Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Kubara 3:10 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

10 Aroni n’abahungu be, uzabegurire imirimo yose y’ubuherezabitambo; utari uwo muri bo akabivangamo, azicwe.»

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

10 Uzashyirireho Aroni n'abana be kwitondera imirimo y'ubutambyi bwabo, utari uwo muri bo wigirira hafi kubyishyiramo yicwe.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

10 Aroni n'abahungu be uzabe ari bo bonyine ushinga imirimo y'ubutambyi. Undi wese uzagerageza kuyikora azicwe.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

10 Aroni n'abahungu be uzabe ari bo bonyine ushinga imirimo y'ubutambyi. Undi wese uzagerageza kuyikora azicwe.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Kubara 3:10
25 Iomraidhean Croise  

Ubwo Uhoraho arakarira Uza, maze Imana imutsinda aho kubera icyo cyaha cye. Apfira aho bugufi y’Ubushyinguro bw’Imana.


Yerobowamu yubaka amasengero ahirengeye kandi afata abantu muri rubanda rwa giseseka, batari abo mu nzu ya Levi, abagira abaherezabitambo.


mwene Mahuli, mwene Mushi, mwene Merari, mwene Levi.


Ndamusubiza nti «Umugabo nkanjye yahunga? Ni nde muntu nkanjye wakwihisha mu Ngoro, maze agakomeza kubaho? Reka da, sinjya kuyihishamo.»


Uzabakindikirishe umukandara, ubambike n’ingofero zibahesha icyubahiro. Nuko ubuherezabitambo buzababere umurage w’umwihariko, ku bw’itegeko ridakuka. Nguko rero uko uzegurira Aroni n’abahungu be umurimo bashinzwe.


Aho kwita ku mirimo y’imihango yanjye mitagatifu, mwishyiriyeho abanyamahanga ngo babe ari bo bayikorera mu Ngoro yanjye.


Umuntu wese utari umuherezabitambo azirinde kurya ibiribwa bitagatifu. Umushyitsi w’umuherezabitambo cyangwa umukozi, na bo ntibazabiryeho.


Ingoro y’Uhoraho nijya guhaguruka, Abalevi bazayiremura, maze nihagarara bayiremekanye. Nihagira utari uwo muri bo uhegera, azicwe.


Yabemereye kumwegera, wowe, Kore n’abavandimwe bawe bose b’Abalevi. Ibyo mwasanze bitabahagije ku buryo mwarwanira no kuba abaherezabitambo!


Nyuma, Uhoraho yohereza ikibatsi cy’umuriro gitwika ba bagabo magana abiri na mirongo itanu bariho batura imibavu.


Bazagutunganyirize imirimo kimwe n’iy’Ingoro. Cyakora ntibazegere urutambiro n’ibikoresho byatagatifujwe, hato batazikururira urupfu namwe mutiretse.


Wowe n’abahungu bawe muzakora imirimo y’ubuherezabitambo, ari iyo ku rutambiro cyangwa iy’inyuma y’umubambiko; kandi muzayitunganye neza. Mbahaye kuba abaherezabitambo, ni wo murimo mbashinze. Utari uwo muri mwe uzabyivangamo azicwe.


Uhoraho abwira Musa, ati


Abagandikaga imbere y’Ingoro, iburasirazuba, ni ukuvuga imbere y’ihema ry’ibonaniro, ni Musa, Aroni n’abahungu be. Ni bo bakoraga imihango yo mu Ngoro, mu izina ry’Abayisraheli. Iyo hagira utari uwo muri abo uhegera, yari kwicwa.


uwahawe ingabire yo kwita ku bandi, abiteho; uwahawe kwigisha, niyigishe;


Nuko rero ntimukiri abanyamahanga n’abasuhuke; ahubwo musangiye ubwenegihugu n’abatagatifujwe, mubarirwa mu muryango w’Imana.


Kuko ari we Uhoraho Imana yawe yatoranyije mu miryango yawe yose, kugira ngo we n’urubyaro rwe bagume aho iteka, bakora imirimo mitagatifu mu izina ry’Uhoraho.


Mu by’ukuri, iyaba Yezu yari ari ku isi, ntiyaba umuherezabitambo, kuko hatabuze abahereza amaturo bakurikije Amategeko.


Nyamara uwo mugabo Mika, yari yariyubakiye isengero. Nuko akoresha uruhago rw’amabuye y’ubufindo n’utundi dushushanyo tweguriwe Imana, maze ashyiraho umwe mu bahungu be ngo amubere umuherezabitambo.


Nyamara, mu bantu b’i Betishemeshi, bene Yekonyahu ntibari bishimye igihe Ubushyinguro bw’Uhoraho buje, maze Uhoraho abicamo abantu mirongo irindwi. Nuko rubanda rwose birabashavuza, kuko Uhoraho yabahannye bikomeye.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan