegeko ridakuka.


Uhoraho, Umugaba w’ingabo, azabarinda: amabuye y’umuhumetso azatsemba kandi ajanjagure abanzi, anywe amaraso nk’aho ari divayi, asendere nk’urwabya rw’icyuhagiro rwuzuye amaraso y’ibitambo, cyangwa nk’amahembe yo ku rutambiro.


Azagutera ibyishimo n’umunezero, kandi benshi bazashimishwa n’ivuka rye,


Mbabwiye kandi ko mu babyawe n’umugore, nta we uruta Yohani; nyamara umuto mu Ngoma y’Imana aramuruta.


Koko rero Yohani Batisita yaje atarya umugati, kandi atanywa divayi, muravuga muti ’Yahanzweho !’


Yohani yari itara ryaka kandi rimurika, maze muhimbazwa n’urumuri rwe mu gihe gito.


Ubwo bose buzuramo Roho Mutagatifu, batangira kuvuga mu zindi ndimi, uko Roho abahaye kuzivuga.


Nyamara umunsi Uwanyitoranyirije nkiri mu nda ya mama, yampamagaye kubw’ineza ye


Ntimugasindishwe na divayi, kuko byabatera kwifata nabi, ahubwo nimwuzure Roho Mutagatifu.


Uhoraho abwira Yozuwe, ati «Uyu munsi ndatangira kukubahiriza mu maso ya Israheli, kugira ngo bamenye ko nzaba ndi kumwe nawe nk’uko nabanye na Musa.


Uwo munsi Uhoraho yubahiriza Yozuwe mu maso y’Abayisraheli bose, nuko bamutinya batyo nk’uko batinyaga Musa mu buzima bwe bwose.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan