Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Kubara 10:12 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

12 Abayisraheli bahaguruka mu butayu bwa Sinayi, buri muryango ukwawo, maze igicu gihagarara mu butayu bwa Parani.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

12 Abisirayeli barahaguruka bava mu butayu bwa Sinayi, bakurikije ibyo bari bategetswe by'urugendo, icyo gicu gihagarara mu butayu bwa Parani.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

12 Abisiraheli bava mu butayu bwa Sinayi bakomeza urugendo rwabo, igicu gihagarara mu butayu bwa Parani.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

12 Abisiraheli bava mu butayu bwa Sinayi bakomeza urugendo rwabo, igicu gihagarara mu butayu bwa Parani.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Kubara 10:12
22 Iomraidhean Croise  

Nyuma y’ibyo, Abayisraheli bavuye i Haseroti, bajya gushinga ingando mu butayu bwa Parani.


Atura mu butayu bwa Parani, nyina amushyingira umukobwa wo mu gihugu cya Misiri.


Dore amagambo Musa yabwiriye Israheli yose hakurya ya Yorudani, mu butayu, muri Araba, ahateganye na Sufu, hagati ya Parani, Tofeli, Lavani, Haseroti na Di-Zahavu.


Bagaruka i Kadeshi mu butayu bwa Parani, bahasanga Musa, Aroni n’imbaga yose y’Abayisraheli. Bababwira iby’urugendo rwabo, banabereka imbuto zo muri icyo gihugu bavuyemo.


Guhera mu butayu bwa Parani, Musa arabohereza, nk’uko Uhoraho yari yabitegetse. Abo bantu bose bari bavuye mu batware ba Israheli.


Bayihimbariza mu butayu bwa Sinayi ku munsi wa cumi na kane nimugoroba mu kabwibwi. Abayisraheli babigenza uko Uhoraho yari yabitegetse Musa.


Ku wa mbere w’ukwezi kwa kabiri kw’umwaka wa kabiri, Abayisraheli bavuye mu gihugu cya Misiri, Uhoraho abwirira Musa mu butayu bwa Sinayi, mu ihema ry’ibonaniro ati


Imana iturutse i Temani, Nyir’ubutagatifu aturutse ku musozi wa Parani. Ubwamamare bwe bwakwiriye ijuru, ibisingizo bye byuzura isi.


Samweli aza gupfa. Abayisraheli bose baraterana; bamaze kumuririra, bamuhamba iwe i Rama. Ubwo Dawudi arahaguruka, amanuka ajya mu butayu bw’i Parani.


Ati «Uhoraho yaje aturuka kuri Sinayi, arasira mu mpinga ya Seyiri kubera bo, arabagirana aturuka ku musozi wa Parani, agera i Meriba h’i Kadeshi; kubera bo aza aturuka mu majyepfo yawo agana mu Mirambi.


Hanyuma twahagurutse i Horebu, twambukiranya bwa butayu bugari kandi buteye ubwoba mwiboneye; dukurikira inzira igana mu misozi y’Abahemori, nk’uko Uhoraho Imana yacu yari yabidutegetse; nuko tugera i Kadeshi-Barineya.


Mu kwezi kwa mbere k’umwaka wa kabiri bavuye mu Misiri, Uhoraho abwirira Musa mu butayu bwa Sinayi ati


Bahaguruka rero i Sukoti, baca ingando ahitwa Etamu, ku musezero w’ubutayu.


Abahori banesherezwa mu misozi yabo ya Seyiri, kugeza kuri Eli‐Parani, hafi y’ubutayu.


Uko igicu cyavaga ku ngoro, kikazamuka hejuru, Abayisraheli barahagurukaga, bagakomeza urugendo rwabo. Aho icyo gicu cyahagararaga ni ho Abayisraheli bashingaga ingando.


Ubwo bava ku musozi w’Uhoraho, bafata urugendo rw’iminsi itatu. Ubushyinguro bw’Isezerano ry’Uhoraho bwabagendaga imbere, kugira ngo bubashakire ahantu bashoboraga gushinga ingando.


Bavuye i Madiyani bagera i Parani, bahavana abantu bamwe barajyana bagerana mu Misiri kwa Farawo, umwami wa Misiri. Farawo aha Hadadi inzu, amumenyera ikimutunga kandi amuha n’isambu.


Ibyo, Abayisraheli barabyubahirije, bakurikiza ugushaka kw’Uhoraho, ari mu guca ingando, ari no mu guhaguruka, buri wese akurikije umuryango we n’inzu akomokamo.


none nimuhaguruke, mujye mu misozi y’Abahemori no mu tutere twose tuhegereye, mukwire muri Araba, no ku Misozi, no mu Bisiza, no muri Negevu no ku nkombe y’Inyanja, mu gihugu cya Kanahani no muri Libani, kugera ku Ruzi runini rwa Efurati.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan