Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Luka 1:1 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

1 Ubwo benshi batangiye kwandika barondora ibyabaye muri twe,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

1 Abantu benshi bagerageje kuringaniza igitekerezo cy'imvaho cy'ibyemewe natwe rwose,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

1 Nyakubahwa Tewofili, abantu benshi biyemeje gukurikiranya amateka y'ibyabaye hagati muri twe.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

1 Nyakubahwa Tewofili, abantu benshi biyemeje gukurikiranya amateka y'ibyabaye hagati muri twe.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Luka 1:1
13 Iomraidhean Croise  

Naho bo baragenda, bajya kwigisha hose. Nyagasani yabibafashagamo, kandi ijambo ryabo akarikomeresha ibimenyetso byariherekezaga.


Ibi byanditswe ari ukugira ngo mwemere ko Yezu ari Kristu, Umwana w’Imana, no kugira ngo nimumwemera mugire ubugingo mu izina rye.


Hari usumbanya umunsi umwe n’indi, hari n’ubona yose ari kimwe. Buri wese ajye akurikiza icyo umutima we wemera.


Yiyemeza rwose ko ishobora kuzuza icyo yasezeranye.


Icyo mparanira ni uko imitima yabo ihumurizwa, bakibumbira mu rukundo, kandi bakagera ku bumenyi bwuzuye bw’ibanga ry’Imana, ari ryo Kristu,


Epafurasi uvuka iwanyu arabatashya; uwo mugaragu wa Yezu Kristu ntahwema kubasabira, kugira ngo mukomere mube intungane, kandi mukurikize muri byose ugushaka kw’Imana.


Koko rero, Inkuru Nziza tubamenyesha, nta bwo yabagejejweho mu magambo gusa, ahubwo twayamamaje dushize amanga, twishingikirije ububasha butyaye bwa Roho Mutagatifu. Muzi neza ukuntu twabagenjereje tugamije kubagirira akamaro.


Rwose, nta watinya kubivuga, iyobera ry’ubusabaniramana rirakomeye: Kristu yigaragarije muri kameremuntu, aba intungane ku bwa Roho, arangamirwa n’abamalayika, yamamazwa mu banyamahanga, yemerwa ku isi hose, ajyanwa mu ikuzo.


Naho Nyagasani we yambaye hafi, maze antera imbaraga kugira ngo mbashe kuhamamariza ubutumwa nshize amanga, kandi ngo abanyamahanga bose babwumve. Nuko nkizwa urwasaya rw’intare.


Nitumwegerane rero umutima ugororotse n’ukwemera guhamye, dufite umutima wakijijwe inkeke yose y’icyaha n’umubiri wuhagijwe amazi asukuye.


Cyakora, icyo twifuza ni uko buri wese yakomeza iryo shyaka rizamugeza ku ndunduro y’ibyo yizeye.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan