Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Kubara 10:1 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

1 Uhoraho abwira Musa, ati

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

1 Uwiteka abwira Mose ati

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

1 Uhoraho abwira Musa ati:

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

1 Uhoraho abwira Musa ati:

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Kubara 10:1
20 Iomraidhean Croise  

Bati «Abagaragu bawe twari abavandimwe cumi na babiri, turi abana b’umugabo umwe wo mu gihugu cya Kanahani. Umuto yasigaranye na se, undi ntakiriho.»


Abo ni bo bahungu Leya yabyariye Yakobo mu kibaya cya Aramu; yamubyariye kandi n’umukobwa Dina. Bose hamwe, abahungu n’abakobwa bari mirongo itatu na batatu.


Dawudi n’umuryango wa Israheli bazamukana Ubushyinguro bw’Uhoraho, bavuza urwamo rw’ibyishimo n’amakondera.


Aritegereza, abona umwami ahagaze hafi y’inkingi y’Ingoro nk’uko byari umuhango usanzwe, abatware n’abavuza amakondera bamuri iruhande, n’abantu bose bo mu gihugu banezerewe kandi bavuza uturumbeti. Nuko Ataliya ashishimura imyambaro ye asakuza, ati «Ubugambanyi! Ubugambanyi!»


Aritegereza, abona umwami ahagaze hafi y’inkingi yo ku rwinjiriro; abona abatware n’abavuza amakondera bari iruhande rw’umwami, ndetse n’abantu bose bishimye kandi bavuza amakondera, naho abaririmbyi bacuranga ibyuma byabo kandi bayobora indirimbo zo gushimira. Nuko Ataliya ashishimura imyambaro ye asakuza, ati «Ubugambanyi! Ubugambanyi!»


Abalevi b’abaririmbyi uko bangana, Asafu, Hemani, Yedutuni, kimwe n’abahungu babo n’abavandimwe babo, bari bahagaze ahagana iburasirazuba bw’urutambiro, bambaye imyenda y’ihariri, bafite ibyuma birangira n’inanga. Bari hamwe n’abaherezabitambo ijana na makumyabiri bavuzaga amakondera.


Abaherezabitambo bari bahagaze mu mwanya wabo, naho abalevi bari bafite ibyuma byo kuririmbira Uhoraho, bya bindi umwami Dawudi yari yarakoreshereje guhimbaza Uhoraho «Kuko ubudahemuka bwe buhoraho iteka!» Ni bo baririmbaga ibisingizo Dawudi yari yarahimbye. Abaherezabitambo babari iruhande bavuzaga amakondera, naho Abayisraheli bose bahagaze.


Nuko bubaka imfatiro z’Ingoro y’Uhoraho. Bakizubaka, abaherezabitambo barabegera; bari bambaye imyambaro yabo kandi bavuza impanda, bakaba bari kumwe n’abalevi bene Asafu bafite ibyuma byirangira, kugira ngo basingize Uhoraho, nk’uko Dawudi, umwami wa Israheli yari yarabitegetse.


Adutoranyiriza umugabane udukwiye, ukaba ishema rya Yakobo, inkoramutima ye. (guceceka akanya gato)


Ngaho nimuririmbe, muvuze ishako, mucurange inanga, ijyane n’iningiri;


mu karumbeti no mu ijwi ry’impanda; nimusingize Umwami, Uhoraho.


Abayisraheli bazagandike buri wese mu ngando ye, hafi y’ibendera rye, bakurikije imitwe y’ingabo.


«Koresha impanda ebyiri uzicurishe muri feza. Uzazifashisha uhamagara imbaga cyangwa uhagurutsa ingando.


Ku munsi wa mbere w’ukwezi kwa karindwi, muzagira iteraniro ritagatifu, kandi nta murimo unaniza muzakora. Uzababera umunsi w’impundu.


Abatware bahagarariye imiryango ya Israheli, bazana amaturo yabo imbere y’Uhoraho:


Bityo ku itegeko ry’Uhoraho bagashinga ingando, ku itegeko ry’Uhoraho bakagenda. Abayisraheli bumviraga Uhoraho bagakurikiza amategeko ye, uko yari yarayababwiye ayanyujije kuri Musa.


Nuko azatume abamalayika be bavuze ihembe riranguruye, bakoranye abo yatoye mu byerekezo bine by’isi, kuva aho ijuru ritangirira kugeza aho riherera.


Abaherezabitambo barindwi bazatwara amahembe ya rugeyo, bajye imbere y’Ubushyinguro. Umunsi wa karindwi, umugi muzawuzenguruka karindwi, abaherezabitambo ari ko bavuza ihembe.


Nuko mbona abamalayika barindwi bahagaze imbere y’Imana; bahabwa uturumbeti turindwi.


Nuko ya matsinda uko ari atatu avuza ihembe, amenagura n’ibibindi; mu kiganza cy’ibumoso bari bafashe ifumba y’umuriro, naho mu cy’iburyo bafashe amahembe bayavuza, maze bagatera hejuru bati «Ku bw’Uhoraho no ku bwa Gideyoni!»


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan