Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Kubara 2:2 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

2 «Buri Muyisraheli azagandike mu mutwe w’ingabo we, hafi y’ibendera ry’inzu akomokamo. Abayisraheli kandi bazagandika berekeye ihema ry’ibonaniro, ariko boye kuryegera cyane.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

2 “Abisirayeli bajye babamba amahema yabo, umuntu wese ahererane n'ibendera ry'ababo, kandi babe munsi y'utubendera tw'amazu ya ba sekuru, berekeze amahema yabo ihema ry'ibonaniro bayarigoteshe.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

2 “Abisiraheli bose bajye bashinga amahema yabo hafi y'ikirangamuryango cyabo n'ibendera ry'umutwe w'ingabo barimo, bajye bayazengurutsa ahitaruye Ihema ry'ibonaniro.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

2 “Abisiraheli bose bajye bashinga amahema yabo hafi y'ikirangamuryango cyabo n'ibendera ry'umutwe w'ingabo barimo, bajye bayazengurutsa ahitaruye Ihema ry'ibonaniro.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Kubara 2:2
23 Iomraidhean Croise  

Abagutambamiye bavugirije induru mu ijabiro ryawe watwakiriragamo, bahashinga amabendera yabo.


Ndetse n’ubukana bw’abakurwanya buzaguheshe ikuzo, maze abaguhonotse ubagire imbata.


Rangurura ijwi uvuze impundu, wowe utuye i Siyoni, kuko Nyirubutagatifu wa Israheli, utuye iwawe rwagati, ari Igihangange.»


Yemwe, bantu batuye isi mwese, ubwo ikimenyetso kizigaragaza ku musozi, muzacyitegereze ! Naho ihembe nirivuga, muzatege amatwi.


Uhoraho arambwira, ati «Mwana w’umuntu, aha ni ho hagenewe intebe yanjye y’ubwami, ni na ko kabaho nzajya nkandagizaho ibirenge byanjye. Nzatura mu Bayisraheli rwagati iteka ryose; kandi umuryango wa Israheli, bo ubwabo n’abami babo, ntibazongera kwandavuza ukundi izina ryanjye ritagatifu, nk’uko babigenje mbere. Mu by’ukuri ntibahwemye kuryandavurisha uburaya bwabo n’imva z’abami babo;


Uwo munsi nyine, Uhoraho Imana yabo azabakiza, bo ntama z’umuryango we. Bazasa n’amabuye y’agaciro gakomeye, bazabengerane mu gihugu cyabo.


Ahubwo Abalevi uzabashinge imirimo yo mu Ngoro y’Ubushyinguro bw’Isezerano, n’ibijyana na yo, n’ibikoresho byayo byose. Bazayiheka, yo n’ibyayo byose, bayiteho, kandi bazagandike bayikikije.


Habanje kugenda abari mu ngando ya bene Yuda, n’imitwe y’ingabo zabo. Ingabo za bene Yuda zategekwaga na Nashoni mwene Aminadabu.


Abari mu ngando ya Rubeni na bo bahagurukana n’imitwe y’ingabo zabo. Ingabo za bene Simewoni zategekwaga na Elishuru mwene Shedewuru.


Hongera gukurikiraho abari mu ngando ya bene Efurayimu, n’imitwe y’ingabo zabo. Ingabo za bene Efurayimu zategekwaga na Elishama mwene Amihudi.


Nyuma iyaherutse izindi zose, ni ingando ya bene Dani, n’imitwe y’ingabo zayo. Ingabo za bene Dani zategekwaga na Ahiyezeri mwene Amishadayi.


Uhoraho abwira Musa na Aroni, ati


Imitwe y’ingabo yo mu ngando ya Rubeni izaherera mu majyepfo. Umutware wa bene Rubeni ni Elishuri mwene Shedewuri,


Abazagandika imbere y’abandi iburasirazuba, ni imitwe y’ingabo zo mu ngando ya Yuda. Umutware wa bene Yuda ni Nashoni mwene Aminadabu;


Balamu yubuye amaso, abona Abayisraheli bashinze ingando, buri nzu iri ukwayo. Umwuka w’Imana umusakaramo,


Kuko Imana yacu atari iy’akajagari, ahubwo ni iy’amahoro.


Ariko byose bikorwe neza nk’uko bikwiye.


Nyamara rero, nimukore ibikwiranye n’Inkuru Nziza ya Kristu. Bityo, nindamuka nje maze nkababona, cyangwa se nintahaba, nzumve ko mukomeye mufite ubumwe, kandi ko muhuje umutima mugafatanyiriza hamwe kurwanira ukwemera mukesha Inkuru Nziza.


Bene abo bitandukanyije n’Umutwe uhuza kandi ukagaburira umubiri wose, ukawukuza ubigirishije imitsi n’ingingo, nk’uko Imana ibishaka.


bityo muzamenye inzira mugomba kunyura, kuko iyo nzira nta bundi mwari mwayinyura. Ariko hagati yanyu na bwo, hajye hasigara intera ireshya n’imikono ibihumbi bibiri; ntimukabwegere.»


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan