Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Kubara 18:3 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

3 Bazagutunganyirize imirimo kimwe n’iy’Ingoro. Cyakora ntibazegere urutambiro n’ibikoresho byatagatifujwe, hato batazikururira urupfu namwe mutiretse.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

3 Bajye bitondera ibyo ubategeka n'ibikwiriye gukorerwa iby'ihema ryera byose. Ariko ntibakigire hafi y'ibintu by'Ahera n'igicaniro badapfa, namwe mudapfa.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

3 Bazakurinde barinde n'Ihema, ariko ntibagakore ku bikoresho byo mu byumba bizira inenge cyangwa ku rutambiro, kugira ngo hatagira upfa ari bo cyangwa mwebwe.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

3 Bazakurinde barinde n'Ihema, ariko ntibagakore ku bikoresho byo mu byumba bizira inenge cyangwa ku rutambiro, kugira ngo hatagira upfa ari bo cyangwa mwebwe.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Kubara 18:3
12 Iomraidhean Croise  

Ntibazongera kunyegera ukundi ngo baratunganya umurimo w’ubuherezabitambo, ntibazakora ku bintu byanjye bitagatifu habe no ku bitagatifu rwose; ahubwo bazakorwa n’ikimwaro kubera ayo mahano bakoze.


Ingoro y’Uhoraho nijya guhaguruka, Abalevi bazayiremura, maze nihagarara bayiremekanye. Nihagira utari uwo muri bo uhegera, azicwe.


Abalevi bonyine bazagandika hirya no hino y’Ingoro y’Ubushyinguro bw’Isezerano, maze bazayiteho. Ibyo bizatuma uburakari bw’Uhoraho butagurumanira Abayisraheli.»


Bazaba abafasha bawe, bajye batunganya imirimo yose yo mu ihema ry’ibonaniro, nta we uzifatanya namwe, utari uwo muri mwe.


Wowe n’abahungu bawe muzakora imirimo y’ubuherezabitambo, ari iyo ku rutambiro cyangwa iy’inyuma y’umubambiko; kandi muzayitunganye neza. Mbahaye kuba abaherezabitambo, ni wo murimo mbashinze. Utari uwo muri mwe uzabyivangamo azicwe.


Mu ihema ry’ibonaniro, bene Gerishoni bari bashinzwe ibi bikurikira: Ingoro, ihema ry’ibonaniro,


Bari bashinzwe ibi bikurikira: ubushyinguro, ameza, ikinyarumuri, intambiro n’ibikoresho by’imihango y’Ingoro, hamwe n’umubambiko n’imirimo yose yo kubaka Ingoro.


Abamerari bari bashinzwe ibi bikurikira: inkomanizo z’Ingoro, imbariro zayo, inkingi zayo, n’ibitereko byazo, hamwe n’ibigendana na byo byose, n’imirimo yose yo kubishinga.


Ku mugabane w’abandi Bayisraheli, naho uzafata kimwe cya mirongo itanu ku mfungwa, ku bimasa, ku ndogobe no ku yandi matungo yose, maze ugihe Abalevi bashinzwe imirimo yo mu Ngoro y’Uhoraho.»


Ingando nihaguruka, Aroni n’abahungu be bazaba barangije gutwikira Ingoro n’ibikoresho byayo byose, maze bene Kehati baze bayiheke. Ntibazakore ku Ngoro kuko byabaviramo gupfa. Ngibyo ibyo bene Kehati bashinzwe kwikorera mu ihema ry’ibonaniro.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan