Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Kubara 15:3 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

3 igihe muzatura Uhoraho ibiribwa, igitambo gitwikwa cyangwa icy’amatungo magufi n’amaremare, nimushaka kurangiza indahiro mwahize, cyangwa gutura igitambo ku bushake bwanyu, cyangwa se ari igitambo cyo mu minsi mikuru yanyu, nimutura rero Uhoraho ibiribwa bifite impumuro imwurura,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

3 mugashaka gutambira Uwiteka igitambo gikongorwa n'umuriro, naho cyaba icyo koswa cyangwa icyo guhiguza umuhigo, cyangwa icyo mutambishwa n'umutima ukunze, cyangwa icyo mutamba mu minsi mikuru yanyu ngo kibe umubabwe uhumurira Uwiteka neza, mugikuye mu mashyo cyangwa mu mikumbi,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

3 muzantambire ibitambo bitwikwa, byaba ibikongorwa n'umuriro cyangwa ibyo guhigura umuhigo, cyangwa iby'ubushake cyangwa ibigenewe iminsi mikuru. Muzantambire inka cyangwa intama cyangwa ihene, kugira ngo impumuro yabyo inshimishe.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

3 muzantambire ibitambo bitwikwa, byaba ibikongorwa n'umuriro cyangwa ibyo guhigura umuhigo, cyangwa iby'ubushake cyangwa ibigenewe iminsi mikuru. Muzantambire inka cyangwa intama cyangwa ihene, kugira ngo impumuro yabyo inshimishe.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Kubara 15:3
27 Iomraidhean Croise  

Uhoraho ahumurirwa n’umwuka ugusha neza w’ibitambo. Nuko aribwira ati «Sinzongera kuvuma ubutaka ukundi ku mpamvu y’umuntu. N’ubwo kuva mu bwana bwe nta kindi umutima we urarikira uretse ikibi, sinzongera kwica ibifite ubugingo nk’uko nabigenje.


Muri izo feza uzaguramo ibimasa, za rugeyo, intama, n’ibindi bakoresha batura ibitambo, hamwe n’ibinyobwa bijyana na byo, maze uzabiturire ku rutambiro rw’Ingoro y’Uhoraho i Yeruzalemu.


None Imana ni yo intabaye, Nyagasani ni we wenyine umbereye ikiramiro!


maze utwikire impfizi y’intama yose ku rutambiro. Ni igitambo gikongokeye Uhoraho, gifite impumuro imugusha neza, ikiribwa gikongokeye Uhoraho.


Hanyuma uzabivane mu biganza byabo, maze ubikongereze ku rutambiro, biri hamwe n’igitambo gitwikwa, bibe impumuro igusha neza Uhoraho: igitambo gikongokeye Uhoraho.


Uzatambe umwana w’intama wa kabiri nimugoroba, mu kabwibwi; uyigeretseho amaturo, na divayi y’igitambo gisheshwe, bimeze nk’ibyo mu gitondo. Bizaba impumuro igusha neza Uhoraho, n’igitambo kimutwikiwe.


Muzayirira ahantu hatagatifu, kuko ari wo mugabane wawe n’abawe ku bitambo biturwa Uhoraho bigakongokera Uhoraho. Iryo ni ryo tegeko nahawe.


«Dore ibyo uzamenyesha Abayisraheli: Hari ubwo umuntu ashobora kugirana umuhigo n’Uhoraho, akamwemerera kuzamwegurira ikiremwamuntu, hanyuma agashaka kugisimbuza feza;


Hari ubwo igitambo gishobora guturwa ari icyo guhigura umuhigo, cyangwa kigaturwa kubera ubushake bw’umuntu. Inyama zacyo rero zigomba kuribwa kuri uwo munsi cyatuweho. Cyakora, bukeye bwaho, bashobora kurya izaraye.


Muzatura Uhoraho igitambo gitwikwa gifite impumuro yurura, kandi kigizwe n’ibi bikurikira: ibimasa bibiri, isekurume y’intama imwe, n’abana b’intama barindwi b’umwaka umwe,


Muzatura Uhoraho igitambo gitwikwa, gifite impumuro yurura, kandi kigizwe n’ibi bikurikira: ikimasa kimwe, isekurume y’intama imwe, n’abana b’intama barindwi b’umwaka umwe. Muzahitemo kandi amatungo atarangwaho inenge.


agatebo k’imigati idasembuye ikoze mu ifu igogoye, imitsima ivugishijwe amavuta, n’utugati tudasembuye dusize amavuta, abitangeho ituro hamwe n’amaturo aseswa yategetswe.


Ubwo ijwi rituruka mu ijuru rivuga riti «Uyu ni Umwana wanjye nkunda cyane unyizihira.»


Kandi koko imbere y’Imana, turi impumuro nziza ya Kristu rwagati mu barokorwa no mu bacibwa.


Kuri bamwe tubanukira urupfu bikazabageza ku rupfu; ku bandi turi impumuro y’ubuzima bikazabageza ku bugingo. Ni nde muntu rero waba ukwiye guhabwa ubutumwa nk’ubwo?


mujye mukundana nk’uko Kristu yadukunze, maze ubwe akatwitangira aba igitambo n’ituro bimeze nk’umubavu uhumura neza, bigashimisha Imana.


Ahantu Uhoraho Imana yanyu azaba yihitiyemo ngo ahatuze izina rye, ni ho muzajyana ibi mbategetse byose: ibitambo byanyu bitwikwa, n’ibitambo byanyu bindi, n’imisanzu yanyu, hamwe n’ibyo muzaba mwishakiye byose guha Uhoraho ngo bibe ituro ry’uguhigura.


Ikindi kandi, uramenye ntuzarire mu mugi wawe icya cumi cy’ingano zawe, n’icya divayi yawe nshya, n’icy’amavuta y’imizeti yawe, cyangwa se uburiza bw’amatungo yawe maremare n’amagufi, cyangwa ibitambo byose by’uguhigura, cyangwa ibintu utanze ku bwende, n’imisanzu;


Azabe ari ho mujyana ibitambo byanyu bitwikwa, n’ibitambo byanyu bindi, n’icya cumi cy’umutungo wanyu, n’imisanzu yanyu, n’amaturo y’uguhigura, n’ibindi mutanze ku bwende, n’uburiza bw’amatungo yanyu maremare n’amagufi.


Ubu mfite ibya ngombwa byose, ndetse birarenze, byasendereye igihe Epaforoditi anshyikirije amaturo yanyu, yo mubavu mwiza n’igitambo kinyura Imana.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan