Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Kubara 11:1 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

1 Umunsi umwe, imbaga y’Abayisraheli itangira kwijujuta, maze Uhoraho abyumvise ntibyamushimisha, ahubwo biramurakaza cyane. Nuko umuriro w’Uhoraho uyogoza imbaga, utwika uruhande rumwe rw’ingando.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

1 Ubwo bwoko buritotomba, Uwiteka yumva ko ari bibi. Abyumvise uburakari bwe burakongezwa, umuriro w'Uwiteka wicāna muri bo, ukongora abo ku iherezo ry'amagando yabo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

1 Umunsi umwe Abisiraheli baritotomba, Uhoraho abyumvise ararakara abaterereza umuriro, utwika uruhande rumwe rw'inkambi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

1 Umunsi umwe Abisiraheli baritotomba, Uhoraho abyumvise ararakara abaterereza umuriro, utwika uruhande rumwe rw'inkambi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Kubara 11:1
40 Iomraidhean Croise  

Ibyo yakoraga, Uhoraho arabigaya, aramwica na we.


Igihe cyo kwirabura kirangiye, Dawudi atuma abamuzanira uwo mugore, amwakira iwe. Aba rero umugore we, maze amubyarira umuhungu. Ariko ibyo Dawudi yari yakoze bibabaza cyane Uhoraho.


Ariko Eliya aramusubiza ati «Niba ndi umuntu w’Imana, umuriro nuve mu ijuru, ugutwikane n’abantu bawe mirongo itanu!» Umuriro w’Imana uva mu ijuru, umutwikana n’umutwe w’abasirikare mirongo itanu.


Umwanya akibivuga, undi aba ashinze aho, ati «Inkongi y’umuriro w’Imana yamanutse ku ijuru, itwika intama n’abagaragu iratsemba; ni jye jyenyine warokotse, nza kubikumenyesha!»


umuriro utwika igico cyabo, ikibatsi cyawo gitsemba abo bagiranabi.


Uhoraho amaze kubyumva ararakara, umuriro wokera Yakobo, uburakari bugurumanira Israheli,


Umuriro urimbura abasore babo, naho abakobwa babo ntibatahirwa ubukwe;


kandi mu gitondo muzabona ikuzo ry’Uhoraho, kuko yumvise umwijujuto wanyu mwitotombera Uhoraho. Twebwe se turi iki ngo mutwijujutire?»


Musa abwira Aroni, ati «Bwira imbaga yose y’Abayisraheli uti ’Nimwigire hafi imbere y’Uhoraho, kuko yumvise umwijujuto wanyu.’»


Urumuri rwa Israheli ruzahinduka umuriro, Nyirubutagatifu wayo ahinduke ikirimi cy’umuriro, kizatwike kandi kirimbure umunsi umwe, amahwa n’imifatangwe byayo.


Icyocyezo cyarangiye kare gutegurwa, — ndetse kigenewe n’umwami ubwe — cyateguwe ahantu hagari kandi harehare; inkwi nyinshi cyane zo gucanisha umuriro, zarunzwe hamwe ku ruziga. Umwuka w’Uhoraho, umeze nk’ikibatsi cy’umuriro, ni wo uzakongeza icyo cyocyezo.


Muri Siyoni, abanyabyaha bagize ubwoba, abahemu barahinda umushyitsi, bakabazanya bati «Ni nde muri twe uzahangara uwo muriro utwika? Ni nde muri twe uzahangara iryo tanura ritazima?»


Noneho se muntu yakwinubira iki, niba akiriho, kandi ari n’umunyabyaha?


Urwo naciriye abakurambere banyu mu butayu bwo mu gihugu cya Misiri, uwo ni Nyagasani Uhoraho ubivuze, ni rwo nzabacira namwe.


Bityo ikibatsi cy’umuriro gituruka imbere y’Uhoraho kirabakongeza, bapfira mu maso ye.


Imisozi irahinda umushyitsi imbere ye, utununga tugashonga, isi irahindagana imbere y’uruhanga rwe, kimwe n’abayituye bose.


Icyorezo kiragenda imbere ye, naho indwara iramukurikiye.


Ubwo bava ku musozi w’Uhoraho, bafata urugendo rw’iminsi itatu. Ubushyinguro bw’Isezerano ry’Uhoraho bwabagendaga imbere, kugira ngo bubashakire ahantu bashoboraga gushinga ingando.


Kandi ubwire imbaga y’Abayisraheli, uti ’Nimwisukurire umunsi w’ejo, muzashobore kurya inyama kuko Uhoraho yumvise imyijujuto yanyu igihe mwavugaga muti: Ni nde usaduha inyama zo kurya? Ko twari twimereye neza mu Misiri! Uhoraho rero agiye kubaha inyama maze muzazirye.


Baribazaga bati «Ese ubundi Uhoraho yavugishije Musa wenyine? Twebweho ntiyatuvugishije?» Nuko Uhoraho arabyumva.


Abayisraheli bose bagarambira Musa na Aroni; maze imbaga ibabwirira icyarimwe iti «Iyaba twaraguye mu gihugu cya Misiri! Cyangwa se tugapfira muri ubu butayu!


Bariya bantu babonye ikuzo ryanjye n’ibimenyetso nakoreye mu Misiri no mu butayu, hanyuma bakaba bamaze kungerageza incuro cumi zose banga kunyumvira,


«Nzihanganira iyi mbaga iteye icyangiro idasiba kunyiteruraho ngeze ryari? Numvise neza amagambo y’imyijujuto Abayisraheli badahwema kuntera.


Ubabwire rero, uti ’Ndabirahiye, mu izina ryanjye Uhoraho, Nyir’ubuzima: nzabagenzereza ibihuje n’akabavamo niyumviye. Uwo ari Uhoraho ubivuga!


Ubwo ni icyo cyatumye, wowe n’abantu bawe, mwishyira hamwe mukiterura kuri Uhoraho! Aroni se we ni muntu ki kugira ngo mumwijujuteho?»


Nyuma, Uhoraho yohereza ikibatsi cy’umuriro gitwika ba bagabo magana abiri na mirongo itanu bariho batura imibavu.


Yagenjeje atyo kugira ngo bibere Abayisraheli urwibutso, kandi ngo hatagira umuntu uteguriwe Uhoraho, ni ukuvuga udakomoka kuri Aroni, uhegera ngo atwikire imibavu imbere y’Uhoraho. Ibyo bizamurinda kubona ibyago nk’ibya Kore n’abantu be; ibyo byago kandi Uhoraho yari yarabihanuye akoresheje Musa.


itangira kugaya Imana na Musa ivuga iti «Mwadukuriye iki mu Misiri? Mwagira ngo tugwe muri ubu butayu butagira amazi ntibubemo n’umugati! Twarambiwe guhora turya iriya ngirwamugati.»


Ntimukitotombe, nk’uko bamwe muri bo binubye, maze Umunyacyorezo akaboreka.


yaje kugutegera mu nzira, aguca inyuma, maze atsemba abari bagikururuka inyuma bose; igihe wari wishwe n’umunaniro kandi waguye isari, ntiyatinye Imana.


Ni koko, umuriro uzagurumana mu mazuru yanjye, utwike byose kugeza hasi ikuzimu iwabo w’abapfuye, woreke isi hamwe n’ibyo yeze, uhindure ivu imizi y’imisozi.


Byongeye kandi i Tabera, i Massa n’i Kiberoti-Hatawa, na ho mwarakaje Uhoraho.


kuko Imana yacu ari umuriro ugurumana.


Umushahara w’abakozi basaruye imyaka mu mirima yanyu mwarawubahuguje, none ngaha uravuza induru kandi n’imiborogo y’abo bakozi yageze mu matwi ya Nyagasani Umutegetsi w’ingabo.


Ni abo ngaba rero! Ni abantu bijimye, bahora bijujuta; bakabaho bakurikije irari ryabo bwite, bakavuga amagambo y’ubwirasi kandi bagacacura abantu babigirira gusa kuronka inyungu yabo.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan